Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagizweho ingaruka n’inkuba iherutse gukubita abantu icyenda mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaguru barimo umubyeyi wasize uruhinja ry’ibyumweru bitatu, yaremewe ihabwa ibikoresho binyuranye ndetse n’ibihumbi 200 Frw kuri buri muryango.

Ni nyuma y’uko inkuba ikubise abantu mu Turere twa Ngororero na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba ndetse no mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Nyuma y’aka kaga, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yageneye ubutumwa bwo gufata mu mugongo, imiryango yabuze ababo bahitanywe n’iyi nkuba, inabagenera ibihumbi 200 Frw kuri buri muryango, ndetse inabafasha mu bikorwa byo guherekeza abayo.

Jean Paul Ndindiriyimana, umugabo w’umwe mu bahitanywe n’iyi nkuba, yavuze ko ubwo ibi byabaga hari nka saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ubwo hagwaga imvura nyinshi.

Ati “Ni bwo nabonye umwana wanjye yikubita hasi nyuma y’umurabyo, mu gihe nkiri kureba ibibaye, umugore wanjye na we yitura hasi. Twahise tubajyana ku Bitaro, ariko ku bw’ibyago umugore wanjye yaje kugwa mu nzira, umwana wanjye ararokoka.”

Nk’uko bitangazwa na MINEMA, iyi nkuba yanishe inka eshatu zo mu Mudugudu wa Gishwati mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba.

Naho abagize ibibazo ndetse n’abagize ihungabana kubera inkuba, bajyanywe mu Bitaro nk’uko byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Jean de Dieu Mpayimana na we waburiye umugore we muri aka kaga, yashimye Guverinoma y’u Rwanda ku bwo kuba yabazirikanye ikabafata mu mugongo muri ibi bihe by’akaga.

Ati “Umugore wanjye yishwe n’inkuba nanjye yari impitanye Imana igakinga akaboko. Inkunga twahawe na MINEMA yaziye igihe. Bampaye ibihumbi magana abiri mu kwifashisha muri ibyo bihe by’akababaro.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, kandi nanone imiryango yaburiye abayo muri aka kaga, yanashyikirijwe inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’ibihumbi 300 Frw.

Umuryango wa nyakwigendera Joselyne Nziyonsanga wasize uruhinja rw’ibyumweru, wahawe ibihumbi 200 Frw bizawufasha mu kwita kuri uru ruhinja, aho umuryango warwo uvuga ko uzabasha kubona amata y’uyu mwana.

Bahawe ibikoresho birimo n’ibyo mu rugo
N’ibyo kurya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 16 =

Previous Post

Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID

Next Post

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.