Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
29/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

I Kampala muri Uganda, habaye inama ya komisiyo ihoraho ihuriweho n’iki Gihugu n’u Rwanda, ishinzwe gukomeza guteza imbere umubano mwiza, aho Ibihugu byombi byongeye kuganira ku gukomeza kuzamura umubano wabyo.

Iyi komisiyo ihuriweho izwi nka JPC (Joint Permanent Commission), yakoze inama ishinzwe imirimo yayobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Vincent Bagiire ndetse na mugenzi we w’u Rwanda, Clementine Mukeka.

Iyi nama yabereye i Kampala, yarimo abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, baganiriye ku buryo bwo gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi nyuma yuko bibyukije umubano wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Kuva mu mpera za Mutarama uyu mwaka, u Rwanda rwafunguye umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda wari umaze imyaka ikabakaba itatu ufunze kubera ibibazo birimo igitotsi cyari kimaze igihe kiri mu mubano w’Ibihugu byombi.

Ifungurwa ry’umupaka ryashimishije abatuye muri ibi Bihugu byombi bisanzwe ari ibivandimwe ndetse izahuka ry’umubano wabyo ushimangirwa n’ingendo Abakuru b’Ibihugu byombi bagiye bagirira muri buri Gihugu.

Muri Mata uyu mwaka wa 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Uganda, aho yari yitabiriye ibirori by’isabukuru ya General Muhoozi Kainerugaba akaba umuhungu wa Museveni, wanagize uruhare rukomeye mu izahuka ry’umubano w’Ibihugu byombi.

Nyuma y’amezi abiri, muri Kamena uyu mwaka, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagiriye uruzinduko mu Rwanda, ubwo yari anitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Commonewealth (CHOGM) yabereye i Kigali mu Rwanda.

Uru ruzinduko rwa Museveni rwashimangiye ko u Rwanda na Uganda bongeye kuba abavandimwe dore ko ubwo yazaga mu Rwanda yanyuze ku mupaka wo ku butaka akakiranwa urugwiro n’Abanyarwanda.

Iyi nama ya Komisiyo ihoraho hagati y’ibi Bihugu byombi, yateranye mu gihe hakivugwa ikibazo cy’ibicuruzwa byari bisanzwe bituruka muri Uganda, bimwe bitaratangira kuboneka ku isoko ryo mu Rwanda nkuko byahoze.

Inama yayobowe n’Abanyamabanga bahoraho muri Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’Ibihugu byombi
Intumwa z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Nyamasheke: Ingurube yariye umwana wari wasizwe n’ababyeyi be iramwica

Next Post

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.