Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwamaze gushyikiriza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubiswe umugeri n’umusifuzi.
Ibi byabaye ubwo Mukura Victory Sports et Loisirs yakinaga na Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa 29 wa Shampiyona y’u Rwanda, aho umusifuzi wo ku ruhande yakubitaga umugeri myugariro Mbonyamahoro Serieux.
Uyu mukinnyi yanajyanywe kuvurizwa kwa muganga kubera umugeri yakubiswe n’umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul, ubwo yajyaga gusobanuza ku ikosa ryavuyemo penaliti yahawe Rutsiro FC.
Uyu musifuzi Nsengiyumva Jean Paul wari umaze kwemeza ko umukinnyi Maniraho Destin wa Rutsiro yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina, ikipe ye igahita ihabwa penaliti, byatumye myugariro Mbonyamahoro Serieux wa Mukura ajya gusobanuza uriya musifuzi, akimugera imbere amukubita umugeri.
Ibi byazamuye imvururu mu kibuga, zanakurikiye kugeza umukino urangiye zanatumye umutoza wa Mukura, Nshimiyimana Canisius ahabwa ikarita itukura ubwo umukino wari urangiye ubwo yajyaga gusobanuza.
Mu kirego cyatanzwe na Mukura VS ku mukinnyi wayo warenganyijwe dore ko yanahawe ikarita itukura, iyi kipe yasabye ko kurenganurwa kuko yarenganyijwe.
Ubuyobozi bw’iyi kipe kandi, buvuga ko penaliti yahawe Rutsiro ku ikosa ryakozwe ku munota wa 40 w’umukino, itari penalitiki, kuko myugariro wa Mukura, Niyonzima Eric yakiniwe nabi n’umukinnyi wa Rutsiro nyuma yo kureka umupira ukarenga, ariko bikarangira Rutsiro ihawe penalitiki.
RADIOTV10










