Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique zigize itsinda ‘Battle Group VI and Rwanda level 2+ Hospital’ zizihije isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, zinavuga ko umunsi nk’uyu ari uwo kuzirikana ubutwari bwaranze ingabo zahoze ari RPA.

Izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwiswe MINUSCA, zakoze iki gikorwa kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 30 rumaze rwibohoye, cyabereye mu kigo cya Gisirikare cya Bria muri Perefegitura ya Haute –Kotto.

Perefe w’iyi Perefegitura ya Haute–Kotto, wari umushyitsi mukuru muri ibi birori, yashimiye u Rwanda ku ntambwe ishimishije rugezeho mu myaka 30 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, anashimira Guverinoma y’u Rwanda ku mbaraga n’umuhate igira mu gushakira umuti amakimbirane n’imvururu ndetse no kurwanya ivangura.

Perefe w’iyi Perefegitura wanashimiye u Rwanda uburyo ruteza imbere guha amahirwe angana ku baturage bose, yanashimye kuba rwarahaye ubufasha Igihugu cyabo cya Centrafrique mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano binyuze mu bwumvikane bw’Ibihugu byombi.

Umuyobozi Mukuru w’iri tsinda ry’Ingabo rya Battle Group VI, Lt Col Tharcisse MPFIZI, yavuze ko umunsi wo Kwibohora uba buri mwaka, mu rwego rwo guha icyubahiro ingabo zahoze ari RPA zagaragaje ubutwari zigahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, ndetse zikabohora Igihugu cyari mu menyo y’ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside.

Lt Col Tharcisse MPFIZI yavuze ko umunsi nk’uyu wo Kwibohora kandi, ugaragaza ubumwe bw’Abanyarwanda n’intego biyemeje yo kwiyubakira Igihugu cyababyaye.

Ibi birori kandi byanitabiriwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ndetse n’abayobozi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), n’abo mu Miryango itari iya Leta.

Ibi birori byitabiriwe na Perefe wa Perefegitura ya Haute–Kotto
Lt Col Tharcisse MPFIZI yavuze ko ari umwanya wo kuzirikana ubutwari bwaranze RPA
Hari kandi abayobozi muri MINUSCA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + ten =

Previous Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Next Post

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.