Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare y’abanduye COVID-19 yongeye gutumbagira igera muri 300 ku munsi umwe

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
Imibare y’abanduye COVID-19 yongeye gutumbagira igera muri 300 ku munsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare y’abagaragaweho ubwandu bwa COVID-19 mu Rwanda yongeye kuzamuka kuko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021 hagaragaye abanduye bashya 306 naho umuntu umwe akaba yahitanywe n’iki cyorezo gikomeje kwihinduranya.

Imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima kuva COVID-19 yagera mu Rwanda, n’ubundi muri uku kwezi yari yazamutse aho nko mu cyumweru gishize hari hagaragaye abanduye 948 barimo 399 bagaragaye mu minsi y’impera z’icyumweru (Ku wa Gatandatu no ku Cyumweru).

Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021, iyi mibare yongeye gutumbagira aho hagaragaye abantu 306 bashya basanganywe ubwandu bw’iki cyorezo.

Muri bo harimo abantu 260 bo mu Mujyi wa Kigali mu gihe abandi ari abo mu tundi Turere 10 turimo Rusizi yagaragayemo 19 ari na yo ikurikira Umujyi wa Kigali.

Ubutumwa bwa Minisiteri y’Ubuzima bugaragaza iyi mibare, buvuga kandi ko COVID-19 yishe umuntu umwe w’umugabo, ikaba yihanganishije umuryango we.

Icyorezo cya COVID-19 cyongeye kubura umutwe nyuma y’igihe gitanze agahenge, ibi bikaba byanatumye Guverinoma y’u Rwanda ikaza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ryacyo nko kuba abakozi ba Leta barasabwe gukorera mu rugo uretse abakora muri serivisi zikenerwa n’abaturage.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yahagaritse ibikorwa binyuranye birimo ibitaramo, ibirori by’iminsi mikuru, ibikorwa byo kwiyakira mu bukwe ndetse inagabanya imibare y’abitabira ibikorwa binyuranye.

Hashyizweho kandi gahunda yo kuba abitabira ibikorwa binyuranye bagomba kuba barikingije byuzuye nk’utubari, restaurant, ndetse no kwitabira amateraniro mu nsengero.

Nanone kandi kuva kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021 abaturage bose bava n’abajya mu Mujyi wa Kigali bagomba kugaragaza ko bikingije COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

AMAFOTO: Bijoux yakorewe ibirori byo gusezera urugendo rwo kwirarana

Next Post

Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

by radiotv10
11/07/2025
0

President Paul Kagame has been honored with an award by the World Health Organization (WHO) for his leadership in advocating...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Doha muri Qatar ahabera ibiganiro bihuza Guverinoma ya...

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

by radiotv10
11/07/2025
0

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

11/07/2025
Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

11/07/2025
Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.- President Kagame honored with award by the WHO

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.