Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique zigize itsinda ‘Battle Group VI and Rwanda level 2+ Hospital’ zizihije isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, zinavuga ko umunsi nk’uyu ari uwo kuzirikana ubutwari bwaranze ingabo zahoze ari RPA.

Izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwiswe MINUSCA, zakoze iki gikorwa kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 30 rumaze rwibohoye, cyabereye mu kigo cya Gisirikare cya Bria muri Perefegitura ya Haute –Kotto.

Perefe w’iyi Perefegitura ya Haute–Kotto, wari umushyitsi mukuru muri ibi birori, yashimiye u Rwanda ku ntambwe ishimishije rugezeho mu myaka 30 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, anashimira Guverinoma y’u Rwanda ku mbaraga n’umuhate igira mu gushakira umuti amakimbirane n’imvururu ndetse no kurwanya ivangura.

Perefe w’iyi Perefegitura wanashimiye u Rwanda uburyo ruteza imbere guha amahirwe angana ku baturage bose, yanashimye kuba rwarahaye ubufasha Igihugu cyabo cya Centrafrique mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano binyuze mu bwumvikane bw’Ibihugu byombi.

Umuyobozi Mukuru w’iri tsinda ry’Ingabo rya Battle Group VI, Lt Col Tharcisse MPFIZI, yavuze ko umunsi wo Kwibohora uba buri mwaka, mu rwego rwo guha icyubahiro ingabo zahoze ari RPA zagaragaje ubutwari zigahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, ndetse zikabohora Igihugu cyari mu menyo y’ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside.

Lt Col Tharcisse MPFIZI yavuze ko umunsi nk’uyu wo Kwibohora kandi, ugaragaza ubumwe bw’Abanyarwanda n’intego biyemeje yo kwiyubakira Igihugu cyababyaye.

Ibi birori kandi byanitabiriwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ndetse n’abayobozi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), n’abo mu Miryango itari iya Leta.

Ibi birori byitabiriwe na Perefe wa Perefegitura ya Haute–Kotto
Lt Col Tharcisse MPFIZI yavuze ko ari umwanya wo kuzirikana ubutwari bwaranze RPA
Hari kandi abayobozi muri MINUSCA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Next Post

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.