Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique zigize itsinda ‘Battle Group VI and Rwanda level 2+ Hospital’ zizihije isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, zinavuga ko umunsi nk’uyu ari uwo kuzirikana ubutwari bwaranze ingabo zahoze ari RPA.

Izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwiswe MINUSCA, zakoze iki gikorwa kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 30 rumaze rwibohoye, cyabereye mu kigo cya Gisirikare cya Bria muri Perefegitura ya Haute –Kotto.

Perefe w’iyi Perefegitura ya Haute–Kotto, wari umushyitsi mukuru muri ibi birori, yashimiye u Rwanda ku ntambwe ishimishije rugezeho mu myaka 30 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, anashimira Guverinoma y’u Rwanda ku mbaraga n’umuhate igira mu gushakira umuti amakimbirane n’imvururu ndetse no kurwanya ivangura.

Perefe w’iyi Perefegitura wanashimiye u Rwanda uburyo ruteza imbere guha amahirwe angana ku baturage bose, yanashimye kuba rwarahaye ubufasha Igihugu cyabo cya Centrafrique mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano binyuze mu bwumvikane bw’Ibihugu byombi.

Umuyobozi Mukuru w’iri tsinda ry’Ingabo rya Battle Group VI, Lt Col Tharcisse MPFIZI, yavuze ko umunsi wo Kwibohora uba buri mwaka, mu rwego rwo guha icyubahiro ingabo zahoze ari RPA zagaragaje ubutwari zigahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, ndetse zikabohora Igihugu cyari mu menyo y’ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside.

Lt Col Tharcisse MPFIZI yavuze ko umunsi nk’uyu wo Kwibohora kandi, ugaragaza ubumwe bw’Abanyarwanda n’intego biyemeje yo kwiyubakira Igihugu cyababyaye.

Ibi birori kandi byanitabiriwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ndetse n’abayobozi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), n’abo mu Miryango itari iya Leta.

Ibi birori byitabiriwe na Perefe wa Perefegitura ya Haute–Kotto
Lt Col Tharcisse MPFIZI yavuze ko ari umwanya wo kuzirikana ubutwari bwaranze RPA
Hari kandi abayobozi muri MINUSCA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − seven =

Previous Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Next Post

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.