• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in MU RWANDA
1
Imfura ya Ange Kagame yakoze ‘Graduation’ mu irerero ryo muri Perezidansi
Share on FacebookShare on Twitter

Anaya Abe Ndengeyingoma, imfura ya Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, ari mu bana bakorewe ibirori byo gusoza icyiciro mu irerero Eza-Urugwiro ECD ryo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro.

Amashusho dukesha Umuryango Imbuto Foundation, watangije irerero Eza-Urugwiro ECD rikorera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, agaragaza abana basoje icyiciro kimwe, bari gukorerwa ibirori byo kuzamuka mu kindi.

Anaya Abe Ndengeyingoma uherutse kuzuza imyaka itatu y’amavuko muri Nyakanga 2023, ni umwe mu bana basoje icyiciro kimwe mu Irerero Eza-Urugwiro ECD, akaba agiye kwinjira mu cyiciro cy’amashuri y’incuke.

Uyu muhango wayobowe na Madamu Jeannette Kagame, warimo kandi na Ange Ingabire Kagame ndetse n’umugabo we Betrand Ndengeyingoma bari aje gushyigikira imfura yabo igiye kwinjira mu kindi cyiciro.

Well done to all our amazing little ones!

We had a wonderful graduation ceremony today, celebrating the transition of our future top students from our Eza-Urugwiro ECD at @UrugwiroVillage. At the centre, trained caregivers create a nurturing and educational atmosphere where… pic.twitter.com/yqV8pOZ70q

— Imbuto Foundation (@Imbuto) August 31, 2023

Ubutumwa bwa Imbuto Foundation, buvuga ko “Twagize ibirori byiza byo gusoza icyiciro kimwe, no kwinjiza mu kindi abanyeshuri ba mbere biga mu irerero rya Eza-Urugwiro ECD ryo muri Village Urugwiro.”

Ubuyobozi bwa Imbuto Foundation buvuga ko, muri iri rerero, abazobereye mu kwita ku bana, bafasha aba bana mu bijyanye n’imirire ndetse n’uburere butegura amasomo yo mu bindi byiciro, aho hakirwa abana kuva ku mezi atatu kugeza ku myaka itatu.

Iri rerero Eza-Urugwiro ECD riri muri Perezidandi ya Repubulika, ryatangijwe muri 2021 ku bufatanye bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Umuryango Imbuto Foundation ndetse na Unity Club.

Anaya Abe Ndengeyingoma ari mu bana bakorewe Graduation
Bakorewe ibirori binogeye ijisho
Madamu Jeannette Kagame yari ari muri ibi birori

RADIOTV10

Comments 1

  1. Pierrot says:
    3 years ago

    Ni byiza. Kandi batanze urugero rwiza ku bandi banyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + two =

Previous Post

Abasore bibye 300.000Frw bafatwa basigaranye macye andi bayanywereye banaguzemo inyama

Next Post

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Umuyobozi wo muri Nigeria ukubutse mu Rwanda yavuye imuzi amasomo ahanitse yatahanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.