Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende kubera uburyo amugaragaza ananutse cyane, aho bamwe bavuze ko yakoresheje imiti igabanya ibilo.

Michelle w’imyaka 61 y’amavuko, akomeje kugaragara mu isura nshya mu mafoto ari kujya hanze nyuma yo gushyira hanze igitabo kivuga ku bijyanye no kurimba kizwi nka The Look.

Gafotozi witwa Annie Leibovitz uherutse gufata amafoto Michelle Obama, aherutse gushyira hanze bimwe mu bihe byaranze igikorwa cyo kumufotora, akoresheje imbuga nkoranyambaga ze.

Amafoto yashyizwe hanze n’uyu gafotozi agaragaza Michelle Obama, yarananutse mu buryo budasanzwe, ibintu byazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyamba.

Umwe yanritse kuri X ati “Haba hari uzi uko Michelle Obama yatakaje ibilo bingana gutya ku myaka 61, imyaka igoye cyane ko umugore yagabanya ibilo?”

Undi na we yanditse ati “Ozempic [imiti igabanya ibilo]- ni iyo iri gukoreshwa na buri wese wifuza kugira imiterere myiza. Ntabwo ntukanye, ahubwo ndabivuga mu zina rya kristu.”

Undi na we yaje yunga mu ry’uyu agira ati “Yego rwose, afite imiterere ya Ozempic look.”

Undi na we yanditse agira ati “Yaba ari njye uri kureba nabi, cyangwa Michelle Obama yaba ari gufata semaglutide kugira ngo agabanye ibilo?”

Undi na we ati “None se ni inde ufite inshingano zo guha Michelle Obama Ozempic kugira ngo agabanye ibilo? Ni inde ari kugerageza kwigana.”

Michelle Obama atanga ibitekerezo ku byagiye bitangazwa n’aba bantu, yagize ati “Annie Leibovitz yari abize neza ko iyi foto izateza impaka. Yari abizei ko yasobanura ikindi kintu.”

Michelle yakomeje agira ati “Igitabo cye Women ni cyo cyakoze ibi, cyagura imitekererezo y’uburyo tubona abagore n’imibereho yabo tubikesheje imboni za camera ye. Ni iby’agaciro gufotorwa na Annie mu yandi mafoto, afotora mu buryo bunyuranye abagore bagaragaza uyu munsi. Nizeye ko muzabobonya nk’urugero rwiza nk’uko nanjye mbibona.”

Muri 2022, Michelle Obama yatangaje ko yahuye n’urugamba rukomeye rw’ibihe yarimo byo kwinjira mu bihe byo gucura, aho yavuze ko byatumye azana umubyibuho ukabije, bituma yitondera imirire ye ndetse anongera imbara mu myitozo ngororamubiri.

Michelle Obama mbere agifite imiterere yari amenyereweho

Nyuma yaratakaje ibilo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 16 =

Previous Post

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Next Post

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.