Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda wabaga muri Zambia, wari uherutse kuburirwa irengero ku munsi w’ubukwe bwe ariko akaza kuboneka afite imyitwarire yihariye yo kutavuga, hamenyekanye amakuru ko yitabye Imana, yiyahuye.

Uyu musore witwa Samuel Tuyishime w’imyaka 26 y’amavuko wari usanzwe uba muri Zambia aho yakoreraga ubucuruzi, yagombaga gukora imihango yo gusaba no gukwa tariki 28 Mata 2023, ariko tariki 27 aburirwa irengero.

Ni inkuru yagarutsweho cyane, aho inshuti ze za hafi babanaga muri Zambia, zari zatunguwe n’ibyabaye kuri uyu mugenzi wabo.

Ubukwe bw’uyu musore usanzwe akomoka mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, bwapfuye butyo dore ko yabonetse hashize icyumweru kimwe abuze.

Hari amakuru yavugaga ko ubwo yaburaga, yari yafashe imodoka ye, aragenda ariko ntihamenyekana aho yari yagiye, ndetse ko aho agarukiye, nta muntu yavugishaga, ngo yanagaragazaga imyitwarire yihariye yo kwigunga no kudashaka kuvugisha abandi.

Amakuru y’urupfu rwe, yasakaye kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ndetse akaba yanemejwe n’inshuti ze babanaga muri Zambia, zabihamirije ikinyamakuru Umuseke.

Umwe muri izo nshuti za nyakwigendera, agaruka ku cyahitanye nyakwigendera, yagize ati “Yanyoye umuti wica udukoko, ahita apfa. Ubu umurambo we wajyanywe muri kimwe mu bitaro bya hano muri Zambia.”

Izi nshuti za nyakwigendera kandi zivuga ko uku kwiyahura kwe atari gusa, ahubwo ko ashobora kuba yarabitererejwe.

Hari andi makuru avuga ko nubwo nyuma yo kuboneka agaragaza imyitwarire yo kwigunga no kutavuga, ariko mu cyumweru gishize yari yatangiye kuvuga ndetse umwe mu nshuti ze za hafi, yemeza ko bari baherutse kuvugana.

Samuel yapfiriye muri Zambia

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − ten =

Previous Post

Isomo ry’urukundo ryumvikana mu gisobanuro cya album y’umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi

Next Post

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.