Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagizweho ingaruka n’inkuba iherutse gukubita abantu icyenda mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaguru barimo umubyeyi wasize uruhinja ry’ibyumweru bitatu, yaremewe ihabwa ibikoresho binyuranye ndetse n’ibihumbi 200 Frw kuri buri muryango.

Ni nyuma y’uko inkuba ikubise abantu mu Turere twa Ngororero na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba ndetse no mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Nyuma y’aka kaga, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yageneye ubutumwa bwo gufata mu mugongo, imiryango yabuze ababo bahitanywe n’iyi nkuba, inabagenera ibihumbi 200 Frw kuri buri muryango, ndetse inabafasha mu bikorwa byo guherekeza abayo.

Jean Paul Ndindiriyimana, umugabo w’umwe mu bahitanywe n’iyi nkuba, yavuze ko ubwo ibi byabaga hari nka saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ubwo hagwaga imvura nyinshi.

Ati “Ni bwo nabonye umwana wanjye yikubita hasi nyuma y’umurabyo, mu gihe nkiri kureba ibibaye, umugore wanjye na we yitura hasi. Twahise tubajyana ku Bitaro, ariko ku bw’ibyago umugore wanjye yaje kugwa mu nzira, umwana wanjye ararokoka.”

Nk’uko bitangazwa na MINEMA, iyi nkuba yanishe inka eshatu zo mu Mudugudu wa Gishwati mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba.

Naho abagize ibibazo ndetse n’abagize ihungabana kubera inkuba, bajyanywe mu Bitaro nk’uko byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Jean de Dieu Mpayimana na we waburiye umugore we muri aka kaga, yashimye Guverinoma y’u Rwanda ku bwo kuba yabazirikanye ikabafata mu mugongo muri ibi bihe by’akaga.

Ati “Umugore wanjye yishwe n’inkuba nanjye yari impitanye Imana igakinga akaboko. Inkunga twahawe na MINEMA yaziye igihe. Bampaye ibihumbi magana abiri mu kwifashisha muri ibyo bihe by’akababaro.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, kandi nanone imiryango yaburiye abayo muri aka kaga, yanashyikirijwe inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’ibihumbi 300 Frw.

Umuryango wa nyakwigendera Joselyne Nziyonsanga wasize uruhinja rw’ibyumweru, wahawe ibihumbi 200 Frw bizawufasha mu kwita kuri uru ruhinja, aho umuryango warwo uvuga ko uzabasha kubona amata y’uyu mwana.

Bahawe ibikoresho birimo n’ibyo mu rugo
N’ibyo kurya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 5 =

Previous Post

Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID

Next Post

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Imwe mu makipe y’ibigwi mu Rwanda idaheruka kwigaragaza irakataje yitegura kugarukana imbaraga (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.