Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiramandwa Rachel, umukecuru wakundaga cyane Perezida Paul Kagame ndetse akaba yaranamusuye iwe mu rugo muri uyu mwaka, yitabye Imana azize uburwayi.

Iyi nkuru ibabaje y’urupfu rwa Nyiramandwa, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ukuboza 2022, ariko akaba yitabye Imana mu ijoro ryacyeye.

Nyiramandwa Rachel utabarutse ku myaka 110 y’amavuko, yari atuye mu Kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu ruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iby’Iburengerazuba mu mpera za Kanama uyu mwaka wa 2022, yasuye uyu mukecuru mu rugo rwe.

Perezida Paul Kagame yasuye Nyiramandwa tariki 26 Kanama 2022, aho uyu mukecuru yongeye kumugaragariza urukundo amukunda, yongera kumushimira ibitangaza yamukoreye ndetse anamushimira imiyoborere ye yongeye kugarurira icyizere Abanyarwanda.

Muri Gashyantare 2019, kandi na bwo Perezida Paul Kagame yari yaramukanyije na Nyiramandwa ubwo Umukuru w’u Rwanda yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Nyamagabe, aho uyu mukecuru yari yaje hamwe n’abandi baturage bwakirana Perezida wari wabagendereye.

Icyo gihe baramukanyije ubwo Perezida yari agiye gutaha, ariko akabanza kuramutsa Nyiramandwa wari umufitiye urukumbuzi rwinshi dore ko bwari ubwa gatatu bari bagiye gusuhuzanya.

Muri 2010 ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yasuhuje uyu mukecuru wakundaga kumushimira kenshi, akaza kuvuga ko yifuza kubimwibwirira imbonankubone.

Bongeye gusuhuzanya muri 2017 nanone ubwo Perezida Paul Kagame yari mu gikorwa cyo kwimamariza kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda, Nyiramandwa yongera kuvuga ko Umukuru w’u Rwanda atagenda bataramukanyije, ndetse baranasuhuzanya.

Muri 2010 barasuhuzanyije
Muri 2017 na bwo bari basuhuzanyije
No muri 2019 barongera
Muri uyu mwaka wa 2022 bwo Perezida Kagame yamusuye iwe mu rugo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + twelve =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Next Post

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.