Friday, March 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in SIPORO
0
Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umutoza wa FC , Ronald Koeman wari umaze amezi 14 , yirukanywe ku wa Gatatu nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallevano igitego 1-0 muri Shampiyona.

FC Barcelone yabonye amanota 15 mu mikino 10 imaze gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne, La Liga, mu gihe imaze gutsindwa inshuro ebyiri mu matsinda ya UEFA Champions League.

Kuri ubu, iri ku mwanya wa cyenda muri La Liga, irushwa amanota atandatu n’amakipe ya mbere nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano igitego 1-0 ku wa Gatatu.

Bwari ubwa gatatu FC Barcelone itsinzwe mu mikino ine iheruka, bikaba byabaye nyuma yo gutakaza umukino wa El Clasico yahuyemo na Real Madrid ku Cyumweru.

Koeman w’imyaka 58, watoje amakipe arimo iy’Igihugu y’u Buholandi, Everton na Southampton zo mu Bwongereza, yafashije FC Barcelone gusoza Shampiyona iri ku mwanya wa gatatu mu mwaka ushize w’imikino.

Nyuma yo gutsindwa ku wa Gatatu, Koeman yagize ati “Umwanya ikipe iriho uvuga ko tutameze neza. Ikipe ntabwo iri ku rwego rumwe, yatakaje abakinnyi b’ingenzi kandi birigaragaza. Mu myaka ya vuba, andi makipe yariyubatse buri mwaka w’imikino, ariko twe nta byabaye.”

Umunyabigwi wa FC Barcelone, Xavi, kuri ubu utoza Al Sadd muri Qatar, ari mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Koeman.

Ni ku nshuro ya mbere kuva muri Nzeri 1987 FC Barcelone itsindwa imikino itatu yikurikiranya yakiniye hanze, itinjije igitego, icyo gihe byatumye Umwongereza Terry Venables wari umutoza yirukanwa.

Koeman yegukanye Copa del Rey ku mpera z’umwaka w’imikino wa mbere, ariko FC Barcelone isoza Shampiyona iri inyuma ya Atletico Madrid na Real Madrid ndetse ifite amanota macye cyane kurusha ayo yagize kuva mu 2008.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

SUDAN: Abaturage batari bacye biraye mu mihanda ya Khartoum barigaragambya

Next Post

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Related Posts

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

by radiotv10
12/03/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Stephen Constantine wanigeze kuyitoza mu myaka icumi ishize....

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
11/03/2026
0

Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 35, Kyle Walker, yatangaje ko asezeye gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, nyuma yo kutagaragara...

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

by radiotv10
10/03/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yasabye abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo kurangwa n’ubupfura, byumwihariko asaba Rugaju Reagan...

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Itsinda ‘Umurava APR Fan Club’ ry’abafana b’ikipe ya APR FC, ryafatiye icyemezo cyo kwirukana burundu umwe mu bari barigize, nyuma...

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa...

IZIHERUKA

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.