Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in SIPORO
0
Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umutoza wa FC , Ronald Koeman wari umaze amezi 14 , yirukanywe ku wa Gatatu nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallevano igitego 1-0 muri Shampiyona.

FC Barcelone yabonye amanota 15 mu mikino 10 imaze gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne, La Liga, mu gihe imaze gutsindwa inshuro ebyiri mu matsinda ya UEFA Champions League.

Kuri ubu, iri ku mwanya wa cyenda muri La Liga, irushwa amanota atandatu n’amakipe ya mbere nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano igitego 1-0 ku wa Gatatu.

Bwari ubwa gatatu FC Barcelone itsinzwe mu mikino ine iheruka, bikaba byabaye nyuma yo gutakaza umukino wa El Clasico yahuyemo na Real Madrid ku Cyumweru.

Koeman w’imyaka 58, watoje amakipe arimo iy’Igihugu y’u Buholandi, Everton na Southampton zo mu Bwongereza, yafashije FC Barcelone gusoza Shampiyona iri ku mwanya wa gatatu mu mwaka ushize w’imikino.

Nyuma yo gutsindwa ku wa Gatatu, Koeman yagize ati “Umwanya ikipe iriho uvuga ko tutameze neza. Ikipe ntabwo iri ku rwego rumwe, yatakaje abakinnyi b’ingenzi kandi birigaragaza. Mu myaka ya vuba, andi makipe yariyubatse buri mwaka w’imikino, ariko twe nta byabaye.”

Umunyabigwi wa FC Barcelone, Xavi, kuri ubu utoza Al Sadd muri Qatar, ari mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Koeman.

Ni ku nshuro ya mbere kuva muri Nzeri 1987 FC Barcelone itsindwa imikino itatu yikurikiranya yakiniye hanze, itinjije igitego, icyo gihe byatumye Umwongereza Terry Venables wari umutoza yirukanwa.

Koeman yegukanye Copa del Rey ku mpera z’umwaka w’imikino wa mbere, ariko FC Barcelone isoza Shampiyona iri inyuma ya Atletico Madrid na Real Madrid ndetse ifite amanota macye cyane kurusha ayo yagize kuva mu 2008.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

SUDAN: Abaturage batari bacye biraye mu mihanda ya Khartoum barigaragambya

Next Post

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Related Posts

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy'ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa...

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

by radiotv10
08/02/2026
0

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru...

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe
AMAHANGA

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

by radiotv10
09/02/2026
0

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

09/02/2026
Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

09/02/2026
Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

09/02/2026
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

09/02/2026
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

09/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.