Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo gihabwa abasaba gusanirwa inzu bubakiwe zikabasenyukiraho cyumvikanamo ko bagomba kubyimenyera

radiotv10by radiotv10
01/02/2025
in MU RWANDA
0
Igisubizo gihabwa abasaba gusanirwa inzu bubakiwe zikabasenyukiraho cyumvikanamo ko bagomba kubyimenyera
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bubakiwe inzu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, barasaba kuzisanirwa kuko zarangiritse bikabije, mu gihe ubuyobozi buvuga ko aho batuye bahabona ibiraka bakabasha kwisanira.

Ni abaturage bubakiwe inzu mu mudugudu wa Nyanza uherereye mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye, bavuga ko izi nyubako bazimaranye igihe kuko zubatswe mu 1980 ariko ko uko imyaka yagiye ishira zagiye zangirika.

Mukanyandwi Yuliyana yagize ati “Twebwe izi nzu tuzubakirwa twazubakiwe nk’abatishoboye zirasaza tubura ubushobozi bwo kuzisana, zimwe zaraguye bamwe baranimuka baragenda bagiye gucumbika. Turara twicaye kugira ngo zitatugwaho cyane cyane iyo imvura iguye turanyagirwa cyane tugasohoka tukarara hanze.”

Aba baturage bavuga ko babayeho mu buzima bubi. Uwitwa Kalori ati “Aha rwose tubayeho mu buzima butoroshye, turanyagirwa iyo imvura iguye amazu arashaje cyane.”

Abaturanyi babo na bo bavuga ko bahangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bagenzi babo. Uwimana Dative ati “Abaturanyi bacu baraduhangayikishije cyane tuba dufite ubwoba ko izi nzu zizabagwaho kuko zarashaje cyane, bishobotse babasanira kuko hari n’izaguye bamwe bagiye gucumbika  ntibafite aho kuba.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege avuga ko ubuyobozi budahwema gufasha abatishoboye muri gahunda zitandukanye zirimo no kubakira abatishoboye, ariko ko abahawe ubufasha na bo bari bakwiye kuzirikana ko hari abandi babukeneye ku buryo atari bo bahangwaho amaso gusa.

Ati “Igice barimo ni igice cy’umujyi bashobora gukoramo ibiraka bakabasha kwisanira amazu. Dufasha abatishoboye umunsi ku munsi n’abo bigaragaye ko batishoboye bafashwa nk’uko dufasha abandi bose batishoboye.”

Usibye izi nzu zabasaziyeho aba baturage bavuga ko n’ibikoni ndetse n’ubwiherero ntabyo bafite kuko byasenyutse burundu bakavuga ko n’ubundi nkuko bari bafashijwe nk’abatishoboye ngo bataragira ubushobozi bwo kuba bakwisanira bitewe n’ubukene bavuga ko barimo.

Zimwe mu nzu zarasenyutse abazibagamo bazivamo bajya gucumbika
N’ubwiherero ntabwo bafite

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo

Next Post

Menya andi matorero asengerwamo yafunzwe mu Rwanda n’impamvu

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya andi matorero asengerwamo yafunzwe mu Rwanda n’impamvu

Menya andi matorero asengerwamo yafunzwe mu Rwanda n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.