Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in SIPORO
0
Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umutoza wa FC , Ronald Koeman wari umaze amezi 14 , yirukanywe ku wa Gatatu nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallevano igitego 1-0 muri Shampiyona.

FC Barcelone yabonye amanota 15 mu mikino 10 imaze gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne, La Liga, mu gihe imaze gutsindwa inshuro ebyiri mu matsinda ya UEFA Champions League.

Kuri ubu, iri ku mwanya wa cyenda muri La Liga, irushwa amanota atandatu n’amakipe ya mbere nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano igitego 1-0 ku wa Gatatu.

Bwari ubwa gatatu FC Barcelone itsinzwe mu mikino ine iheruka, bikaba byabaye nyuma yo gutakaza umukino wa El Clasico yahuyemo na Real Madrid ku Cyumweru.

Koeman w’imyaka 58, watoje amakipe arimo iy’Igihugu y’u Buholandi, Everton na Southampton zo mu Bwongereza, yafashije FC Barcelone gusoza Shampiyona iri ku mwanya wa gatatu mu mwaka ushize w’imikino.

Nyuma yo gutsindwa ku wa Gatatu, Koeman yagize ati “Umwanya ikipe iriho uvuga ko tutameze neza. Ikipe ntabwo iri ku rwego rumwe, yatakaje abakinnyi b’ingenzi kandi birigaragaza. Mu myaka ya vuba, andi makipe yariyubatse buri mwaka w’imikino, ariko twe nta byabaye.”

Umunyabigwi wa FC Barcelone, Xavi, kuri ubu utoza Al Sadd muri Qatar, ari mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Koeman.

Ni ku nshuro ya mbere kuva muri Nzeri 1987 FC Barcelone itsindwa imikino itatu yikurikiranya yakiniye hanze, itinjije igitego, icyo gihe byatumye Umwongereza Terry Venables wari umutoza yirukanwa.

Koeman yegukanye Copa del Rey ku mpera z’umwaka w’imikino wa mbere, ariko FC Barcelone isoza Shampiyona iri inyuma ya Atletico Madrid na Real Madrid ndetse ifite amanota macye cyane kurusha ayo yagize kuva mu 2008.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

SUDAN: Abaturage batari bacye biraye mu mihanda ya Khartoum barigaragambya

Next Post

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.