• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

radiotv10by radiotv10
02/06/2026
in AMAHANGA
0
Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w’amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko cyahuhwaga n’umuyaga kigasa nk’igiye kubwa.

Imashini zikoresha imigozi n’ibyuma, ni byo byakoreshejwe mu gukuraho iki kibumbano cya metero 21 cyari i ​​Kolkata, umurwa mukuru wa Leta ya West Bengal mu Buhindi, ubundi gishyirwa mu ikamyo yahise ikijyana.

Sharadwat Mukherjee usanzwe ari Umushingamategeko wo muri iyi Leta, yabwiye AFP, ati “Iki kibumbano cyakuweho ku wa mbere nyuma yuko abaturage binubiye ko kirimo gihuhwa n’umuyaga kikazenguruka.”

Mukherjee yavuze ko iki gishushanyo kizabikwa mu bubiko bwa Leta kugeza igihe abayobozi bazafata icyemezo cy’aho kizongera gushyirwa.

Iki gishushanyo cy’ibara rya zahabu, kigaragaza umukinnyi w’imyaka 38 wa Argentine na Inter Miami watwaye igikombe cy’isi, cyari cyashyizwe hariya ahagaragara mu Kuboza, ubwo Messi yasuraga u Buhindi.

Messi azaba kapiteni wa Argentine mu gikombe cy’isi kizaba muri uku kwezi turi guhangira, kizaba cyakiriwe na Leta Zunze Ubumwe za America, Canada ndetse na Mexico.

Bivugwa ko kiriya kibumbano cya Messi cyakozwe ku bufasha bw’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe akaba n’umuyobozi wa TMC, Mamata Banerjee, kandi yanenzwe na Minisitiri mushya wa Siporo wa BJP Nisith Pramanik avuga ko “atari kiza.”

Iki kibumbano cyamanuwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − nine =

Previous Post

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.