Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wongeye kwamagana imikoranire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, usaba ko iyi mikoranire ihagarara burundu.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2024, aho wanagarutse ku mutwe wa M23 umaze iminsi wigarurira ibindi bice mu burasirazuba bwa DRC, birimo Masisi uherutse gufata.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, watangaje ko uhangayikishijwe no kuba uyu mutwe wa M23 ukomeje gutera intambwe unafata ibi bice byo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iri tangazo rya EU rigira riti “Kuba M23 ikomeje gutera intambwe bigize impamvu zikomeye zo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano kemejwe. Ibiheruka kuba byazambije cyane imbaraga n’intambwe byari bimaze guterwa mu guhosha ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.”

Uyu Muryango ukigendera ku binyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo ko M23 ifashwa n’u Rwanda nubwo rutahwemye kubinyomoza, wakomeje usaba uyu mutwe “gusubira inyuma vuba na bwangu” ngo no kuba u Rwanda rugomba guhagarika imikoranire n’uyu mutwe.

Uyu Muryango wasabye kandi ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika imikoranire yose n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro.

Mu biganiro by’i Luanda bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, hari hatewe intambwe yo gusinya amasezerano yo gusenya umutwe wa FDLR, ariko kuva yashyirwaho umukono, ubutegetsi bwa Congo, bwakomeje gukorana n’uyu mutwe urwanya u Rwanda, ndetse abarwanyi bawo bakaba bakomeje gukorana na FARDC mu mirwano iyihanganishije na M23, nk’uko byemwe na bamwe mu basirikare ba Congo bafatiwe ku rugamba.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi wavuze ko uhangayikishijwe n’ibibazo bikomeje kugariza abaturage bo mu bice biri kuberamo imirwano, wasabye ko hubahirizwa imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda, ndetse unateguza ibihano ku bagira uruhare muri ibi bibazo by’amakimbirane n’ibihonyora uburenganzira bwa muntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 6 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi

Next Post

Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.