Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IMIYOBORERE: Baranenga imigendekere y’amatora y’inzego z’ibanze

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in MU RWANDA
0
IMIYOBORERE: Baranenga imigendekere y’amatora y’inzego z’ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage banenga ko igikorwa cy’amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze cyatangiye ariko ntibabimenye kuko  bitamenyekanishijwe nka mbere, bakanavuga ko kandi babajwe n’uko bambuwe ububasha bwo kwitorera abayobozi bo mu nzego zose.

Mu mpera z’icyumweru  nibwo ku ikubitiro amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze yahereye kuri ba mutwarasibo,abaturage basabwaga gutoramo abazabahagrarira.

Bamwe mu bo twaganiriye mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batamenye igihe ayo matora yabereye ,bakanenga uburyo byamenyekanishijwemo buhabanye n’ubwakoreshejwe mu myaka yabanje, ngo dore ko ari bwo bwa mbere habaho amatora ntibabimenye.

Twizerimana Jean Claude ati “Rwose nigeze kubyumva ariko sinamenye igihe byabereye ,nta muntu wigeze azakutubwira ngo tujye ahantu runaka tujye gutora.”

Ku rundi ruhande ariko,hari n’ababimenye ndetse banitabira iki gikorwa,ariko bakvuga ko babajwe n’uko kuri iyi nshuro batmerewe gutora abayobozi batari ab’amasibo gusa, bakavuga ko bizagira ingaruka zirimo n’izigendanye nimiyoborere.

Umwe Ati ” Ubwo se kudutorera abayobozi bizadufasha iki kandi ari twe bazayobora? Rwose ntibyumvikana ukuntu batatureka ngo twihitiremo abo tubonamo icyizere n’ubushobozi.”

Undi nawe yavuze ko bizagorana kuyoborwa ati ” kubera ko tutabitoreye ntabwo tuzabiyumvamo ,birashoboka ko tuzanabasuzugura kuko tutazaba tutazi aho bavuye.”

Kuba  abaturage bari basanzwe bitorera abayobozi kuva kuri mutwarasibo kugeza kuri njyanama y’akarere none ubu bakaba batemerewe kurenga kuri mutwarasibo,hakiyongeraho ko hari abvuga ko batigeze bamenya ko nayo yabaye, abahanga mu bijyanye nimiyoborere bavuga ko impamvu ari uko abaturage barambiwe guhabwa abayobozi aho kubitorera,ikindi ngo biragaragaza ko umuturage atagikenewe mu gushyiraho abayobozi nyamra ingaruka zikazaba ari we zijya ku mutwe, nk’uko Joseph Kakuzwumuremyi abivuga.

Ati ” Ati ikigaragara cyo ni uko abaturage batagihabwa umwanya wo gutora,ikibazo kandi si uko batanabimenya  ahubwo ni uko barambiwe guhabwa abayobozi kuko n’ubundi aba avuga ati ndagenda n’ubundi umuyobozi arazwi ubwobse ndaba ngiye kumara iki? Rero bagacika intege gutyo.”

Abaturage bifuza ko basubizwa ububasha bari basanganywe  bwo kwihitiramo abazabayobora, ngo bitabaye ibyo imiyoborere ishobora kuzaba ikibazo  ngo cyane ko hari n’abo bari biteze kutazatora ariko bashobora  kwihisha muri iki gicu  bakagundira  ubutegetsi kandi abaturage batabashaka.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&TV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − five =

Previous Post

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Next Post

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Habib Beye na  Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.