Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cy’intabera cya Kagame ku bo mu Turere tubiri bamuhaye icyifuzo kimwe

radiotv10by radiotv10
13/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Matora ya Perezida wa Repubulika, yongeye gusabwa n’abatuye mu kandi Karere kuzaza kwifatanya na bo mu matora, nyuma y’uko abisabwe n’abo mu kandi, bombi abaha igisubizo kibanyura.

Ubwo Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Gasabo, uwari uyoboye iki gikorwa, Emma Claudine Ntirenganya, yagarutse ku cyifuzo giherutse gutangwa na Sheihk Musa Fazil Harelimana wasahye Umukandida wa FPR kuzaza akifatanya n’abatuye Akarere ka Nyarugenge mu matora, nubwo yakimutsemo ubu akaba atuye mu ka Gasabo.

Emma Claudine wavuze ko kuba Paul Kagame yajya gutorera mu Karere ka Nyarugenge bishoboka kuko Umunyarwanda wese yemerewe gutorera aho ashatse hose igihe yiyimuye kuri Lisiti y’Itora, yagize ati “Ariko Chairman abantu b’i Nyarugenge batwihanganire ubukwe tubanze tubutahe, hanyuma ubukwe niburangira Nyakubahwa Chairman, intore z’i Gasabo tuzabaherekeza twese tujye gusura ab’i Nyarugenge.”

Ubwo Sheihk Musa Fazil Harelimana yagezaga kuri Chairman wa FPR iki cyifuzo kandi, yanamusabye ko yazifatanya n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ubwo bazaba bizizihiza imyaka 30 ishize uhawe agaciro yanagizemo uruhare, mu birori bizaba umwaka utaha.

Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, ubwo yatangiraga ijambo rye kuri uyu wa Gatanu, yagarutse kuri ibi byifuzo by’abatuye Uturere twa Nyarugenge na Gasabo, avuga ko nubwo atashobora yatatorera mu Turere tubiri, ariko hari uburyo ibyifuzo by’abatuye utu Turere twombi, byazashyirwa mu bikorwa.

Ati “Hari uburyo abantu basaranganya bikagera kuri buri wese, ikibazo hagati na Nyarugenge na Gasabo, uko nzabigenza, Fazil namwemereye ko nibantumira ngasangira na bo, ubwo nzaza. Ibyo gutora rero, ubwo nzatorera aho ndi, aho ndi ni ho nzatorera, hanyuma kuri wa munsi mukuru natumiweho, nkazajya n’abayisilamu ku munsi mukuru wabo. Ubwo si ubutabera se?”

Ni igisubizo cyanyuze imbagara y’abaturage barenga ibihumbi 300 bari bateraniye i Bumbogo ya Gasabo, bahise bazamurira rimwe amajwi, banakoma amashyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Trump-May special relationship gets special treatment in the streets of London

Next Post

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.