• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

radiotv10by radiotv10
19/02/2026
in MU RWANDA
0
Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Photo/Imvaho Nshya

Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Howo yari irimo abakozi bari mu mirimo yo gusana umuhanda, yakoreye impanuka mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo kugonga ipoto y’amashanyarazi, igusha urubavu, abari bayirimo bose bagwa hasi, hakomereka 16 muri 17 yari itwaye.

Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Rukerereza mu Kagari ka Kanazi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gashyantare, aho imodoka ifite pulake ya RAI 599A, yataga umuhanda ikagonga ipoto.

Ubwo iyi modoka yagongaga ipoto yahise igusha urubavu, abari bayirimo bagwa hasi, barakomereka bajyanwa kuvurirwa mu Bitaro bya Bushenge.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami Rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko abakomeretse bahise bajyanwa kuvurwa.

Yagize ati “Abarimo bakomeretse byoroheje, bajyanwa mu Bitaro bya Bushenge kuvurwa, abenshi bamaze gutaha.”

SP Emmanuel Kayigi avuga ko iyi mpanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko n’imiyoborere mibi y’ikinyabiziga, byaranze umushoferi ubwo yari ayoboye iyi modoka, akagira uburangare.

Ati “Tuributsa abatwara ibinyabiziga kwirinda uburangare kuko buteza impanuka zigira ingaruka ku buzima no ku mitungo y’abantu.”

Abaturage bari hafi y’ahabereye iyi mpanuka, bihutiye gutabara ubwo iyi modoka yari ikigwa, bavuga ko umushoferi wari uyitwaye yagonze ipoto y’umuriro w’amashanyarazi.

Umwe muri bo yagize ati “Yataye umuhanda igonga ipoto y’amashanyarazi, imena abantu cumi na barindwi (17) bose bari bayirimo b’abakozi ba nyakabyizi muri iyo mirimo yo gusana uwo muhanda.”

Uyu muturage avuga ko muri aba bantu, barimo abagore abagore babiri (2) n’abagabo cumi na batanu (15).  Ati “Yakomerekeyemo 16 bahise bajyanwa mu Bitaro bya Bushenge.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Next Post

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.