Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cy’intabera cya Kagame ku bo mu Turere tubiri bamuhaye icyifuzo kimwe

radiotv10by radiotv10
13/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Matora ya Perezida wa Repubulika, yongeye gusabwa n’abatuye mu kandi Karere kuzaza kwifatanya na bo mu matora, nyuma y’uko abisabwe n’abo mu kandi, bombi abaha igisubizo kibanyura.

Ubwo Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Gasabo, uwari uyoboye iki gikorwa, Emma Claudine Ntirenganya, yagarutse ku cyifuzo giherutse gutangwa na Sheihk Musa Fazil Harelimana wasahye Umukandida wa FPR kuzaza akifatanya n’abatuye Akarere ka Nyarugenge mu matora, nubwo yakimutsemo ubu akaba atuye mu ka Gasabo.

Emma Claudine wavuze ko kuba Paul Kagame yajya gutorera mu Karere ka Nyarugenge bishoboka kuko Umunyarwanda wese yemerewe gutorera aho ashatse hose igihe yiyimuye kuri Lisiti y’Itora, yagize ati “Ariko Chairman abantu b’i Nyarugenge batwihanganire ubukwe tubanze tubutahe, hanyuma ubukwe niburangira Nyakubahwa Chairman, intore z’i Gasabo tuzabaherekeza twese tujye gusura ab’i Nyarugenge.”

Ubwo Sheihk Musa Fazil Harelimana yagezaga kuri Chairman wa FPR iki cyifuzo kandi, yanamusabye ko yazifatanya n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ubwo bazaba bizizihiza imyaka 30 ishize uhawe agaciro yanagizemo uruhare, mu birori bizaba umwaka utaha.

Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, ubwo yatangiraga ijambo rye kuri uyu wa Gatanu, yagarutse kuri ibi byifuzo by’abatuye Uturere twa Nyarugenge na Gasabo, avuga ko nubwo atashobora yatatorera mu Turere tubiri, ariko hari uburyo ibyifuzo by’abatuye utu Turere twombi, byazashyirwa mu bikorwa.

Ati “Hari uburyo abantu basaranganya bikagera kuri buri wese, ikibazo hagati na Nyarugenge na Gasabo, uko nzabigenza, Fazil namwemereye ko nibantumira ngasangira na bo, ubwo nzaza. Ibyo gutora rero, ubwo nzatorera aho ndi, aho ndi ni ho nzatorera, hanyuma kuri wa munsi mukuru natumiweho, nkazajya n’abayisilamu ku munsi mukuru wabo. Ubwo si ubutabera se?”

Ni igisubizo cyanyuze imbagara y’abaturage barenga ibihumbi 300 bari bateraniye i Bumbogo ya Gasabo, bahise bazamurira rimwe amajwi, banakoma amashyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Trump-May special relationship gets special treatment in the streets of London

Next Post

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.