Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mu rwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Gihugu cy’u Budage, yatanze igitekerezo ko abinjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bajya boherezwa mu Rwanda mu gihe kubasubiza mu Bihugu byabo bitagishoboka.

Komiseri Ushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Budage, Joachim Stamp yabitangaje kuri uyu wa Kane mu kiganiro (Podcast) Table.Briefings gitambuka kuri Table Media.

Yatangaje ko hari amahirwe ko abimukira binjiye mu Budage mu buryo bunyuranyije n’amategeko banyuze mu Burusiya no muri Belarus, bashobora kujya boherezwa muri Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda, mu gihe haba hariho imbogamizi zo kuba basubira mu Bihugu byabo.

Yavuze ko izamuka ry’imibare y’abimukira bava muri ibi Bihugu byombi (u Burusiya na Belarus) ari umugambi w’Abaperezida babyo, Vladimir Putin na Aleksander Lukashenko, wo guhangana n’Uburengerazuba.

Yavuze ko aba “Bombi bohereza ku bushake abimukira ku mupaka w’Uburengerazuba bw’Ubumwe bw’u Burayi” kandi ko biri no mu mugambi wo kongera umubare w’impunzi ziturura muri Syrian, Iraq, na Afghanistan ku Mugabane w’u Burayi, zinyuze i Moscow no muri Minsk.

Stamp yatanze icyifuzo ko u Budage bwakorana n’u Rwanda

Stamp usanzwe ari umurwanashyaka rw’Ishyaka ‘Neoliberal Free Democrats (FDP) ryo mu Budage, yavuze ko Guverinoma y’iki Gihugu “Ishobora kwifashisha uburyo busa nk’ubwatangijwe n’u Bwongereza.”

Guverinoma yari iriho mu Bwongereza, yari yagiranye amasezerano n’iy’u Rwanda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro binjiye muri kiriya Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ariko aza guteshwa agaciro na Guverinoma y’Ishyaka rya Labour riherutse kujya ku butegetsi riyobowe na Keir Starmer akaba ari na we Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu ubu.

Gusa James Cleverly wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, ubu akaba ari guhatanira umwanya wo kuyobora Ishyaka rya Conservative, aherutse gutangaza ko naramuka atowe, azahita yubura uyu mugambi.

Stamp wo mu Budage yavuze ko mu gihe uyu mugambi nk’uw’u Bwongereza wajya gushyirwa mu bikorwa n’Igihugu cyabo, byasaba ko bavugurura amategeko yo kohereza abantu, aho irisanzweho rivuga ko umuntu ashobora koherezwa mu kindi Gihugu adakomokamo, igihe gusa yaba afitanye isano na cyo, nko kuba hari uwo mu muryango we ugituyemo.

Kohereza abantu bava mu Budage, byabaye ingingo ishyushye nyuma yuko hari umuturage wo muri Syria wari wimwe ubuhungiro, agakora igitero akoresheje icyuma cyanagize abo gihitana.

Abinjiye mu Budage mu buryo bunyuranyije n’amategeko, hatanze igitekerezo ko bajya boherezwa mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 20 =

Previous Post

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Next Post

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.