Inkuru nziza ku Baturarwanda bakunda Gospel

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umuhanzi Osinachi Kali Joseph uzwi nka Sinach wamamaye mu ndirimbo ‘I know who I am’ yamamaye ku Isi, ategerejwe mu Rwanda mu gitaramo cy’amateka, kizaba ari ubuntu kukinjiramo.

Uyu muhanzi waherukaga mu Rwanda muri 2018 ubwo yari yatumiwe na Patient Bizimana, agiye kugaruka mu Rwanda mu kwezi gutaha mu giterane cyiswe All Women together kizaba tariki 11 Kanama 2023.

Izindi Nkuru

Umuyobozi w’Umuryango Women Foundation uyoborwa kandi na Apostle Mignonne Kabera, yatangaje inkuru nziza ku Baturarwanda bakunda uyu muhanzi, kuko kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari ubuntu.

Yagize ati “Sinach hirya no hino ku Isi ajya mu bitaramo biba byishyuje ariko twebwe kwinjira ni ubuntu bisaba kuba wariyandikijishe mbere gusa.”

Sinach ni umwe mu bahanzi baza ku isonga ku Mugabane wa Afurika bakora muzika yo kuramya no guhimbaza Imana ukunzwe na benshi yaba kuri uyu Mugabane ndetse n’i Burayi.

Mu ndirimbo ze zakunzwe cyane ndetse zikamamara ku Isi yose harimo izwi nka ‘I know who I am’, ‘Waymaker’, Rejoice, ‘He did it again’, n’izwi nka ‘Awesome God’.

Mignone yavuze ko bizaba biryoshye

Ether FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru