Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA
1
Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi
Share on FacebookShare on Twitter

Anaya Abe Ndengeyingoma, imfura ya Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, ari mu bana bakorewe ibirori byo gusoza icyiciro mu irerero Eza-Urugwiro ECD ryo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro.

Amashusho dukesha Umuryango Imbuto Foundation, watangije irerero Eza-Urugwiro ECD rikorera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, agaragaza abana basoje icyiciro kimwe, bari gukorerwa ibirori byo kuzamuka mu kindi.

Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse kuzuza imyaka itatu y’amavuko muri Nyakanga 2023, ni umwe mu bana basoje icyiciro kimwe mu Irerero Eza-Urugwiro ECD, akaba agiye kwinjira mu cyiciro cy’amashuri y’incuke.

Uyu muhango wayobowe na Madamu Jeannette Kagame, warimo kandi na Ange Ingabire Kagame ndetse n’umugabo we Betrand Ndengeyingoma bari aje gushyigikira imfura yabo igiye kwinjira mu kindi cyiciro.

Well done to all our amazing little ones!

We had a wonderful graduation ceremony today, celebrating the transition of our future top students from our Eza-Urugwiro ECD at @UrugwiroVillage. At the centre, trained caregivers create a nurturing and educational atmosphere where… pic.twitter.com/yqV8pOZ70q

— Imbuto Foundation (@Imbuto) August 31, 2023

Ubutumwa bwa Imbuto Foundation, buvuga ko “Twagize ibirori byiza byo gusoza icyiciro kimwe, no kwinjiza mu kindi abanyeshuri ba mbere biga mu irerero rya Eza-Urugwiro ECD ryo muri Village Urugwiro.”

Ubuyobozi bwa Imbuto Foundation buvuga ko, muri iri rerero, abazobereye mu kwita ku bana, bafasha aba bana mu bijyanye n’imirire ndetse n’uburere butegura amasomo yo mu bindi byiciro, aho hakirwa abana kuva ku mezi atatu kugeza ku myaka itatu.

Iri rerero Eza-Urugwiro ECD riri muri Perezidandi ya Repubulika, ryatangijwe muri 2021 ku bufatanye bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Umuryango Imbuto Foundation ndetse na Unity Club.

Anaya Abe Ndengeyingoma ari mu bana bakorewe Graduation
Bakorewe ibirori binogeye ijisho
Madamu Jeannette Kagame yari ari muri ibi birori

RADIOTV10

Comments 1

  1. Pierrot says:
    2 years ago

    Ni byiza. Kandi batanze urugero rwiza ku bandi banyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 6 =

Previous Post

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Next Post

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.