• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisobanuro kidasobanutse cy’uvugwaho kuroga abavandimwe bapfuye inkurikirane bigateza impagarara

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisobanuro kidasobanutse cy’uvugwaho kuroga abavandimwe bapfuye inkurikirane bigateza impagarara
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wo mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, uri gushyirwa mu majwi n’abaturanyi be ko ari inyuma y’urupfu rw’abo mu muryango umwe bapfuye impfu z’amarabira zikurikirana, avuga ko na we yabyumvise ko bari kumushinja amarozi ariko ko atabizi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023, ni bwo hamenyekanye urupfu rw’umwana w’umukobwa wari urangije amashuri yisumbuye witabye Imana akurikiye musaza we wapfuye mu mpera z’icyumweru gishize, na we wapfuye akurikiye Se.

Izi mpfu zikurikirana zitunguranye, zateye impagarara mu baturanyi, aho bamwe bakomeje kwemeza ko aba bantu bazize amarozi y’umukecuru utuye muri aka gace.

Icyakora uyu uvugwaho uburozi, mu gisobanuro yahaye umunyamakuru wa RADIOTV10, cyumvikanamo kubihakana nubwo nanone kitabitomora.

Uyu muturage avuga ko na we ari kumvana abaturanyi ko aba bantu bo mu muryango umwe, bishwe n’amarozi, ati “Ntabwo rwose njye mbizi. Twari duturanye ntabwo mbizi, uretse yuko njye numvise bavuga ko ari njyewe, rwose ariko njye ntabwo mbizi.”

Uyu muturage avuga ko uyu muturanyi we ashinjwa kurogera, basanzwe babanye nk’abaturanyi, ati “yaje ansanga aha kugeza n’izi saha.”

Umwe muri aba baturage bumvikanisha agahinda batewe n’ibi byago byagwiririye umuturanyi wabo, yavuze ko na bo ubwabo batiyumvisha ibi byamubayeho

Ati “Ibaze gushyingura ku wa Gatandatu, none agiye kongera gushyingura undi mukobwa, yashyinguye umugabo, ashyingura…ubu se… wagira ngo akora mu marimba.”

Aba baturage bemeza ko aba bantu bapfuye mu buryo bw’amarabira bazize amarozi, bavuga ko hakwiye kujyaho itegeko rihana abarozi.

Uyu muturage yakomeje agira ati “Ni uburozi nta no gukeka. Icyifuzo gihari ni uko haza itegeko, uwo byajya bifata akabihanirwa. Bahannye umwe amarozi yacika.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − ten =

Previous Post

DRCongo: Hatangajwe imibare yikubye 3 y’abapfiriye mu kugaragariza MONUSCO umujinya w’umuranduranzuzi

Next Post

Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.