Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

radiotv10by radiotv10
02/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda, yambitswe impeta y’urukundo na Michael Tesfay ukomoka muri Ethiopia bamaze igihe bakundana, ubu bakaba bateye intambwe ibaganisha ku kubana nk’umugore n’umugabo.

Iki gikorwa cyo kwambika impeta umukunzi we cyakozwe na Michael Tesfay, cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mutarama 2024, mu Mujyi wa Kigali.

Uyu musore umaze igihe akundana na Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko ari mu byishimo byinshi nyuma y’uko umukunzi we amwemereye ko bazabana nk’umugore n’umugabo.

Yagize ati “Nishimiye kuzamara ubuzima bwanjye bwose ndi kumwe nawe ndetse Imana ikazahora hafi yacu Nishimwe Naomie. Tugiye kubana.”

Yaba Naomie ndetse n’umukunzi we Michael Tesfay, bakunze kugaragaza ko bimariranyemo, by’umwihariko mu biganiro bakunze guhuriramo kuri YouTube Channel ya Naomie, aho bakunze kugaruka ku rugendo rw’urukundo rwabo.

Uyu musore wambitse impeta Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, afite inkomoko muri Ethiopia ari na ho yakuriye, akaba yarimukiye mu Rwanda kuhakomereza ubuzima, ari na ho yahuriye n’uyu mukunzi we bagiye kubana.

Ibyishimo byabaye byinshi hagati ya Naomie na Michael
Yamubwiye Yego

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Hari uwishwe anizwe n’umugabo we kubera ifuhe: Hagaragajwe ishusho y’urugomo mu ijoro ry’Ubunani

Next Post

Tanzania: Hatahuwe toni z’ibiyobyabwenge biri mu bikomeye byari bihishanywe amayeri adasanzwe

Related Posts

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi. Mu butumwa...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

by radiotv10
12/06/2025
0

Umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca, yibwe imodoka ye, ndetse akaba yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB. Uyu...

Icyo umuhanzi Josh avuga ko birori yakorewe byo gusezera ubusore byavugishije benshi

Icyo umuhanzi Josh avuga ko birori yakorewe byo gusezera ubusore byavugishije benshi

by radiotv10
11/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Josh Ishimwe yavuze ko nta gikuba cyacitse kuba yakorewe ibirori byo gusezera ubusore...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

by radiotv10
10/06/2025
0

Annette Murava, Umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yavuze ko ntakibazo afitanye n’uyu bashakanye, kandi ko igihe kizagera...

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

by radiotv10
09/06/2025
0

Abahanzi Ariel Wayz na Juno Kizigenza bari mu bagezweho muri iki gihe mu Rwanda, banigeze kuvugwaho gukundana, bagiye guhurira mu...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Hatahuwe toni z’ibiyobyabwenge biri mu bikomeye byari bihishanywe amayeri adasanzwe

Tanzania: Hatahuwe toni z’ibiyobyabwenge biri mu bikomeye byari bihishanywe amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.