Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in AMAHANGA
0
Ikindi Gihugu cyibasiwe n’ibiza bidasanzwe byahitanye benshi bisiga abatari bacye mu gahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta ya Kerala mu majyepfo y’Igihugu cy’u Buhindi, habaye inkangu n’imyuzure byadutse mu ijoro abantu baryamye, bihitana abarenga 60, ndetse imibare ishobora kwiyongera.

Ni ibiza byabaye mu ijoro abantu baryamye, byatewe n’imvura nyinshi yaguye muri iyi Leta ya Kerala, yatumye imisozi myinshi itwarwa n’inkangu inajyana abaturage benshi.

Umusozi wo mu Karere ka Wayanad watwawe n’inkangu, mu ijoro, utwara ubuzima bwa benshi, ndetse amakuru avuga ko imibare y’abahitanywe n’ibi biza ishobora kwiyongera kuko hari abagitwikiriwe n’ibyondo n’ibikuta byabagwiriye.

Inkangu nyinshi zabaye mu bice byegereye Meppadi muri aka Karere ka Wayanad mu masaaha ya saa munani z’ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri, aho yibasiye cyane uduce tune, ndetse ubu ibikorwa by’ubutabazi bikaba biri gukorwa.

Inzego z’ubuyobozi zatangaje ko iyi mvura yangije ibikorwa remezo byinshi nk’amashanyarazi, imihanda ndetse hari n’ibiraro byinshi byatwawe n’izi nkangu.

Umunyamabanga ushinzwe Itangazamakuru muri Kerala, P M Manoj yavuze ko imibare y’abahitanywe n’izi nkangu ishobora kwiyongera, ndetse anatangaza ko abakomeretse barenga 70, aho bari kuvurirwa mu bitaro by’Akarere.

Aha habereye ibi biza, hoherejwe abasirikare 200 ndetse n’indege ebyiri za kajuguguju z’Igisirikare cy’u Buhindi kimwe na Polisi mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa by’ubutabazo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Buhindi bwagize buti “Abantu babarirwa muri magana, birakekwa ko bagizweho ingaruka.”

Itangazo ryashyizwe hanze n’Itsinda ry’abaganga ryoherejwe ahabereye ibi biza, rivuga ko rimaze “gutabara abantu babarirwa muri 250 bari mu kaga.”

Sandosh Kumar, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Buhindi uhagarariye agace ka Kerala, yabwiye Ibiro Ntaramakuru ANI ko imyuzure yibasiye aka Karere, yatumye ahantu henshi harengerwa n’amazi ku buryo “N’ibikorwa by’ubutabazi biri kugorana.”

Benshi basigaye mu gahinda

Ibi biza byangije byinshi

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Umunyarwanda uba muri Uganda yatawe muri yombi akekwaho ibyumvikanamo amahano

Next Post

Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.