• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

radiotv10by radiotv10
13/04/2026
in AMAHANGA
0
Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yavuze ko adashaka guterana amagambo na Perezida Donald Trump nyuma yuko amwibasiye avuga ko atari umufana we, amuziza kuba yaramaganye ibitero bya America kuri Iran.

Ni nyuma yuko Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America atangaje amagambo akomeye kuri Leo XIV wanabaye Umushumba wa Kiliziya Gatulika wa mbere ukomoka muri America.

Papa Leo XIV yamaganye ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za America kuri Iran, avuga ko ubutegetsi bwa Trump bwakoze ibidakwiye bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Donald Trump mu mvugo ziremereye mu kiganiro yatangaje mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, yavuze ko Papa ari “umunyantege nke ku byaha” no “gukorera mu kwaha kw’abahezanguni.” Trump yavuze kandi ko Leo, Papa wa mbere w’Umunyamerika, akwiye “kwibanda ku kuba umushumba wa Kiliziya aho kuba Umunyapolitiki.”

Trump yagize ati “Ntabwo ndi umufana wa Pope Leo. Ni umuntu ukunda cyane ubwisanzure, kandi ni umugabo utizerera mu guhagarika icyaha. Ni gute avuganira Igihugu gishaka intwaro za kirimbuzi.”

Papa Leo XIV, kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko adatinya ubutegetsi bwa Trump. Yagize ati “Nta bwoba mfite ku butegetsi bwa Trump, cyangwa ngo mpagarike kuvuga mu ijwi riranguruye ubutumwa bw’ubutumwa bwiza, ari nabyo nizera ko ndi hano gukora.”

Papa abajijwe icyo yavuga ku magambo Trump yamuvuzeho ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth, yagize ati “Birasekeje, izina ry’urubuga ubwarwo. Ntukavuge byinshi.”

Papa yavuze ko azakomeza kwamagana intambara ku mugaragaro, gusa ahakana ibiriho bivugwa ko ahanganye na Bwana Trump, nyuma y’ariya magambo yamutangajeho. Yagize ati “Ibyo mvuga ntabwo ari ukwibasira umuntu uwo ari we wese.”

Yongeyeho ati “Simbona uruhare rwanjye nk’urwa politiki, umunyapolitiki. Sinshaka kujya impaka na we. Sintekereza ko ubutumwa bwiza bugomba gukoreshwa nabi nk’uko bamwe babikora.”

Papa yasubije ibi bibazo mbere y’amasaha abiri ngo ave i Roma yerecyeza yerecyeze ku Mugabane wa Afurika mu rugendo rwe rwa mbere, aho azasura Ibihugu nka Algeria, Cameroon, Angola, na Guinée Equatorial.

Yakomeje agira ati “Nzakomeza kuvuga cyane ndwanya intambara, nshaka kwamamaza amahoro, nteza imbere ibiganiro n’imibanire hagati y’Ibihugu kugira ngo nshake ibisubizo by’ibibazo biboneye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 7 =

Previous Post

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Next Post

Ikawa y’u Rwanda yongeye guca agahigo ku ruhando mpuzamahanga mu gikorwa cyabereye muri America

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Ikawa y’u Rwanda yongeye guca agahigo ku ruhando mpuzamahanga mu gikorwa cyabereye muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.