Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
29/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

I Kampala muri Uganda, habaye inama ya komisiyo ihoraho ihuriweho n’iki Gihugu n’u Rwanda, ishinzwe gukomeza guteza imbere umubano mwiza, aho Ibihugu byombi byongeye kuganira ku gukomeza kuzamura umubano wabyo.

Iyi komisiyo ihuriweho izwi nka JPC (Joint Permanent Commission), yakoze inama ishinzwe imirimo yayobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Vincent Bagiire ndetse na mugenzi we w’u Rwanda, Clementine Mukeka.

Iyi nama yabereye i Kampala, yarimo abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, baganiriye ku buryo bwo gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi nyuma yuko bibyukije umubano wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Kuva mu mpera za Mutarama uyu mwaka, u Rwanda rwafunguye umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda wari umaze imyaka ikabakaba itatu ufunze kubera ibibazo birimo igitotsi cyari kimaze igihe kiri mu mubano w’Ibihugu byombi.

Ifungurwa ry’umupaka ryashimishije abatuye muri ibi Bihugu byombi bisanzwe ari ibivandimwe ndetse izahuka ry’umubano wabyo ushimangirwa n’ingendo Abakuru b’Ibihugu byombi bagiye bagirira muri buri Gihugu.

Muri Mata uyu mwaka wa 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Uganda, aho yari yitabiriye ibirori by’isabukuru ya General Muhoozi Kainerugaba akaba umuhungu wa Museveni, wanagize uruhare rukomeye mu izahuka ry’umubano w’Ibihugu byombi.

Nyuma y’amezi abiri, muri Kamena uyu mwaka, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagiriye uruzinduko mu Rwanda, ubwo yari anitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Commonewealth (CHOGM) yabereye i Kigali mu Rwanda.

Uru ruzinduko rwa Museveni rwashimangiye ko u Rwanda na Uganda bongeye kuba abavandimwe dore ko ubwo yazaga mu Rwanda yanyuze ku mupaka wo ku butaka akakiranwa urugwiro n’Abanyarwanda.

Iyi nama ya Komisiyo ihoraho hagati y’ibi Bihugu byombi, yateranye mu gihe hakivugwa ikibazo cy’ibicuruzwa byari bisanzwe bituruka muri Uganda, bimwe bitaratangira kuboneka ku isoko ryo mu Rwanda nkuko byahoze.

Inama yayobowe n’Abanyamabanga bahoraho muri Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’Ibihugu byombi
Intumwa z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Nyamasheke: Ingurube yariye umwana wari wasizwe n’ababyeyi be iramwica

Next Post

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.