• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

radiotv10by radiotv10
12/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo bashyiriweho ibihano biremereye kurusha abandi, kuko ikosa bakora ryagira ingaruka ziremereye cyane kandi kuri benshi.

Mu cyumweru gishize, Inteko Ishinga Amategeko yatoye itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda rivugurura iryo mu 1987, aho iri rishya riteganya ibihano birimo ibiremereye.

Ingingo ya 37 y’iri tegeko, igena ko umuyobozi w’ikinyabiziga utwara ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya alcohol mu maraso aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’Urukiko ahanishwa ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 400.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu, iyo atwaye ikinyabiziga gitwara abantu mu buryo bwa rusange; abanyeshuri; abakozi hamwe; ba mukerarugendo; imizigo irengeje toni 3,5; cyangwa agamije kwinjiza amafaranga.

Iki ni na cyo gihano kiruta ibindi muri iri tegeko rishya, nk’uko bisobanurwa na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore wanavuze impamvu bariya bantu ari bo bashyiriweho kiriya gihano kiruta ibindi muri iri tegeko.

Ati “Umuntu utwara imodoka zitwarira abantu hamwe, uwo muntu ikintu akoze, gishobora kugira ingaruka ziremereye cyane. Hari umuntu utwara abanyeshuri, hari umuntu utwara abakozi, hari umuntu utwara nka Taxi Voiture. Taxi Voiture nubwo itwara abantu bacye ariko itwara abantu bacye bataguhisemo, bafite ikibazo kihutirwa, ntabwo ufite ubumenyi bumenya ngo uyu muntu yanyoye cyangwa ntiyanyoye, bitandukanye n’umuntu utwaye umuryango we, utwaye inshuti ze.”

Dr Jimmy Gasore akomeza agira ati “Abo bantu rero ni bo bonyine bahawe umwihariko, ni na bo bantu bonyine bafite igihano kiremereye muri iri tegeko.”

Minisitiri avuga ko igihano gihabwa aba bantu, ari igifungo kiri hagati y’amezi atatu n’atandatu ndetse n’amande, byombi bitangwa aho kuba Urukiko rwahitamo igihano kimwe nk’uko bivugwa ku bindi bihano. Ati “Bo ntabwo ari kimwe muri ibyo bihano, we arahanwa acibwe n’amande.”

Akomeza avuga ko “Impamvu twabikoze, mu by’ukuri ni ukurengera inyungu rusange kuko nk’uko abantu babibona, ndetse na za modoka zitwara imizigo, impanuka zazo mu by’ukuri ziraduhungabanya cyane, zigira ingaruka ku miryango.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yaboneyeho guha ubutumwa abatwara ibi binyabiziga kumva uburemere bw’akazi kabo, bityo ko bakwiye kwirinda gutwara banyoye ibisindisha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 8 =

Previous Post

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Next Post

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.