Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
29/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

I Kampala muri Uganda, habaye inama ya komisiyo ihoraho ihuriweho n’iki Gihugu n’u Rwanda, ishinzwe gukomeza guteza imbere umubano mwiza, aho Ibihugu byombi byongeye kuganira ku gukomeza kuzamura umubano wabyo.

Iyi komisiyo ihuriweho izwi nka JPC (Joint Permanent Commission), yakoze inama ishinzwe imirimo yayobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Vincent Bagiire ndetse na mugenzi we w’u Rwanda, Clementine Mukeka.

Iyi nama yabereye i Kampala, yarimo abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, baganiriye ku buryo bwo gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi nyuma yuko bibyukije umubano wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Kuva mu mpera za Mutarama uyu mwaka, u Rwanda rwafunguye umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda wari umaze imyaka ikabakaba itatu ufunze kubera ibibazo birimo igitotsi cyari kimaze igihe kiri mu mubano w’Ibihugu byombi.

Ifungurwa ry’umupaka ryashimishije abatuye muri ibi Bihugu byombi bisanzwe ari ibivandimwe ndetse izahuka ry’umubano wabyo ushimangirwa n’ingendo Abakuru b’Ibihugu byombi bagiye bagirira muri buri Gihugu.

Muri Mata uyu mwaka wa 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Uganda, aho yari yitabiriye ibirori by’isabukuru ya General Muhoozi Kainerugaba akaba umuhungu wa Museveni, wanagize uruhare rukomeye mu izahuka ry’umubano w’Ibihugu byombi.

Nyuma y’amezi abiri, muri Kamena uyu mwaka, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagiriye uruzinduko mu Rwanda, ubwo yari anitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Commonewealth (CHOGM) yabereye i Kigali mu Rwanda.

Uru ruzinduko rwa Museveni rwashimangiye ko u Rwanda na Uganda bongeye kuba abavandimwe dore ko ubwo yazaga mu Rwanda yanyuze ku mupaka wo ku butaka akakiranwa urugwiro n’Abanyarwanda.

Iyi nama ya Komisiyo ihoraho hagati y’ibi Bihugu byombi, yateranye mu gihe hakivugwa ikibazo cy’ibicuruzwa byari bisanzwe bituruka muri Uganda, bimwe bitaratangira kuboneka ku isoko ryo mu Rwanda nkuko byahoze.

Inama yayobowe n’Abanyamabanga bahoraho muri Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’Ibihugu byombi
Intumwa z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Nyamasheke: Ingurube yariye umwana wari wasizwe n’ababyeyi be iramwica

Next Post

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Related Posts

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.