Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara, bariyemerera ko bijunditse ubuyobozi bw’ibanze bashinja kubima inkunga y’ibiribwa by’ibigori bavuga ko byari byagenewe abatishoboye ariko bigahabwa abifite n’abacuruzi, none ubu bari kubibaguraho bibahenze.

Mu minsi ishize Akarere ka Gisagara ni kamwe mu twibasiwe n’amapfa yatewe n’izuba ryinshi ryacanye rigatuma imyaka irumba.

Aba baturage bakunze kuvuga ko inzara ibageze ahabi, bagasaba kugobokwa kuko bamwe bavugaga ko bashoboraga no kumara iminsi ibiri batikoze ku munwa.

Ubuyobozi bw’aka Karere ka Gisagara, bwafashe icyemezo cyo kugoboka abaturage bari bashonje kurusha abandi, bubagenera inkunga y’ibiribwa byiganjemo ibigori, gusa ngo ikibazo cyabaye mu itangwa ryabyo.

Bamwe mu baturage babwiye RADIOTV10 ko abahawe iyi nkunga ari abifite babanje gutanga ruswa y’amafaranga, bakayiha abayobozi bamwe bo mu nzego z’ibanze.

Umwe ati “Ubundi umuyobozi yarakubwiraga ngo ‘ufite iki?’ none se iyo umuntu akubwiye ngo ufite iki wumva iki?, iyo utagifite barahamagaraga ku rutonde ukibura ariko uwari ufite ubushobozi baramwanditse nyine araza baramuha.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko ibi biribwa byahawe abifite basanzwe bafite n’uburyo babona ibyo kurya.

Uyu muturage akomeza agira ati “Ni yo mpamvu twasigaye inzara ikaba iri kutwica, bikaba bifite ba bandi n’ubundi bakomakomeye, abakene twarasigaye.”

Aba baturage bavuga ko ibi byose byakorwaga n’Abayobozi b’Imidugudu babakaga ruswa ku buryo utarabonaga icyo abapfumbatiza, yiburaga ku rutonde rw’abagomba guhabwa ibiribwa ahubwo bigahabwa abatabikwiye barimo n’abacuruzi bamaze kubidepa mu maduka, ubu bikaba biri kugurwa n’abatishoboye.

Undi muturage ati “Aho kugira ngo barebe ba bakene babikwiye nkatwe duca incuro dushonje, bagiye birebera abantu bakomakomeye, bagiye babaha nk’ibilo nka Magana atatu, reba nk’urugo rumwe bakaruha ibilo Magana atatu kandi hari umuturage ushonje.”

Aba baturage banagaragarije iki kibazo urwego rw’Umuvunyi Mukuru rwasabye ibisobanuro ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ariko ntibubiboneke.

Umuvunyi Mukuru Wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa, Mukama Abbas abaza aba bayobozi, yagize ati “Mwakoze lisiti y’abagomba kubibona, muri abo hazamo 11 batakagombye kuzaho, ababikoze barahanwe kugira ngo n’ubutaha ntibizongere kubaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigembe, Muhire David yemereye Urwego rw’Umuvunyi ko iki kibazo cyabayeho muri umwe mu Midugudu igize uyu Murenge, icyakora ko abaturage ubwabo biyemeje ko nihongera gutangwa imfashanyo nk’iyi, hazajya haterana inama yo kwemerezamo abagomba kuyihabwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − seven =

Previous Post

Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

Next Post

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.