Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara, bariyemerera ko bijunditse ubuyobozi bw’ibanze bashinja kubima inkunga y’ibiribwa by’ibigori bavuga ko byari byagenewe abatishoboye ariko bigahabwa abifite n’abacuruzi, none ubu bari kubibaguraho bibahenze.

Mu minsi ishize Akarere ka Gisagara ni kamwe mu twibasiwe n’amapfa yatewe n’izuba ryinshi ryacanye rigatuma imyaka irumba.

Aba baturage bakunze kuvuga ko inzara ibageze ahabi, bagasaba kugobokwa kuko bamwe bavugaga ko bashoboraga no kumara iminsi ibiri batikoze ku munwa.

Ubuyobozi bw’aka Karere ka Gisagara, bwafashe icyemezo cyo kugoboka abaturage bari bashonje kurusha abandi, bubagenera inkunga y’ibiribwa byiganjemo ibigori, gusa ngo ikibazo cyabaye mu itangwa ryabyo.

Bamwe mu baturage babwiye RADIOTV10 ko abahawe iyi nkunga ari abifite babanje gutanga ruswa y’amafaranga, bakayiha abayobozi bamwe bo mu nzego z’ibanze.

Umwe ati “Ubundi umuyobozi yarakubwiraga ngo ‘ufite iki?’ none se iyo umuntu akubwiye ngo ufite iki wumva iki?, iyo utagifite barahamagaraga ku rutonde ukibura ariko uwari ufite ubushobozi baramwanditse nyine araza baramuha.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko ibi biribwa byahawe abifite basanzwe bafite n’uburyo babona ibyo kurya.

Uyu muturage akomeza agira ati “Ni yo mpamvu twasigaye inzara ikaba iri kutwica, bikaba bifite ba bandi n’ubundi bakomakomeye, abakene twarasigaye.”

Aba baturage bavuga ko ibi byose byakorwaga n’Abayobozi b’Imidugudu babakaga ruswa ku buryo utarabonaga icyo abapfumbatiza, yiburaga ku rutonde rw’abagomba guhabwa ibiribwa ahubwo bigahabwa abatabikwiye barimo n’abacuruzi bamaze kubidepa mu maduka, ubu bikaba biri kugurwa n’abatishoboye.

Undi muturage ati “Aho kugira ngo barebe ba bakene babikwiye nkatwe duca incuro dushonje, bagiye birebera abantu bakomakomeye, bagiye babaha nk’ibilo nka Magana atatu, reba nk’urugo rumwe bakaruha ibilo Magana atatu kandi hari umuturage ushonje.”

Aba baturage banagaragarije iki kibazo urwego rw’Umuvunyi Mukuru rwasabye ibisobanuro ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ariko ntibubiboneke.

Umuvunyi Mukuru Wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa, Mukama Abbas abaza aba bayobozi, yagize ati “Mwakoze lisiti y’abagomba kubibona, muri abo hazamo 11 batakagombye kuzaho, ababikoze barahanwe kugira ngo n’ubutaha ntibizongere kubaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigembe, Muhire David yemereye Urwego rw’Umuvunyi ko iki kibazo cyabayeho muri umwe mu Midugudu igize uyu Murenge, icyakora ko abaturage ubwabo biyemeje ko nihongera gutangwa imfashanyo nk’iyi, hazajya haterana inama yo kwemerezamo abagomba kuyihabwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

Next Post

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.