• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa indangamuntu koranabuhanga, baravuga ko bayitegerezanyije amatsiko, kandi ko bayitezeho kuzakemura bimwe mu bibazo bahuraga na byo.

Iki gikorwa cyatangiriye mu Turere twa Huye, Gisagara na Nyanza; two mu Ntara y’Amajyepfo, aho abaturage bari kujya gukosoza imyirondo yabo isanzwe iri muri sisitemi y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA.

Enok Mugisha, umwe mu baturage bitabiriye iki gikorwa, avuga ko iyi ndangamuntu nshya izorohereza abaturage muri serivisi basanzwe baka mu nzego za Leta.

Ati “Hari igihe ujya kwaka serivisi ugasanga indangamuntu yawe ifite amakosa cyangwa itagaragaza amakuru yose. Kuba batuzaniye uburyo bushya bugezweho, bizadufasha cyane kubona serivisi vuba kandi neza.”

Niyonzima Jean Claude na we avuga ko iyi gahunda igaragaza icyerekezo cyiza mu kunoza imitangire ya serivisi, nk’imwe mu ntego za Leta y’u Rwanda.

Ati “Iyi ndangamuntu izafasha Leta kumenya amakuru yacu byihuse, natwe bigatuma tubona serivisi zitandukanye mu buryo bworoshye, nko gufungura konti cyangwa gusaba pasiporo, n’ibindi.”

Nubwo bishimira iyi gahunda, hari bamwe mu baturage bavuga muri iki gikorwa cyo gukosora imyirondoro bahabwe ikarita ndangamuntu bari guhura n’ibibazo bitandukanye nko kubura internet, bigatuma badahita bakorerwa bigasaba ko bataha bakazongera gusubirayo.

Uwimana Chantal wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yagize ati “Twaje mu gitondo dufite ibyangombwa byose, ariko internet yabuze inshuro nyinshi, bamwe barataha batabashije gukosorerwa. Twifuza ko byanozwa kugira ngo twese tubone indangamuntu nshya neza.”

Hategekimana Thaddée avuga ko hari n’abagaragayeho amakuru adahuye n’irangamimerere yabo, bigatuma basabwa ibindi byangombwa by’inyongera.

Ati “Bamwe bagasanga amazina yabo atandukanye n’ayanditse mu bitabo by’irangamimerere, bakoherezwa kuzagaruka bafite ibyangombwa byemeza ayo makuru. Ibyo bitwara igihe n’amafaranga.”

Mutijima Bernard, umukozi ushinzwe gukurikirana iki gikorwa mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko ibyo bibazo biri gukurikiranwa kandi bigenda bikemuka uko iminsi igenda ishira.

Ati “Ibibazo bigenda biboneka ni ikirere kiba kitameze neza, ndetse n’utundi tubazo tugenda tugaragara tukadukosora, ariko uko igihe kiri kugenda gishira byose bragenda bikemuka ni uko ari mu itangira.”

Uyu mushinga w’indangamuntu koranabuhanga uteganyijwe gutwara arenga miliyari 101 Frw, ukazafasha mu kunoza uburyo amakuru y’umuturage aboneka kandi agakoreshwa mu buryo bwihuse.

Bavuga ko bategerezanyije amatsiko menshi iyi ndangamuntu

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Next Post

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.