• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende kubera uburyo amugaragaza ananutse cyane, aho bamwe bavuze ko yakoresheje imiti igabanya ibilo.

Michelle w’imyaka 61 y’amavuko, akomeje kugaragara mu isura nshya mu mafoto ari kujya hanze nyuma yo gushyira hanze igitabo kivuga ku bijyanye no kurimba kizwi nka The Look.

Gafotozi witwa Annie Leibovitz uherutse gufata amafoto Michelle Obama, aherutse gushyira hanze bimwe mu bihe byaranze igikorwa cyo kumufotora, akoresheje imbuga nkoranyambaga ze.

Amafoto yashyizwe hanze n’uyu gafotozi agaragaza Michelle Obama, yarananutse mu buryo budasanzwe, ibintu byazamuye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyamba.

Umwe yanritse kuri X ati “Haba hari uzi uko Michelle Obama yatakaje ibilo bingana gutya ku myaka 61, imyaka igoye cyane ko umugore yagabanya ibilo?”

Undi na we yanditse ati “Ozempic [imiti igabanya ibilo]- ni iyo iri gukoreshwa na buri wese wifuza kugira imiterere myiza. Ntabwo ntukanye, ahubwo ndabivuga mu zina rya kristu.”

Undi na we yaje yunga mu ry’uyu agira ati “Yego rwose, afite imiterere ya Ozempic look.”

Undi na we yanditse agira ati “Yaba ari njye uri kureba nabi, cyangwa Michelle Obama yaba ari gufata semaglutide kugira ngo agabanye ibilo?”

Undi na we ati “None se ni inde ufite inshingano zo guha Michelle Obama Ozempic kugira ngo agabanye ibilo? Ni inde ari kugerageza kwigana.”

Michelle Obama atanga ibitekerezo ku byagiye bitangazwa n’aba bantu, yagize ati “Annie Leibovitz yari abize neza ko iyi foto izateza impaka. Yari abizei ko yasobanura ikindi kintu.”

Michelle yakomeje agira ati “Igitabo cye Women ni cyo cyakoze ibi, cyagura imitekererezo y’uburyo tubona abagore n’imibereho yabo tubikesheje imboni za camera ye. Ni iby’agaciro gufotorwa na Annie mu yandi mafoto, afotora mu buryo bunyuranye abagore bagaragaza uyu munsi. Nizeye ko muzabobonya nk’urugero rwiza nk’uko nanjye mbibona.”

Muri 2022, Michelle Obama yatangaje ko yahuye n’urugamba rukomeye rw’ibihe yarimo byo kwinjira mu bihe byo gucura, aho yavuze ko byatumye azana umubyibuho ukabije, bituma yitondera imirire ye ndetse anongera imbara mu myitozo ngororamubiri.

Michelle Obama mbere agifite imiterere yari amenyereweho

Nyuma yaratakaje ibilo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 6 =

Previous Post

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Next Post

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.