Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wongeye kwamagana imikoranire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, usaba ko iyi mikoranire ihagarara burundu.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2024, aho wanagarutse ku mutwe wa M23 umaze iminsi wigarurira ibindi bice mu burasirazuba bwa DRC, birimo Masisi uherutse gufata.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, watangaje ko uhangayikishijwe no kuba uyu mutwe wa M23 ukomeje gutera intambwe unafata ibi bice byo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iri tangazo rya EU rigira riti “Kuba M23 ikomeje gutera intambwe bigize impamvu zikomeye zo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano kemejwe. Ibiheruka kuba byazambije cyane imbaraga n’intambwe byari bimaze guterwa mu guhosha ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.”

Uyu Muryango ukigendera ku binyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo ko M23 ifashwa n’u Rwanda nubwo rutahwemye kubinyomoza, wakomeje usaba uyu mutwe “gusubira inyuma vuba na bwangu” ngo no kuba u Rwanda rugomba guhagarika imikoranire n’uyu mutwe.

Uyu Muryango wasabye kandi ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika imikoranire yose n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro.

Mu biganiro by’i Luanda bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, hari hatewe intambwe yo gusinya amasezerano yo gusenya umutwe wa FDLR, ariko kuva yashyirwaho umukono, ubutegetsi bwa Congo, bwakomeje gukorana n’uyu mutwe urwanya u Rwanda, ndetse abarwanyi bawo bakaba bakomeje gukorana na FARDC mu mirwano iyihanganishije na M23, nk’uko byemwe na bamwe mu basirikare ba Congo bafatiwe ku rugamba.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi wavuze ko uhangayikishijwe n’ibibazo bikomeje kugariza abaturage bo mu bice biri kuberamo imirwano, wasabye ko hubahirizwa imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda, ndetse unateguza ibihano ku bagira uruhare muri ibi bibazo by’amakimbirane n’ibihonyora uburenganzira bwa muntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi

Next Post

Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Imibare ikomeje kwiyongera y’abahitanywe n’umutingito wasize amarira menshi mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.