Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in SIPORO
0
Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’uyu wa gatandatu tariki 19 Kamena 2021, amakipe ane y’u Rwanda (abagabo/ abagore) akina BeachVolleyball yafashe urugendo agana muri Maroc mu mujyi wa Agadir ahazabera imikino ya nyuma yo gushaka itike y’imikino Olempike izabera i Tokyo mu Buyapani tariki 23 Nyakanga kugeza 08 Kanama 2021. Iri rushanwa ryo gushaka itike biteganyijwe ko rizabera muri Maroc kuva tariki 21 kugeza 28 Kamena 2021.

Mbere yo guhaguruka, abayobozi b’Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball barimo Perezida, Ngarambe Raphael, Visi Perezida Bagirishya Jean de Dieu (Jado Castar) n’Umubitsi mukuru Garigirwa Grace bari kumwe n’umuyobozi w’akarere ka 5 muri Volleyball, Ruterana Fernand Sauveur ndetse n’Umunyamabanga mukuru wa Komite Olympique y’u Rwanda, Kajangwe Joseph bahaye ibendera ry’igihugu ikipe igiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa ya Beach Volleyball yo gushaka itike y’imikino Olympique ya 2020.

Ni umuhango wabereye i Remera kuri Hotel Hilltop, amasaha make mbere y’uko iyi kipe ihaguruka yerekeza muri Maroc mu mujyi wa Agadir uherereye ku Nyanja ya Atlantique ahazabera aya marushanwa yo ku rwego rwa Afurika mu cyumweru gitaha.

Ikipe rusange yahagurutse n’indege ya Turkish Airlines ku isaa saba n’iminota 30 z’ijoro, izagera mu mujyi wa Istanbul ku isaa tata na 40 ku isaha ya Kigali, ikomereze i Casablanca aho iazahagera ku isaa 15:50. Izava i Casablanca ku isaa 18:20 igere mu mujyi wa Agadir ku isaa 19:20.Image

Akumuntu Kavalo Patrick ukinana na Ntagengwa OlivierImage

Ntagengwa Olivier akinana na Kavalo Akumuntu Patrick

 

Abakinnyi b’u Rwanda mu  cyiciro cy’abagabo hari ikipe ya mbere igizwe na Ntagengwa Olivier ufatanya na Akumuntu Kavalo Patrick naho ikipe ya kabiri igizwe na  Gatsinzi Venuste ufatanya na Habanzintwari Fils.

Mu bagore ikipe y’u Rwanda  ya mbere igizwe na Nzayisenga Charlotte na Munezero Valentine naho ikipe ya kabiri igizwe na Mukantambara Seraphine ufatanya na Mukandayisenga Benitha.

Kubera COVID-19, imikino Olempike yagombaga kuba umwaka ushize muri 2020 yimuriwe muri 2021. Iyi mikino yo gushaka itike na yo ikaba yaragombaga kuba umwaka ushize wa 2020.

Imikino yo gushaka itike yagombaga gukinwa mu byiciro bitatu nyuma y’imikino y’amajonjora ya mbere amakipe akaba yari yashyizwe mu matsinda kugira ngo habe icyiciro cya kabiri ndetse n’icyiciro cya gatatu ari na cyo cya nyuma.   Iyi mikino y’ijonjora  yagombaga gukinirwa  mu bihugu bitandukanye birimo  u Rwanda, Sierra Leone, Nigeria, Uganda, Gambia, Mozambique na Tanzania.

Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika “CAVB” yatangaje ko kugira ngo iyi mikino ibe hakurikizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19, imikino y’amajonjora

y’icyiciro cya kabiri n’icya nyuma igomba kubera muri Maroc aho izitabirwa  n’ibihugu 24 mu bagabo ndetse na 17 mu bagore.ImageHabanzintwari Fils  ukinana na Gatsinzi Venuste

Amakipe azitabira iyi mikino:

Mu bagabo hari Benin, Botswana, Congo Brazzaville, Misiri, Gambia, Ghana, Cote d’Ivoire, Kenya, Mali, Maroc, Mauritius, Mozambique, Niger, Nigeria, Rwanda, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani y’Amajyepfo, Sudani, Tanzania, Togo, Tunisia, Zambia na Zimbabwe.

Amakipe 17 mu bagore ni Afurika y’Epfo, Cap Vert, Cote d’Ivoire, Misiri, Gambia, Ghana, Kenya, Maroc, Mozambique, Niger, Nigeria, RDC, Rwanda, Sierra Leone, Sudani na Zambia.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 7 =

Previous Post

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Next Post

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.