Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wongeye kwamagana imikoranire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, usaba ko iyi mikoranire ihagarara burundu.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2024, aho wanagarutse ku mutwe wa M23 umaze iminsi wigarurira ibindi bice mu burasirazuba bwa DRC, birimo Masisi uherutse gufata.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, watangaje ko uhangayikishijwe no kuba uyu mutwe wa M23 ukomeje gutera intambwe unafata ibi bice byo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iri tangazo rya EU rigira riti “Kuba M23 ikomeje gutera intambwe bigize impamvu zikomeye zo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano kemejwe. Ibiheruka kuba byazambije cyane imbaraga n’intambwe byari bimaze guterwa mu guhosha ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.”

Uyu Muryango ukigendera ku binyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo ko M23 ifashwa n’u Rwanda nubwo rutahwemye kubinyomoza, wakomeje usaba uyu mutwe “gusubira inyuma vuba na bwangu” ngo no kuba u Rwanda rugomba guhagarika imikoranire n’uyu mutwe.

Uyu Muryango wasabye kandi ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika imikoranire yose n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro.

Mu biganiro by’i Luanda bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, hari hatewe intambwe yo gusinya amasezerano yo gusenya umutwe wa FDLR, ariko kuva yashyirwaho umukono, ubutegetsi bwa Congo, bwakomeje gukorana n’uyu mutwe urwanya u Rwanda, ndetse abarwanyi bawo bakaba bakomeje gukorana na FARDC mu mirwano iyihanganishije na M23, nk’uko byemwe na bamwe mu basirikare ba Congo bafatiwe ku rugamba.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi wavuze ko uhangayikishijwe n’ibibazo bikomeje kugariza abaturage bo mu bice biri kuberamo imirwano, wasabye ko hubahirizwa imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda, ndetse unateguza ibihano ku bagira uruhare muri ibi bibazo by’amakimbirane n’ibihonyora uburenganzira bwa muntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − twelve =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi

Next Post

Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.