• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ikibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe i Mageragere cyatanzweho amakuru mpamo atandukanye n’ayari yatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hacicikanye amakuru ko umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge [rizwi nka Mageragere], yakubitiwemo ngo n’abantu bari bahawe ikiraka, Urwego rw’Igihugu rw’Igorora, rwanyomoje aya makuru, rwemera ko yakubiswe, ariko ruhakana iyi mpamvu yari yavuzwe.

Amakuru yari yasakaye, yavugaga ko Nkundineza yakubiswe n’abantu ngo bishyuwe, ndetse bimwe mu binyamakuru bikaba byari byatangaje aya makuru yanasakaye ku mbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), CSP Kubwimana Thérèse, yemeye ko iki kibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe mu Igororero, cyabayeho koko.

Yavuze ko uyu munyamakuru yakubiswe mu rugomo rwabaye tariki 20 Ukuboza 2024, ariko ari urugomo rusanzwe nk’uko bijya biba ahantu hari abantu benshi nk’uku mu Igororero.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, CSP Kubwimana Thérèse yagize ati “Nkundineza yarwanye na bagenzi be kandi bijya bibaho kurwana kw’abagororwa.”

Umuvugizi wa RCS akomeza avuga ko, ubwo uru rugomo rwabaga, ubuyobozi bw’Igororero, bwihutiye gutabara uyu munyamakuru, ndetse buranamuvuza.

Ati “Yarafashijwe ararega ubu ikirego cyashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.”

CSP Kubwimana Thérèse yavuze kandi ko abagororwa bakoze uru rugomo, na bo babihaniwe nk’uko bisanzwe bigenda mu gihe hari umugororwa ugaragaweho ibibuzwa n’imyitwarire y’Igororero.

Ati “Tubashyira ahantu ha bonyine bagasobanurirwa amakosa bakoze kuko nk’umuntu warwanye utazi icyo yahoye undi ntiwamurekera mu bandi kuko ashobora kubikomeza.”

Umuvugizi wa RCS, avuga ko na we yatunguwe n’amakuru yatangajwe yavugaga ko uyu munyamakuru yakubiswe n’abantu bari bahawe ikiraka.

Ati “Nkibona iby’ikiraka, nibajije niba ari RCS yagitanze ari Leta se cyangwa undi muntu, ariko igihari ni uko yarwanye n’abandi bagororwa.”

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza, afunzwe kuva mu kwezi k’Ukwakira 2023, aho yaje no guhamywa icyaha cyo gutangazaza amakuru y’ibihuha, bishingiye ku byo yavugiye ku murongo ya YouTube ubwo hafatwaga icyemezo ku rubanza rwaregwagamo Ishimwe Dieudone uzwi nka Prince Kid.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + thirteen =

Previous Post

Nyanza: Havuzwe ikigiye gukorerwa imbwa zifite imiterere yihariye batazi aho zaturutse zibarembeje

Next Post

Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda

Gen.Muhoozi yatangaje igishobora kuzakorwa ku Itegeko ryazamuye impaka ryashyiriweho ‘abatinganyi’ muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.