Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda wabaga muri Zambia, wari uherutse kuburirwa irengero ku munsi w’ubukwe bwe ariko akaza kuboneka afite imyitwarire yihariye yo kutavuga, hamenyekanye amakuru ko yitabye Imana, yiyahuye.

Uyu musore witwa Samuel Tuyishime w’imyaka 26 y’amavuko wari usanzwe uba muri Zambia aho yakoreraga ubucuruzi, yagombaga gukora imihango yo gusaba no gukwa tariki 28 Mata 2023, ariko tariki 27 aburirwa irengero.

Ni inkuru yagarutsweho cyane, aho inshuti ze za hafi babanaga muri Zambia, zari zatunguwe n’ibyabaye kuri uyu mugenzi wabo.

Ubukwe bw’uyu musore usanzwe akomoka mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, bwapfuye butyo dore ko yabonetse hashize icyumweru kimwe abuze.

Hari amakuru yavugaga ko ubwo yaburaga, yari yafashe imodoka ye, aragenda ariko ntihamenyekana aho yari yagiye, ndetse ko aho agarukiye, nta muntu yavugishaga, ngo yanagaragazaga imyitwarire yihariye yo kwigunga no kudashaka kuvugisha abandi.

Amakuru y’urupfu rwe, yasakaye kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ndetse akaba yanemejwe n’inshuti ze babanaga muri Zambia, zabihamirije ikinyamakuru Umuseke.

Umwe muri izo nshuti za nyakwigendera, agaruka ku cyahitanye nyakwigendera, yagize ati “Yanyoye umuti wica udukoko, ahita apfa. Ubu umurambo we wajyanywe muri kimwe mu bitaro bya hano muri Zambia.”

Izi nshuti za nyakwigendera kandi zivuga ko uku kwiyahura kwe atari gusa, ahubwo ko ashobora kuba yarabitererejwe.

Hari andi makuru avuga ko nubwo nyuma yo kuboneka agaragaza imyitwarire yo kwigunga no kutavuga, ariko mu cyumweru gishize yari yatangiye kuvuga ndetse umwe mu nshuti ze za hafi, yemeza ko bari baherutse kuvugana.

Samuel yapfiriye muri Zambia

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Isomo ry’urukundo ryumvikana mu gisobanuro cya album y’umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi

Next Post

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.