Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in SIPORO
0
Ikipe z’u Rwanda muri Beach Volleyball zerekeje muri Maroc gushaka itike y’imikino Olempike
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’uyu wa gatandatu tariki 19 Kamena 2021, amakipe ane y’u Rwanda (abagabo/ abagore) akina BeachVolleyball yafashe urugendo agana muri Maroc mu mujyi wa Agadir ahazabera imikino ya nyuma yo gushaka itike y’imikino Olempike izabera i Tokyo mu Buyapani tariki 23 Nyakanga kugeza 08 Kanama 2021. Iri rushanwa ryo gushaka itike biteganyijwe ko rizabera muri Maroc kuva tariki 21 kugeza 28 Kamena 2021.

Mbere yo guhaguruka, abayobozi b’Ishyirahamwe Nyarwanda rya Volleyball barimo Perezida, Ngarambe Raphael, Visi Perezida Bagirishya Jean de Dieu (Jado Castar) n’Umubitsi mukuru Garigirwa Grace bari kumwe n’umuyobozi w’akarere ka 5 muri Volleyball, Ruterana Fernand Sauveur ndetse n’Umunyamabanga mukuru wa Komite Olympique y’u Rwanda, Kajangwe Joseph bahaye ibendera ry’igihugu ikipe igiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa ya Beach Volleyball yo gushaka itike y’imikino Olympique ya 2020.

Ni umuhango wabereye i Remera kuri Hotel Hilltop, amasaha make mbere y’uko iyi kipe ihaguruka yerekeza muri Maroc mu mujyi wa Agadir uherereye ku Nyanja ya Atlantique ahazabera aya marushanwa yo ku rwego rwa Afurika mu cyumweru gitaha.

Ikipe rusange yahagurutse n’indege ya Turkish Airlines ku isaa saba n’iminota 30 z’ijoro, izagera mu mujyi wa Istanbul ku isaa tata na 40 ku isaha ya Kigali, ikomereze i Casablanca aho iazahagera ku isaa 15:50. Izava i Casablanca ku isaa 18:20 igere mu mujyi wa Agadir ku isaa 19:20.Image

Akumuntu Kavalo Patrick ukinana na Ntagengwa OlivierImage

Ntagengwa Olivier akinana na Kavalo Akumuntu Patrick

 

Abakinnyi b’u Rwanda mu  cyiciro cy’abagabo hari ikipe ya mbere igizwe na Ntagengwa Olivier ufatanya na Akumuntu Kavalo Patrick naho ikipe ya kabiri igizwe na  Gatsinzi Venuste ufatanya na Habanzintwari Fils.

Mu bagore ikipe y’u Rwanda  ya mbere igizwe na Nzayisenga Charlotte na Munezero Valentine naho ikipe ya kabiri igizwe na Mukantambara Seraphine ufatanya na Mukandayisenga Benitha.

Kubera COVID-19, imikino Olempike yagombaga kuba umwaka ushize muri 2020 yimuriwe muri 2021. Iyi mikino yo gushaka itike na yo ikaba yaragombaga kuba umwaka ushize wa 2020.

Imikino yo gushaka itike yagombaga gukinwa mu byiciro bitatu nyuma y’imikino y’amajonjora ya mbere amakipe akaba yari yashyizwe mu matsinda kugira ngo habe icyiciro cya kabiri ndetse n’icyiciro cya gatatu ari na cyo cya nyuma.   Iyi mikino y’ijonjora  yagombaga gukinirwa  mu bihugu bitandukanye birimo  u Rwanda, Sierra Leone, Nigeria, Uganda, Gambia, Mozambique na Tanzania.

Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika “CAVB” yatangaje ko kugira ngo iyi mikino ibe hakurikizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19, imikino y’amajonjora

y’icyiciro cya kabiri n’icya nyuma igomba kubera muri Maroc aho izitabirwa  n’ibihugu 24 mu bagabo ndetse na 17 mu bagore.ImageHabanzintwari Fils  ukinana na Gatsinzi Venuste

Amakipe azitabira iyi mikino:

Mu bagabo hari Benin, Botswana, Congo Brazzaville, Misiri, Gambia, Ghana, Cote d’Ivoire, Kenya, Mali, Maroc, Mauritius, Mozambique, Niger, Nigeria, Rwanda, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani y’Amajyepfo, Sudani, Tanzania, Togo, Tunisia, Zambia na Zimbabwe.

Amakipe 17 mu bagore ni Afurika y’Epfo, Cap Vert, Cote d’Ivoire, Misiri, Gambia, Ghana, Kenya, Maroc, Mozambique, Niger, Nigeria, RDC, Rwanda, Sierra Leone, Sudani na Zambia.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 5 =

Previous Post

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Next Post

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Kicukiro: Mu murenge wa Kanombe batangije ubukangurambaga bwo gutanga ubwisungane mu kwivuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.