Israel yagabye ibindi bitero by’indege kuri Iran, ndetse itangira no kugaba ibitero ku barwanyi ba Hezbollah bashyigikiwe na Iran muri Libani ku wa Mbere, mu gihe Tehran na yo yatangaje ko yagabye ibitero bya misile, ivuga ko byafunguye amarembo y’intambara yeruye kuri Israel.
Israel yatangaje ko iri kugaba ibitero ku hantu hafitanye isano n’abarwanyi ba Hezbollah bo muri Libani, umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Tehran mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko Hezbollah ivuze ko yagabye ibitero bya misile na drones byerekeza kuri Israel, mu rwego rwo kwihorera ku iyicwa ry’Umuyobozi Mukuru w’Idini muri Iran, Ali Khamenei.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Leta ya Libani, NNA, cyatangaje ko imibare ya mbere igaragaza ko abantu 31 bishwe, mu gihe abasaga 149 bakomeretse muri ibyo bitero. Israel yavuze ko byibasiye ibice by’amajyepfo ya Beirut bigenzurwa na Hezbollah, ndetse yongeraho ko yanagabye ibitero ku barwanyi bakuru b’uwo mutwe.
Israel kandi yanagabye ibindi bitero kuri Iran. Humvikanye ibiturika mu bice bitandukanye bya Tehran, aho ibitero byagabwe ku mujyi wa Sanandaj, mu ntara y’Uburengerazuba bwa Kurdistan muri Iran, byahitanye nibura abantu batatu, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru bya Leta.
Hagati aho, nyuma y’aho saa moya za mu gitondo (05:00 GMT) kuri uyu wa Mbere, mu mijyi ya Israel ya Tel Aviv na Jerusalem, hatanzwe impuruza ziburira abaturage ko hari igitero gishya cya Iran gishobora kwibasira ibice bitandukanye by’iyo mijyi.
Umutwe udasanzwe w’ingabo za Iran (Islamic Revolutionary Guards Corps) wahise usohora itangazo rivuga ko misile zarashwe zibasiye inyubako za guverinoma ya Israel i Tel Aviv, ndetse n’ibigo bya gisirikare n’iby’umutekano biri i Haifa no mu bice by’uburasirazuba bwa Jerusalem. Rivuga ko ibyo bitero bizakomeza kwaguka kandi ko impuruza ziburira ibitero bya misile muri Israel “zitazigera zihagarara.”
Ni mu gihe kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Werurwe 2026, Perezida Donald Trump yavuze ko ibitero bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibya Israel kuri Iran bishobora gukomeza nibura mu byumweru bine biri imbere.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10








