• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
America: Uwiciye ku ishuri abanyeshuri n’abarimu abarashe aravugwaho andi makuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhungu w’imyaka 14 wishe arashe abanyeshuri bagenzi be babiri n’abarimu babiri ku ishuri ryo muri USA, agahita atabwa muri yombi, biravugwa ko n’umwaka ushize yari yafungiwe kugira umugambi nk’uyu wo kurasa abantu ku ishuri.

Iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabereye ku ishuri ryo muri leta Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho uyu muhungu witwa Colt Gray yigaga.

Uyu muhungu w’imyaka 14 ukekwaho kwica bagenzi be yahise, atabwa muri yombi iki gikorwa kikimara kuba, nk’uko inzego z’iperereza zabitangaje.

Amakuru avuga ko atari ubwa mbere atawe muri yombi kuko n’umwaka ushize wa 2023 yafashwe akwekwaho kugira umugambi wo kurasa kuri iri shuri.

Kugeza ubu iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane icyaba cyateye uyu muhungu kurasa muri bagenzi be, akivuganamo bane barimo abanyeshuri babiri n’abarimu babiri, agakomeretsa abandi icyenda.

Chris Hosey, Umuyobozi w’Ibiro by’Ubugenzacyaha muri Georgia, yatangaje ko uyu muhungu w’imyaka 14 agomba kuzajyanywa mu nkiko ndetse akaburanishwa nk’umuntu mukuru kuri ibi byaha akekwaho kuba yakoze.

Si ubwambere ibikorwa nk’ibi byumvikanye mu bigo by’amashuri muri Leta Zunze Ubumwe za Amarica, icyakora Perezida w’iki Gihugu, Joe Biden yavuze ko ubutegetsi bwe buzakomeza gukora ibishoboka kugira ngo ibikorwa nk’ibi bicike, nkuko bikubiye mu itangazo ryaturutse mu biro bye White House ryihanganisha abakomeretse n’ababuriye ababo muri iri raswa.

Inzego z’ubuyobozi muri Leta Georgia zatangaje ko abishwe ari abanyeshuri babiri b’imyaka 14, ndetse n’abarimu babiri, mu gihe abandi icyenda bakomeretse bose bajyanywe mu bitaro aho bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Ikindi Gihugu cy’i Burayi cyagaragaje ko cyifuza gukorana n’u Rwanda mu kohereza abimukira

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.