Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara, bariyemerera ko bijunditse ubuyobozi bw’ibanze bashinja kubima inkunga y’ibiribwa by’ibigori bavuga ko byari byagenewe abatishoboye ariko bigahabwa abifite n’abacuruzi, none ubu bari kubibaguraho bibahenze.

Mu minsi ishize Akarere ka Gisagara ni kamwe mu twibasiwe n’amapfa yatewe n’izuba ryinshi ryacanye rigatuma imyaka irumba.

Aba baturage bakunze kuvuga ko inzara ibageze ahabi, bagasaba kugobokwa kuko bamwe bavugaga ko bashoboraga no kumara iminsi ibiri batikoze ku munwa.

Ubuyobozi bw’aka Karere ka Gisagara, bwafashe icyemezo cyo kugoboka abaturage bari bashonje kurusha abandi, bubagenera inkunga y’ibiribwa byiganjemo ibigori, gusa ngo ikibazo cyabaye mu itangwa ryabyo.

Bamwe mu baturage babwiye RADIOTV10 ko abahawe iyi nkunga ari abifite babanje gutanga ruswa y’amafaranga, bakayiha abayobozi bamwe bo mu nzego z’ibanze.

Umwe ati “Ubundi umuyobozi yarakubwiraga ngo ‘ufite iki?’ none se iyo umuntu akubwiye ngo ufite iki wumva iki?, iyo utagifite barahamagaraga ku rutonde ukibura ariko uwari ufite ubushobozi baramwanditse nyine araza baramuha.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko ibi biribwa byahawe abifite basanzwe bafite n’uburyo babona ibyo kurya.

Uyu muturage akomeza agira ati “Ni yo mpamvu twasigaye inzara ikaba iri kutwica, bikaba bifite ba bandi n’ubundi bakomakomeye, abakene twarasigaye.”

Aba baturage bavuga ko ibi byose byakorwaga n’Abayobozi b’Imidugudu babakaga ruswa ku buryo utarabonaga icyo abapfumbatiza, yiburaga ku rutonde rw’abagomba guhabwa ibiribwa ahubwo bigahabwa abatabikwiye barimo n’abacuruzi bamaze kubidepa mu maduka, ubu bikaba biri kugurwa n’abatishoboye.

Undi muturage ati “Aho kugira ngo barebe ba bakene babikwiye nkatwe duca incuro dushonje, bagiye birebera abantu bakomakomeye, bagiye babaha nk’ibilo nka Magana atatu, reba nk’urugo rumwe bakaruha ibilo Magana atatu kandi hari umuturage ushonje.”

Aba baturage banagaragarije iki kibazo urwego rw’Umuvunyi Mukuru rwasabye ibisobanuro ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ariko ntibubiboneke.

Umuvunyi Mukuru Wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa, Mukama Abbas abaza aba bayobozi, yagize ati “Mwakoze lisiti y’abagomba kubibona, muri abo hazamo 11 batakagombye kuzaho, ababikoze barahanwe kugira ngo n’ubutaha ntibizongere kubaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigembe, Muhire David yemereye Urwego rw’Umuvunyi ko iki kibazo cyabayeho muri umwe mu Midugudu igize uyu Murenge, icyakora ko abaturage ubwabo biyemeje ko nihongera gutangwa imfashanyo nk’iyi, hazajya haterana inama yo kwemerezamo abagomba kuyihabwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

Next Post

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

Related Posts

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.