Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

radiotv10by radiotv10
01/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin agiriye uruzinduko mu Burundi akanagirana ibiganiro na mugenzi we, hari amakuru yatangajwe ko iki Gihugu cyafunguye imipaka igihuza n’u Rwanda nyuma y’imyaka irindwi ifunze.

Aya makuru yasakaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, aho bamwe mu bategetsi bo mu Gihugu cy’u Burundi bemeje aya makuru.

Umwe mu bategetsi bakuru muri Guverinoma y’u Burundi, yabwiye BBC ko abambuka imipaka hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, bazajya babikora bisanzuye.

Yagize ati “Impushya ntabwo zigisabwa. Abantu bazajya bambuka bisanzuye.” 

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu ya bamwe mu bambutse iyi mipaka, bagaragaje akanyamuneza ko kongera kwambuka bisanzuye nkuko byahoze mbere.

Guverinoma y’u Burundi, ifunguye imipaka nyuma y’iminsi micye iki Gihugu kigenderewe na Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin wari mu Burundi aho yari yitabiriye inama y’Umuryango wa za Sena z’Ibihugu byo muri Afurika n’izo mu by’Abarabu uzwi nka ASSECAA.

Hon Iyamuremye wanabonanye na mugenzi we Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Emmanuel Sinzohagera, tariki 19 Nzeri 2022 bagiranye ibiganiro by’ubutwererane.

Dr Iyamuremye Augustin na mugenzi we Hon. Emmanuel Sinzohagera, bashimye uko Guverinoma z’Ibihugu byombi zagaragaje ubushake bwa politiki n’umuhate mu kubyutsa umubano wabyo mu gutuma urujya n’uruza hagati yabyo rwongera kubaho mu nyungu z’ababituye basanzwe babanye nk’abavandimwe.

Perezida wa Sena y’u Rwanda kandi yanabonyanye na bamwe mu baturage b’i Burundi abagezaho ijambo.

Muri iri jambo, Dr Iyamuremye yavuze ko atari ubwa mbere agiriye uruzinduko i Burundi ahubwo ko “na cyera najyaga ngenderera Igihugu cy’ikivandimwe kuko dufite abavandimwe hano i Bujumbura mu Gihugu hose namwe mukaba mubafite mu Rwanda.”

Muri iri jambo ryo gusezera ku Barundi muri uru ruzinduko yari yagiriye muri iki Gihugu, Dr Iyamuremye, yakomeje agira ati “Icyo twifuza ni uko twakomeza ndetse tukarushaho kugenderana.”

Yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe kuko basangiye byinshi birimo n’ururimi nubwo bamwe bavuga Ikinyarwanda abandi bakavuga Ikirundi ariko iyo baganira buri umwe yumva ibyo undi avuze.

Ibibazo hagati y’u Rwanda n’u Burundi, byavutse muri 2015 ubwo uwari Perezida w’u Burundi, nyakwigendera Pierre Nkurunziza yari agiye guhirikwa ku butegetsi, hakavuka imvururu, zatumye bamwe mu Barundi bahungira mu Rwanda.

Icyo gihe Guverinoma y’u Burundi yavugaga ko abari bagiye guhirika Nkurunziza bahungiye mu Rwanda ndetse ko u Rwanda rwariho rubafasha ngo bazasubireyo, ariko u Rwanda rubihakana kenshi.

Hari hashize iminsi Guverinoma z’Ibihugu byombi ziri mu biganiro byo kubura umubano, aho bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru bagiye bagirira uruzinduko mu Gihugu kimwe ndetse bamwe bakaba barabaga bajyanye ubutumwa bw’Abakuru b’Ibihugu babaga bohererezanyije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Bamporiki wasomewe adahari yakatiwe gufungwa imyaka ine

Next Post

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.