Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda wabaga muri Zambia, wari uherutse kuburirwa irengero ku munsi w’ubukwe bwe ariko akaza kuboneka afite imyitwarire yihariye yo kutavuga, hamenyekanye amakuru ko yitabye Imana, yiyahuye.

Uyu musore witwa Samuel Tuyishime w’imyaka 26 y’amavuko wari usanzwe uba muri Zambia aho yakoreraga ubucuruzi, yagombaga gukora imihango yo gusaba no gukwa tariki 28 Mata 2023, ariko tariki 27 aburirwa irengero.

Ni inkuru yagarutsweho cyane, aho inshuti ze za hafi babanaga muri Zambia, zari zatunguwe n’ibyabaye kuri uyu mugenzi wabo.

Ubukwe bw’uyu musore usanzwe akomoka mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, bwapfuye butyo dore ko yabonetse hashize icyumweru kimwe abuze.

Hari amakuru yavugaga ko ubwo yaburaga, yari yafashe imodoka ye, aragenda ariko ntihamenyekana aho yari yagiye, ndetse ko aho agarukiye, nta muntu yavugishaga, ngo yanagaragazaga imyitwarire yihariye yo kwigunga no kudashaka kuvugisha abandi.

Amakuru y’urupfu rwe, yasakaye kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ndetse akaba yanemejwe n’inshuti ze babanaga muri Zambia, zabihamirije ikinyamakuru Umuseke.

Umwe muri izo nshuti za nyakwigendera, agaruka ku cyahitanye nyakwigendera, yagize ati “Yanyoye umuti wica udukoko, ahita apfa. Ubu umurambo we wajyanywe muri kimwe mu bitaro bya hano muri Zambia.”

Izi nshuti za nyakwigendera kandi zivuga ko uku kwiyahura kwe atari gusa, ahubwo ko ashobora kuba yarabitererejwe.

Hari andi makuru avuga ko nubwo nyuma yo kuboneka agaragaza imyitwarire yo kwigunga no kutavuga, ariko mu cyumweru gishize yari yatangiye kuvuga ndetse umwe mu nshuti ze za hafi, yemeza ko bari baherutse kuvugana.

Samuel yapfiriye muri Zambia

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Isomo ry’urukundo ryumvikana mu gisobanuro cya album y’umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi

Next Post

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Related Posts

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort
IMIBEREHO MYIZA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.