Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in SIPORO
0
Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari umutoza wa FC , Ronald Koeman wari umaze amezi 14 , yirukanywe ku wa Gatatu nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallevano igitego 1-0 muri Shampiyona.

FC Barcelone yabonye amanota 15 mu mikino 10 imaze gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne, La Liga, mu gihe imaze gutsindwa inshuro ebyiri mu matsinda ya UEFA Champions League.

Kuri ubu, iri ku mwanya wa cyenda muri La Liga, irushwa amanota atandatu n’amakipe ya mbere nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano igitego 1-0 ku wa Gatatu.

Bwari ubwa gatatu FC Barcelone itsinzwe mu mikino ine iheruka, bikaba byabaye nyuma yo gutakaza umukino wa El Clasico yahuyemo na Real Madrid ku Cyumweru.

Koeman w’imyaka 58, watoje amakipe arimo iy’Igihugu y’u Buholandi, Everton na Southampton zo mu Bwongereza, yafashije FC Barcelone gusoza Shampiyona iri ku mwanya wa gatatu mu mwaka ushize w’imikino.

Nyuma yo gutsindwa ku wa Gatatu, Koeman yagize ati “Umwanya ikipe iriho uvuga ko tutameze neza. Ikipe ntabwo iri ku rwego rumwe, yatakaje abakinnyi b’ingenzi kandi birigaragaza. Mu myaka ya vuba, andi makipe yariyubatse buri mwaka w’imikino, ariko twe nta byabaye.”

Umunyabigwi wa FC Barcelone, Xavi, kuri ubu utoza Al Sadd muri Qatar, ari mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Koeman.

Ni ku nshuro ya mbere kuva muri Nzeri 1987 FC Barcelone itsindwa imikino itatu yikurikiranya yakiniye hanze, itinjije igitego, icyo gihe byatumye Umwongereza Terry Venables wari umutoza yirukanwa.

Koeman yegukanye Copa del Rey ku mpera z’umwaka w’imikino wa mbere, ariko FC Barcelone isoza Shampiyona iri inyuma ya Atletico Madrid na Real Madrid ndetse ifite amanota macye cyane kurusha ayo yagize kuva mu 2008.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eleven =

Previous Post

SUDAN: Abaturage batari bacye biraye mu mihanda ya Khartoum barigaragambya

Next Post

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Related Posts

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

by radiotv10
27/04/2026
0

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi ngo muri Repubulika Ndemokarasi ya Congo habe amatora y’uzayobora federasiyo y’umupira w’amaguru muri...

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

by radiotv10
27/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu...

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

by radiotv10
24/04/2026
0

Umutoza Pep Guardiola w'ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, uri mu bafite ibigwi ku Mugabane w'u Burayi, biravugwa ko...

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

by radiotv10
22/04/2026
0

Abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, bafatiwe ibihano n'ubuyobozo bwa Rwanda Premier...

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

by radiotv10
21/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse rutahizamu w'iyi kipe, Umunya-Cameroon Aziz Bassane kubera imyitwarire mibi avugwaho, bunamwandikira ibaruwa bumusaba ibisobanuro. Amakuru...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

by radiotv10
27/04/2026
0

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

27/04/2026
Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

27/04/2026
Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

27/04/2026
Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

Umuhanzi Ish Kevin yageneye umubyeyi we ubutumwa

27/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

27/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

UMUTEKANO: Barasaba ko inzego zahungabanyije abaturage zabiryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyaha bigomba gushinjwa uwagabye igitero ahari Perezida Trump

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.