Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo bahawe ku kijya kizahaza ubuhahirane bw’Uturere 3 gishobora kutabanyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha ikiraro cya Mwogo gihuza Uturere twa Nyanza, Ruhango na Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo, bavuga ko kijya kirengerwa n’amazi bigatuma ubuhahirane bwatwo buzahara, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari igiteganywa gukorwa ariko nabwo ngo ntibuzi igihe kizakorerwa.

Abakoresha iki kiraro, babwiye RADIOTV10 ko iyo cyarengewe, bituma umuhanda wa Kirengeri-Buhanda-Kaduha, utaba nyabagendwa yaba ku binyabiziga ndetse no ku banyamaguru.

Umwe mu baturage yagize ati “kiruzura imodoka ntizibashe gutambuka, amazi akwira mu muhanda wose, abasare ni bo bambutsa abantu, umuntu agatanga amafaranga 1 500 kugiran go bamwambutse.”

Undi ati ’’Usanga iyo imvura yaguye huzura ingendo zigahagarara tugategereza ko huzuruka [amazi ashiramo], kuko kiraduhangayikishije kuko ni cyo tunyuramo. Cyangije ubuhahirane.”

Uretse kuba iki kiraro cyuzura bigatuma ingendo zigahagaragara, n’iki gishanga cya mwogo gierereyemo iki kiraro iyo cyuzuye, bigira ingaruka ku myaka y’abaturage kuko yangirika.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Habarurema Valens avuga ko igisubizo kizashakirwa mu gutunganya iki gishaka cya Mwogo, bikazatuma icyo kiraro kitazongera kuzura, uretse ko atavuze igihe iki gishanga kizatangira gutunganywa.

Yagize ati “Icyo kiraro kiri mu gishanga giteganywa gutunganywa, nigitunganywa, icyo kiraro ntikizongera kuzura. Gusa sinavuga ngo ni igihe iki n’iki, ariko biri muri gahunda.’’

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu yihariye yatumye Gitifu w’Akagari afungwa

Next Post

Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye kuri ‘Couple’ y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

Ibyabaye kuri 'Couple' y’umusaza n’iy’umuhungu we ntibisanzwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.