Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in MU RWANDA
0
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera ibice binyuranye by’Igihugu cyabibarutse, bakibonera ibyiza bigitatse.

Amb. Busingye yabisangije abantu mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’amafoto we na Amb. François Nkulikiyimfura uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, bari mu bice binyuranye by’u Rwanda.

Yavuze ko bari bamaze igihe kinini bifuza gusura bimwe mu bice binyuranye by’iki Gihugu cyabibarutse banahagarariye muri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi.

Yavuze ko icyemezo cyo gukora uru rugendo bacyemeje ubwo bari mu birori tariki 08 Mutarama 2026, ubundi hashize iminsi ibiri gusa, inkoka iba ari yo ngoma bahita babishyira mu bikorwa.

Ati “Ku cyumweru tariki ya 11, turi kumwe na Magnas Mazimpaka, umunyamakuru ukomeye, Umuyobozi wa Taarifa, umuhanga mu by’ikoranabuhanga, umugide wa ba mukerarugendo […] hamwe n’umushoferi wacu w’umuhanga, Gilbert Shyaka, mu rugendo rutuje twazengurutse Bugesera, Nyanza, Huye, Rusizi, Karongi, Rubavu, Nyirangarama.”

Yakomeje avuga ko banifuzaga gusura Umujyi wa musange ndetse n’agace ka Bigogwe, ariko ko bitabakundiye, bakaba barabyimuriye ikindi gihe.

Amb. Busingye yakomeje avuga ko ubwo bageraga mu Karere ka Bugesera, banyuzwe n’iterambere ryageze muri aka Karere ndetse n’ibyazamuye imibereho y’abagatuye.

Ati “Ahenshi muri Bugesera harahindutse cyane, hari ibikorwa remezo byinshi, imiturire, ubucuruzi, ishoramari ry’inganda, ubuhinzi, ibigo by’amashuri. Aha turi mu muhanda ugana ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi, aho umuhanda mushya mwiza cyane ugana i Nyanza utangirira. Umupaka uri hafi aho. (ahari isangano ry’umujyi n’abantu benshi) Hanyuma ku kiraro cya Rwabusoro kizwi cyane.”

Yakomeje agira ati “Mu rugendo twakoze tunyura mu cyaro cyiza kandi gishimishije. Tumaze kugera ku muhanda wa Kigali-Huye, twasuye ubucuruzi bwa Stafford Coffee i Nyanza- (Serivisi zabo, ikawa yabo na cake z’ibitoki byo biri ku rundi rwego).”

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yavuze ko banageze kuri Kaminuza y’u Rwanda ishami ryayo rya Huye, na ho bakareba uburyo yagutse kandi inogeye ijisho.

Amb Busingye na mugenzi we François Nkulikiyimfura batembereye u Rwanda birabanyura
Bari kumwe n’umunyamakuru Magnus Mazimpaka
Bageze mu nzira bafata ka Kawa kabatera morale
Bageze no kuri Kaminuza y’u Rwanda i Huye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 6 =

Previous Post

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Next Post

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

IZIHERUKA

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi
MU RWANDA

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/2026
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.