Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA
1
Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi
Share on FacebookShare on Twitter

Anaya Abe Ndengeyingoma, imfura ya Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, ari mu bana bakorewe ibirori byo gusoza icyiciro mu irerero Eza-Urugwiro ECD ryo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro.

Amashusho dukesha Umuryango Imbuto Foundation, watangije irerero Eza-Urugwiro ECD rikorera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, agaragaza abana basoje icyiciro kimwe, bari gukorerwa ibirori byo kuzamuka mu kindi.

Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse kuzuza imyaka itatu y’amavuko muri Nyakanga 2023, ni umwe mu bana basoje icyiciro kimwe mu Irerero Eza-Urugwiro ECD, akaba agiye kwinjira mu cyiciro cy’amashuri y’incuke.

Uyu muhango wayobowe na Madamu Jeannette Kagame, warimo kandi na Ange Ingabire Kagame ndetse n’umugabo we Betrand Ndengeyingoma bari aje gushyigikira imfura yabo igiye kwinjira mu kindi cyiciro.

Well done to all our amazing little ones!

We had a wonderful graduation ceremony today, celebrating the transition of our future top students from our Eza-Urugwiro ECD at @UrugwiroVillage. At the centre, trained caregivers create a nurturing and educational atmosphere where… pic.twitter.com/yqV8pOZ70q

— Imbuto Foundation (@Imbuto) August 31, 2023

Ubutumwa bwa Imbuto Foundation, buvuga ko “Twagize ibirori byiza byo gusoza icyiciro kimwe, no kwinjiza mu kindi abanyeshuri ba mbere biga mu irerero rya Eza-Urugwiro ECD ryo muri Village Urugwiro.”

Ubuyobozi bwa Imbuto Foundation buvuga ko, muri iri rerero, abazobereye mu kwita ku bana, bafasha aba bana mu bijyanye n’imirire ndetse n’uburere butegura amasomo yo mu bindi byiciro, aho hakirwa abana kuva ku mezi atatu kugeza ku myaka itatu.

Iri rerero Eza-Urugwiro ECD riri muri Perezidandi ya Repubulika, ryatangijwe muri 2021 ku bufatanye bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Umuryango Imbuto Foundation ndetse na Unity Club.

Anaya Abe Ndengeyingoma ari mu bana bakorewe Graduation
Bakorewe ibirori binogeye ijisho
Madamu Jeannette Kagame yari ari muri ibi birori

RADIOTV10

Comments 1

  1. Pierrot says:
    2 years ago

    Ni byiza. Kandi batanze urugero rwiza ku bandi banyarwanda

    Reply

Leave a Reply to Pierrot Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + six =

Previous Post

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Next Post

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Related Posts

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye gusubiza abirirwa bashinja u Rwanda ibinyoma ko ruri muri DRC, avuga ko ababibajije yabasubije kenshi ko...

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

by radiotv10
05/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b'Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i...

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bakwiye guhora bumva ko kubaho neza nk’uko benshi ku Isi babayeho ari intego ihoraho,...

IZIHERUKA

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo
MU RWANDA

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

05/02/2026
REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

05/02/2026
Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

05/02/2026
Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

05/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.