Monday, May 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

radiotv10by radiotv10
04/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwamaze gushyikiriza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubiswe umugeri n’umusifuzi.

Ibi byabaye ubwo Mukura Victory Sports et Loisirs yakinaga na Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa 29 wa Shampiyona y’u Rwanda, aho umusifuzi wo ku ruhande yakubitaga umugeri myugariro Mbonyamahoro Serieux.

Uyu mukinnyi yanajyanywe kuvurizwa kwa muganga kubera umugeri yakubiswe n’umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul, ubwo yajyaga gusobanuza ku ikosa ryavuyemo penaliti yahawe Rutsiro FC.

Uyu musifuzi Nsengiyumva Jean Paul wari umaze kwemeza ko umukinnyi Maniraho Destin wa Rutsiro yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina, ikipe ye igahita ihabwa penaliti, byatumye myugariro Mbonyamahoro Serieux wa Mukura ajya gusobanuza uriya musifuzi, akimugera imbere amukubita umugeri.

Ibi byazamuye imvururu mu kibuga, zanakurikiye kugeza umukino urangiye zanatumye umutoza wa Mukura, Nshimiyimana Canisius ahabwa ikarita itukura ubwo umukino wari urangiye ubwo yajyaga gusobanuza.

Mu kirego cyatanzwe na Mukura VS ku mukinnyi wayo warenganyijwe dore ko yanahawe ikarita itukura, iyi kipe yasabye ko kurenganurwa kuko yarenganyijwe.

Ubuyobozi bw’iyi kipe kandi, buvuga ko penaliti yahawe Rutsiro ku ikosa ryakozwe ku munota wa 40 w’umukino, itari penalitiki, kuko myugariro wa Mukura, Niyonzima Eric yakiniwe nabi n’umukinnyi wa Rutsiro nyuma yo kureka umupira ukarenga, ariko bikarangira Rutsiro ihawe penalitiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

Related Posts

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

by radiotv10
03/05/2026
0

Umunyabigwi Shabani Nonda wari mu bakandida 9 bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), yakuyemo...

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

by radiotv10
29/04/2026
0

Abagize itsinda ry’abayobozi, abatoza, abasifuzi mpuzamahanga n’abaherekeje amakipe yitabiriye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, CAVB Men’s Club Championship 2026,...

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

by radiotv10
27/04/2026
0

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi ngo muri Repubulika Ndemokarasi ya Congo habe amatora y’uzayobora federasiyo y’umupira w’amaguru muri...

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

by radiotv10
27/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu...

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

by radiotv10
24/04/2026
0

Umutoza Pep Guardiola w'ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, uri mu bafite ibigwi ku Mugabane w'u Burayi, biravugwa ko...

IZIHERUKA

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi
FOOTBALL

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

by radiotv10
04/05/2026
0

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

04/05/2026
Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

04/05/2026
Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

03/05/2026
Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

02/05/2026
America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

02/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.