• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intandaro y’urufaya rw’amasasu rwumvikanye ku rugo rw’uwabaye Perezida wa Congo yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Intandaro y’urufaya rw’amasasu rwumvikanye ku rugo rw’uwabaye Perezida wa Congo yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu masaha ya mbere ya saa sita, ku rugo rwo Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruherereye muri Komini ya Gombe, humvikanye urusaku rw’amasasu, hanatangazwa intandaro yayo.

Ni amasasu yarashwe mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, mu gace ka Uvira muri Komini ya Gombo.

Adam Shemishi, Umujyanama wa Olive Lembe Kabila Madamu wa Kabila, ushinzwe itumanaho yagize ati “Agatsiko ka La force du progress kashakaga kwinjira ku ngufu ubwo Madamu w’uwahoze ari Perezida, Olive Lembe Kabila yari ahari, ni cyo cyatumye humvikana amasasu muri Gombe.”

Iri tsinda ryitwaje intwaro, ni iry’urubyiruko rushamikiye ku ishyaka rya UPDS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uwabonye iki gikorwa kiba, yavuze ko aga gatsiko kari kagizwe n’urubyiruko rwanyuze ahatuye Colonel Tshashi.

Yagize ati “Nari ndi ku Munyamabanga Mukuru wa ESU, mbona itsinda ry’urubyiruko runyura ku rugo rwa kwa Tshatshi rwerecyeza kuri Fleuve Congo Hôtel.”

Aka gatsiko, ni kamwe mu gahangayikishije, kakaba karagaragaye kitwaje intwaro gakondo nk’imihoro n’inkoni mu guhangana n’abari mu myigaragambyo y’abatavura rumwe n’ubutegetsi yabaye tariki 20 Gicurasi 2023.

Muri Kamena umwaka ushize, Inama y’Abipisikopi muri Congo, yatangaje ko “Uyu mutwe ukomeje kugaragara ukorana rimwe na rimwe na Polisi mu guhangana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abaturage bari mu bikorwa by’amahoro byo kunenga ubutegetsi buriho mu Gihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Umuhanzi uzwiho umwihariko w’indirimbo zizamurira ibinezaneza abakundana afite agaseke agiye gupfundura

Next Post

UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel

UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.