Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in SIPORO
0
Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’uyu wa gatandatu tariki 19 Kamena 2021, amakipe ane y’u Rwanda (abagabo/ abagore) akina BeachVolleyball yafashe urugendo agana muri Maroc mu mujyi wa Agadir ahazabera imikino ya nyuma yo gushaka itike y’imikino Olempike izabera i Tokyo mu Buyapani tariki 23 Nyakanga kugeza 08 Kanama 2021. Iri rushanwa ryo gushaka itike biteganyijwe ko rizabera muri Maroc kuva tariki 21 kugeza 28 Kamena 2021.

Mbere yo guhaguruka, abayobozi b’Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball barimo Perezida, Ngarambe Raphael, Visi Perezida Bagirishya Jean de Dieu (Jado Castar) n’Umubitsi mukuru Garigirwa Grace bari kumwe n’umuyobozi w’akarere ka 5 muri Volleyball, Ruterana Fernand Sauveur ndetse n’Umunyamabanga mukuru wa Komite Olympique y’u Rwanda, Kajangwe Joseph bahaye ibendera ry’igihugu ikipe igiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa ya Beach Volleyball yo gushaka itike y’imikino Olympique ya 2020.

Ni umuhango wabereye i Remera kuri Hotel Hilltop, amasaha make mbere y’uko iyi kipe ihaguruka yerekeza muri Maroc mu mujyi wa Agadir uherereye ku Nyanja ya Atlantique ahazabera aya marushanwa yo ku rwego rwa Afurika mu cyumweru gitaha.

Ikipe rusange yahagurutse n’indege ya Turkish Airlines ku isaa saba n’iminota 30 z’ijoro, izagera mu mujyi wa Istanbul ku isaa tata na 40 ku isaha ya Kigali, ikomereze i Casablanca aho iazahagera ku isaa 15:50. Izava i Casablanca ku isaa 18:20 igere mu mujyi wa Agadir ku isaa 19:20.Image

Akumuntu Kavalo Patrick ukinana na Ntagengwa OlivierImage

Ntagengwa Olivier akinana na Kavalo Akumuntu Patrick

 

Abakinnyi b’u Rwanda mu  cyiciro cy’abagabo hari ikipe ya mbere igizwe na Ntagengwa Olivier ufatanya na Akumuntu Kavalo Patrick naho ikipe ya kabiri igizwe na  Gatsinzi Venuste ufatanya na Habanzintwari Fils.

Mu bagore ikipe y’u Rwanda  ya mbere igizwe na Nzayisenga Charlotte na Munezero Valentine naho ikipe ya kabiri igizwe na Mukantambara Seraphine ufatanya na Mukandayisenga Benitha.

Kubera COVID-19, imikino Olempike yagombaga kuba umwaka ushize muri 2020 yimuriwe muri 2021. Iyi mikino yo gushaka itike na yo ikaba yaragombaga kuba umwaka ushize wa 2020.

Imikino yo gushaka itike yagombaga gukinwa mu byiciro bitatu nyuma y’imikino y’amajonjora ya mbere amakipe akaba yari yashyizwe mu matsinda kugira ngo habe icyiciro cya kabiri ndetse n’icyiciro cya gatatu ari na cyo cya nyuma.   Iyi mikino y’ijonjora  yagombaga gukinirwa  mu bihugu bitandukanye birimo  u Rwanda, Sierra Leone, Nigeria, Uganda, Gambia, Mozambique na Tanzania.

Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika “CAVB” yatangaje ko kugira ngo iyi mikino ibe hakurikizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19, imikino y’amajonjora

y’icyiciro cya kabiri n’icya nyuma igomba kubera muri Maroc aho izitabirwa  n’ibihugu 24 mu bagabo ndetse na 17 mu bagore.ImageHabanzintwari Fils  ukinana na Gatsinzi Venuste

Amakipe azitabira iyi mikino:

Mu bagabo hari Benin, Botswana, Congo Brazzaville, Misiri, Gambia, Ghana, Cote d’Ivoire, Kenya, Mali, Maroc, Mauritius, Mozambique, Niger, Nigeria, Rwanda, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani y’Amajyepfo, Sudani, Tanzania, Togo, Tunisia, Zambia na Zimbabwe.

Amakipe 17 mu bagore ni Afurika y’Epfo, Cap Vert, Cote d’Ivoire, Misiri, Gambia, Ghana, Kenya, Maroc, Mozambique, Niger, Nigeria, RDC, Rwanda, Sierra Leone, Sudani na Zambia.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 10 =

Previous Post

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Next Post

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.