Sunday, February 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagizweho ingaruka n’inkuba iherutse gukubita abantu icyenda mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaguru barimo umubyeyi wasize uruhinja ry’ibyumweru bitatu, yaremewe ihabwa ibikoresho binyuranye ndetse n’ibihumbi 200 Frw kuri buri muryango.

Ni nyuma y’uko inkuba ikubise abantu mu Turere twa Ngororero na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba ndetse no mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Nyuma y’aka kaga, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yageneye ubutumwa bwo gufata mu mugongo, imiryango yabuze ababo bahitanywe n’iyi nkuba, inabagenera ibihumbi 200 Frw kuri buri muryango, ndetse inabafasha mu bikorwa byo guherekeza abayo.

Jean Paul Ndindiriyimana, umugabo w’umwe mu bahitanywe n’iyi nkuba, yavuze ko ubwo ibi byabaga hari nka saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ubwo hagwaga imvura nyinshi.

Ati “Ni bwo nabonye umwana wanjye yikubita hasi nyuma y’umurabyo, mu gihe nkiri kureba ibibaye, umugore wanjye na we yitura hasi. Twahise tubajyana ku Bitaro, ariko ku bw’ibyago umugore wanjye yaje kugwa mu nzira, umwana wanjye ararokoka.”

Nk’uko bitangazwa na MINEMA, iyi nkuba yanishe inka eshatu zo mu Mudugudu wa Gishwati mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba.

Naho abagize ibibazo ndetse n’abagize ihungabana kubera inkuba, bajyanywe mu Bitaro nk’uko byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Jean de Dieu Mpayimana na we waburiye umugore we muri aka kaga, yashimye Guverinoma y’u Rwanda ku bwo kuba yabazirikanye ikabafata mu mugongo muri ibi bihe by’akaga.

Ati “Umugore wanjye yishwe n’inkuba nanjye yari impitanye Imana igakinga akaboko. Inkunga twahawe na MINEMA yaziye igihe. Bampaye ibihumbi magana abiri mu kwifashisha muri ibyo bihe by’akababaro.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, kandi nanone imiryango yaburiye abayo muri aka kaga, yanashyikirijwe inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’ibihumbi 300 Frw.

Umuryango wa nyakwigendera Joselyne Nziyonsanga wasize uruhinja rw’ibyumweru, wahawe ibihumbi 200 Frw bizawufasha mu kwita kuri uru ruhinja, aho umuryango warwo uvuga ko uzabasha kubona amata y’uyu mwana.

Bahawe ibikoresho birimo n’ibyo mu rugo
N’ibyo kurya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − seven =

Previous Post

Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID

Next Post

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

31/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.