• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

radiotv10by radiotv10
02/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto y’umuriro w’amashanyarasi ariko imyaka ibiri irihiritse batarawuca iryera.

Aba abaturage batuye mu Mudugudu wa Kagera, Akagari ka Bahimba mu murenge wa Nyundo bavuga ko mu myaka ibiri ishize bari bizeye ko na bo bagiye kugerwaho n’iri terambere ry’amashanyarazi ubwo REG yabashingiraga amapoto inabizeza kubagezaho amashanyarazi bidatinze, none icyizere cyabaye cya kindi kiraza amasinde.

Mfitumukiza Jean Damascene ati “Bazanye amapoto baradushingira ariko imyaka ibiri irashize nta muriro kandi bazanye transfo bazana amatsinga ariko umuriro bawugeza mu ngo ebyiri gusa barigendera tugira ngo bazagaruka turaheba.”

Ikingeneye Angelique na we yagize ati “Ikibazo ahubwo amwe yatangiye kugwa kuko imyaka itatu ahagaze simike.”

Bakomeza bagaragaza ko uko gutinda kubona amashanyarazi kandi amapoto ashinze, bidindiza iterambere ryabo bityo bagasaba ko bahabwa umuriro.

Ntibazankwira Joseph ati “Byaratuyobeye niba ari umutako w’amapoto batuzaniye, ubu tuzagume tubireba ntacyo bitumariye? Twasaba ngo natwe baduhereze umuriro ducane nk’abandi.”

Muhire Christian uyobora REG ishami rya Rubavu avuga ko bitarenze mu ntangiriro z’umwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2025-2026 aba baturage bazaba bamaze kugezwaho umuriro.

Ati “Twabanje kubaka umuyoboro wa low voltage ikigiye gukurikira ni ukuwugeza mu ngo z’abaturage kandi bitarenze mu ntangiriro z’umwaka w’ingengo y’imari itaha ya 2025-2026 bizaba byakozwe rwose bashonje bahishiwe kuko nk’uko turi kubikora ahandi na ho tuzahagera.”

Imibare y’ubushakashatsi ku mibereho y’ingo mu Rwanda EICV7, yerekana ko muri 2024, ingo zigera kuri 72% mu Rwanda ari zo zari zifite amashanyarazi.

Bari bashingiwe amapoto bizeye ko bagiye gucana none amaso yaheze mu kirere

N’ibindi bikoresho byari byazanywe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Next Post

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.