Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye, aho yigana na bamwe mu bana yakabereye umubyeyi, ariko ntibimutere ipfunwe, kuko yiyemeje gusubira ku ntebe y’ishuri afite intego.

Dusengimana Isaie w’imyaka, mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru, yavuze ko yasubiye mu ishuri afite imyaka 38 nyuma yaho barumuna be yabonaga babayeho neza nyuma yo kuminuza.

Uwo mubyeyi w’abana bane yavuze ko ubu yiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, ishuri yagarutsemo nyuma y’imyaka 22 kuko yacikirije ari mu wa mbere w’ayisumbuye, arigarukamo mu 2021.

Avuga ko ishyaka ryo kugaruka kwiga yaritewe no kubona abari inyuma ye hari byinshi bari kugeraho babikesha kwiga, ahitamo gusiga umugore n’abana agaruka ku ntebe y’ishuri.

Ati: “Mva mu ishuri ubundi byaturutse ku burwayi aho nkiriye mbona abo twiganaga bagiye mu wundi mwaka nanga gusubiramo. Nakomereje mu bundi buzima ndakura ndetse ndanashaka aho mbyaye gatanu gusa abariho ni 4.

Gukumbura ishuri byagarutse ubwo nitegerezaga uko barumuna banjye barangije kaminuza babayeho neza babikesha kwiga, ngira ipfunwe ry’ukuntu nari imbere yabo nkaba ubu ngaragara nkuciriritse kuri bo.”

Akomeza agira ati: “Ibi byatumye nganiriza umugore n’abana mbabwira ko nsubiye ku ishuri kandi ko nta mikino ngomba kwiga ngatsinda. Nasabye ubuyobozi bw’ishuri buranyemerera ndaza bibanza kungora nk’umuntu waherukaga twiga mu gifaransa ngasanga byarabaye icyongereza ariko ndahatana mbona ndi kubitsinda.”

 

Yahuye n’inzitizi ariko ntiyacika integer

Dusengimana avuga ko atangira kwiga yahuye n’ibimuca intege ariko ntiyadohoka

Ati: “Ubwa mbere n’iwanjye mu rugo cyane ku bana wabonaga ari bo bafite ipfunwe ryo kwakira ukuntu papa wabo ari kwigana n’abana. Ikindi ku ishuri wabonaga abanyeshuri batabyumva ndetse bakeka ko naba mfite ikibazo mu mutwe bakavuga bati reka dutegereze turebe.

Gusa ibi byagiye bitangira gahoro gahoro babona ndakora nkabona amanota meza babona ko dukomezanyije urugendo rw’amasomo kuko mbere bakekaga ko ari agahezo nzarambirwa nkabivamo.”

Mu ngamba afite harimo no gukomeza muri Kaminuza ndetse afite icyizere ko bizamufasha guhindura ubuzima.

Ati: “Mu cyerekezo cyanjye ntabwo ari ugusoreza aha, kuko nababwiye ko nagaruwe no kubona uko abize kaminuza byabafashije. Ubu rero ndiga nitegura gukora ikizamini cya leta ndetse nkazashaka amanota anyinjiza muri Kaminuza. Ngomba kuyiga byanga bikunda.Iyo ntekereza kuri Kaminuza sinjya ndeba imyaka.”

Yongeyeho ati: “Mfite icyizere ko kwiga kaminuza bizamfasha gusaza neza ntekereza umuryango nk’umuntu ujijutse, nkanawukorera ariko ubuzima bugahinduka nkuko n’abandi byakunze.”

Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye rya APEM Ngarama uwo munyeshuri yigamo buvuga ko bumubonamo icyizere cyo kuzagera ku byo yifuza kuko ibyo akora abikorana imyitwarire myiza no kuba indakemwa.”

Mukamparirwa Claudine uyobora iryo shuri yagize ati: “Umunyeshuri wacu dushima imyitwarire ye aho ubona ko yiga afite icyo ashaka kugeraho. Arangwa n’imyitwarire myiza nk’umunyeshuri ariko akanaba n’umujyanama muri bagenzi be nk’umubyeyi.

Ubushake afite nta kabuza buzatuma intego ze azigeraho kandi natwe nk’ubuyobozi bw’ishuri tumuremamo icyizere tukamwereka ko bishoboka.”

Dusengimana Isaie ashimira cyane ubuyobozi bw’ Igihugu budaheza mu burezi, avuga ko ubundi mu myaka yo hambere hari imyaka warenzaga ukaba utakwakirwa mu mashuri abanza cyangwa ayisumbuye.

Ivomo: Imvaho Nshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + four =

Previous Post

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Next Post

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n'undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.