Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA
0
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina ‘Nyirantare’, bavuga ko zirangwa n’ingaruka mbi zirimo guteza urugomo n’umutekano muke, cyane cyane mu Midugudu ya Kivumu na Nyabitare, aho zinywerwa cyane mu mashyamba.

Aba baturage bo mu Kagari ka Rwanza bavuga ko uwanyoye izi nzoga akenshi arangwa n’imyitwarire idasanzwe irimo gusagarira abantu bose ahuye na bo, amakimbirane n’intonganya, ndetse rimwe na rimwe hakabaho n’ibikorwa by’ubujura n’urugomo.

Niyonsenga avuga ko izi nzoga zateye ikibazo gikomeye mu baturage, aho usanga abenshi bazinywera ndetse bakanazicururiza mu mashyamba.
Ati: “Usanga banazicururiza bakanazinywera mu mashyamba. Nyirantare ni inzoga mbi cyane; uwazinyoye aba asa n’uwatakaje ubwenge, arwana n’abantu bose, akavuga amagambo mabi, rimwe na rimwe akagera no ku gukubita abantu. Ibi bituma umutekano mu baturage uba muke cyane.”

Urayeneza na we yemeza ko izi nzoga z’inkorano zinywerwa ahanini mu mashyamba, bikagora inzego z’umutekano kuzikurikirana.
Ati: “Usanga abantu bajya kuzinywera mu mashyamba bagahurirayo mu ibanga, ariko bagarutse mu ngo batangiye guteza urugomo. Abana n’abagore batinya kugenda nijoro kubera aba banyoye Nyirantare.”

Undi muturage witwa Habimana avuga ko, uretse izinywerwa mu mashyamba, hari n’aho zicururizwa mu ngo z’abantu ku giti cyabo.
Ati: “Hari n’abantu bazicuruza mu ngo zabo rwihishwa, bikabigora kuzirwanya. Iyo abazinyoye basohotse, bariba abaturage bakabangamira umutekano, bigatuma dutinya kugenda mu masaha ya nimugoroba.”

Aba baturage bose basaba ko izi nzoga z’inkorano zacibwa burundu, hakongerwa imbaraga mu kuzirwanya kuko zibangamira ituze n’umutekano w’abaturage.

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umuyobozi w’Umurenge wa Save, Murenzi Augustin, avuga ko iki kibazo kiri mu byo bashyize imbere mu bufatanye n’inzego z’umutekano.
Ati: “Turaza gufatanya na Polisi; gusa bakunda kuza cyane mu gihe cyo gusarura umuceri. Twari twagerageje kubahashya, ariko niba bagihari, turashyiramo imbaraga bikemuke. Inzoga z’inkorano turimo kuzirwanya bikomeye, ku buryo n’abagisigaye bagomba guhashya bigacika.”

Aba baturage bavuga ko izi nzoga z’inkorano zibahangayikishije cyane, kuko uretse izinywerwa zikanacururizwa mu mashyamba, zinacururizwa rwihishwa mu ngo hirya no hino, maze abazinyoye bakarangwa n’ibikorwa byo guteza umutekano muke no kwiba abaturage. Basaba ko hashyirwamo imbaraga na buri wese bireba kugira ngo zicibwe burundu.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Next Post

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.