Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IMIYOBORERE: Baranenga imigendekere y’amatora y’inzego z’ibanze

radiotv10by radiotv10
19/10/2021
in MU RWANDA
0
IMIYOBORERE: Baranenga imigendekere y’amatora y’inzego z’ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage banenga ko igikorwa cy’amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze cyatangiye ariko ntibabimenye kuko  bitamenyekanishijwe nka mbere, bakanavuga ko kandi babajwe n’uko bambuwe ububasha bwo kwitorera abayobozi bo mu nzego zose.

Mu mpera z’icyumweru  nibwo ku ikubitiro amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze yahereye kuri ba mutwarasibo,abaturage basabwaga gutoramo abazabahagrarira.

Bamwe mu bo twaganiriye mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batamenye igihe ayo matora yabereye ,bakanenga uburyo byamenyekanishijwemo buhabanye n’ubwakoreshejwe mu myaka yabanje, ngo dore ko ari bwo bwa mbere habaho amatora ntibabimenye.

Twizerimana Jean Claude ati “Rwose nigeze kubyumva ariko sinamenye igihe byabereye ,nta muntu wigeze azakutubwira ngo tujye ahantu runaka tujye gutora.”

Ku rundi ruhande ariko,hari n’ababimenye ndetse banitabira iki gikorwa,ariko bakvuga ko babajwe n’uko kuri iyi nshuro batmerewe gutora abayobozi batari ab’amasibo gusa, bakavuga ko bizagira ingaruka zirimo n’izigendanye nimiyoborere.

Umwe Ati ” Ubwo se kudutorera abayobozi bizadufasha iki kandi ari twe bazayobora? Rwose ntibyumvikana ukuntu batatureka ngo twihitiremo abo tubonamo icyizere n’ubushobozi.”

Undi nawe yavuze ko bizagorana kuyoborwa ati ” kubera ko tutabitoreye ntabwo tuzabiyumvamo ,birashoboka ko tuzanabasuzugura kuko tutazaba tutazi aho bavuye.”

Kuba  abaturage bari basanzwe bitorera abayobozi kuva kuri mutwarasibo kugeza kuri njyanama y’akarere none ubu bakaba batemerewe kurenga kuri mutwarasibo,hakiyongeraho ko hari abvuga ko batigeze bamenya ko nayo yabaye, abahanga mu bijyanye nimiyoborere bavuga ko impamvu ari uko abaturage barambiwe guhabwa abayobozi aho kubitorera,ikindi ngo biragaragaza ko umuturage atagikenewe mu gushyiraho abayobozi nyamra ingaruka zikazaba ari we zijya ku mutwe, nk’uko Joseph Kakuzwumuremyi abivuga.

Ati ” Ati ikigaragara cyo ni uko abaturage batagihabwa umwanya wo gutora,ikibazo kandi si uko batanabimenya  ahubwo ni uko barambiwe guhabwa abayobozi kuko n’ubundi aba avuga ati ndagenda n’ubundi umuyobozi arazwi ubwobse ndaba ngiye kumara iki? Rero bagacika intege gutyo.”

Abaturage bifuza ko basubizwa ububasha bari basanganywe  bwo kwihitiramo abazabayobora, ngo bitabaye ibyo imiyoborere ishobora kuzaba ikibazo  ngo cyane ko hari n’abo bari biteze kutazatora ariko bashobora  kwihisha muri iki gicu  bakagundira  ubutegetsi kandi abaturage batabashaka.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/Radio&TV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

NA BYO BIBAHO: Ubuzima bugoye ku batuye mu gace gakonja kurusha ahandi ku isi

Next Post

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Habib Beye na  Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

10 SPORTS: Habib Beye na Sam Allardyce baravutse…inama ya IOC yemeye umukino wa Basketball nk’umukino Olempike

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.