Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IMIYOBORERE: Baranenga imigendekere y’amatora y’inzego z’ibanze

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in MU RWANDA
0
IMIYOBORERE: Baranenga imigendekere y’amatora y’inzego z’ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage banenga ko igikorwa cy’amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze cyatangiye ariko ntibabimenye kuko  bitamenyekanishijwe nka mbere, bakanavuga ko kandi babajwe n’uko bambuwe ububasha bwo kwitorera abayobozi bo mu nzego zose.

Mu mpera z’icyumweru  nibwo ku ikubitiro amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze yahereye kuri ba mutwarasibo,abaturage basabwaga gutoramo abazabahagrarira.

Bamwe mu bo twaganiriye mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batamenye igihe ayo matora yabereye ,bakanenga uburyo byamenyekanishijwemo buhabanye n’ubwakoreshejwe mu myaka yabanje, ngo dore ko ari bwo bwa mbere habaho amatora ntibabimenye.

Twizerimana Jean Claude ati “Rwose nigeze kubyumva ariko sinamenye igihe byabereye ,nta muntu wigeze azakutubwira ngo tujye ahantu runaka tujye gutora.”

Ku rundi ruhande ariko,hari n’ababimenye ndetse banitabira iki gikorwa,ariko bakvuga ko babajwe n’uko kuri iyi nshuro batmerewe gutora abayobozi batari ab’amasibo gusa, bakavuga ko bizagira ingaruka zirimo n’izigendanye nimiyoborere.

Umwe Ati ” Ubwo se kudutorera abayobozi bizadufasha iki kandi ari twe bazayobora? Rwose ntibyumvikana ukuntu batatureka ngo twihitiremo abo tubonamo icyizere n’ubushobozi.”

Undi nawe yavuze ko bizagorana kuyoborwa ati ” kubera ko tutabitoreye ntabwo tuzabiyumvamo ,birashoboka ko tuzanabasuzugura kuko tutazaba tutazi aho bavuye.”

Kuba  abaturage bari basanzwe bitorera abayobozi kuva kuri mutwarasibo kugeza kuri njyanama y’akarere none ubu bakaba batemerewe kurenga kuri mutwarasibo,hakiyongeraho ko hari abvuga ko batigeze bamenya ko nayo yabaye, abahanga mu bijyanye nimiyoborere bavuga ko impamvu ari uko abaturage barambiwe guhabwa abayobozi aho kubitorera,ikindi ngo biragaragaza ko umuturage atagikenewe mu gushyiraho abayobozi nyamra ingaruka zikazaba ari we zijya ku mutwe, nk’uko Joseph Kakuzwumuremyi abivuga.

Ati ” Ati ikigaragara cyo ni uko abaturage batagihabwa umwanya wo gutora,ikibazo kandi si uko batanabimenya  ahubwo ni uko barambiwe guhabwa abayobozi kuko n’ubundi aba avuga ati ndagenda n’ubundi umuyobozi arazwi ubwobse ndaba ngiye kumara iki? Rero bagacika intege gutyo.”

Abaturage bifuza ko basubizwa ububasha bari basanganywe  bwo kwihitiramo abazabayobora, ngo bitabaye ibyo imiyoborere ishobora kuzaba ikibazo  ngo cyane ko hari n’abo bari biteze kutazatora ariko bashobora  kwihisha muri iki gicu  bakagundira  ubutegetsi kandi abaturage batabashaka.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&TV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Next Post

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Habib Beye na  Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.