Mu bice bimwe byo mu misozi miremire ya Mimbwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, habaye imirwano ikomeye nyuma yuko FARDC n’abasanzwe bayifasha barimo ingabo z’u Burundi bahagabye ibitero birimo n’iby’indege zitagira abapilote.
Iyi mirwano yabaye kuri iki Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026, mu bice bituwemo cyanye n’Abanyekongo b’Abanyamulenge, ubwo FARDC n’ingabo z’u Burundi na Wazalendo, bagabaga ibitero birimo n’iby’indege zitagira abapilote (drones) ndetse n’intwaro za rutura.
Ibi bitero byagabwe mu bice nka Kakenge, Rugezi, Kalingi, na Point Zéro, bigenzurwa n’Umutwe urwanirira uburenganzira bw’Abanyamulenge wa Twirwanego ufashwa na M23.
Abaturage batuye muri aka gace bavuga ko ibisasu byibasiye uduce dutuwemo, bihitana abantu benshi kandi bikomeretsa abandi benshi, nubwo nta mibare y’abagizweho ingaruka n’ibi bitero iratangazwa.
Aganira n’ikinyamakuru SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, Umwe mu baturage yagize ati “Kuva muri iki gitondo, indege zitagira abapilote za FARDC zagiye zigaba ibitero mu duce dutandukanye tw’Abanyamulenge, harimo Kakenge, Kalingi, Point Zéro, na Rugezi. Abasirikare b’u Burundi nabo bivugwa ko bari mu bagabye ibi bitero. Imiryango myinshi yahungiye mu ishyamba.”
Amakuru avuga kandi ko muri bimwe muri ibi bice, abarwanyi ba AFC/M23 na Twirwaneho, bagerageje guhangana n’ibi bitero bya FARDC, Wazalendo, n’ingabo z’u Burundi.
RADIOTV10










