Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwirwaruhame nyinshi twavuze igihe kirageze ngo tuzigabanye dukore ibyo twasezeranyije abaturage- Kagame

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Imbwirwaruhame nyinshi twavuze igihe kirageze ngo tuzigabanye dukore ibyo twasezeranyije abaturage- Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abayobozi bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bakunze gusezeranya byinshi abatuye mu Bihugu bigize uyu muryango bityo ko igihe kigeze ngo ibyemeranyijweho bishyirwe mu bikorwa.

Perezida Paul Kagame yatangaje ibi mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano yo guha ikaze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Muri uyu muhango wabereye i Nairobi muri Kenya, Perezida Paul Kagame yashimye intambwe yatewe yo kwinjiza DRC mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aboneraho gushimira by’umwihariko Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye EAC ndetse na Felix Tshisekedi mu kazi bakoze kugira ngo iyi ntambwe igerweho.

Ati “Twebwe akazi kacu kari ako kubihamya no guha ikaze DRC mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Twaje hano kugira ngo tubikore.”

Amasezerano ashyiraho uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aha uburenganzira abatuye mu Bihugu biwugize kugenderana nta nkomyi ndetse no gukuraho imbagamizi mu rwego rw’ubucuruzi, abaturage bakarushaho guhahirana.

Mu mpera z’ukwezi gushize ubwo DRC yemererwaga kujya muri EAC mu buryo budasubirwaho, abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango, bavuze ko igihe kigeze ngo uyu muryango urusheho kugirira inyungu abatuye mu Bihugu biwugize.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yavuze ko igihe kigeze ngo ibyo Ibihugu byiyemeje bishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Twagiye dutambutsa imbwirwaruhame nyinshi mu bihe byatambutse. Birakwiye ko dushyira mu bikorwa ibyo twagiye dutangariza abaturage.”

Perezida Kagame yizeje ko ashyigikiye byimazeyo uku kwishyira hamwe no kwagura uyu muryango  wa Afurika y’Iburasirazuba mu rwego rwo kugera ku ntego zawo.

Perezida Kagame avuga ko igihe kigeze ngo ibyagiye byiyemezwa bishyira mu bikorwa
Abakuru b’Ibihugu biyemeje gukomeza kuzamura uyu muryango wa EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Next Post

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.