Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

radiotv10by radiotv10
08/01/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe
Share on FacebookShare on Twitter

Jacques Tuyisenge usanzwe ari rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC akaba ari na Kapiteni w’iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda, arizeza ko ubu ameze neza ku buryo imikino nisubukurwa azagaruka mu kibuga.

Inkuru dukesha urubuga rwa APR FC, ivuga ko ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mutarama 2021 aho yagarutse ku mvune ye amazemo iminsi yanatumye atabasha gutangirana n’abandi imikino ya shampiyona imaze gukinwa imikino 11.

Yagize ati “Nibyo koko maze igihe kinini ntagaragara mu kibuga kubera imvune, Ariko ubu ndakeka ko nidutangira gukina nzatangira gukina kuko ubu nka 95% meze neza.”

Jacques Tuyisenge kandi yakomeje avuga ukuntu akumbuye gukina cyane ko ngo umupira w’amaguru ari bwo buzima bwe gusa avuga ko imvune yari yagize itamwemereraga kugira cyo akora.

Yagize ati “Umupira w’amaguru ni ubuzima bwanjye, rero n’iyo maze umunsi umwe ntakoze ku mupira mba numva ntameze neza, n’uko imvune nari nagize itanyemereraga kugira icyo nkora na kimwe ariko iyo mba mbasha kugira icyo nkora byari kugorana ko mara iki gihe cyose ntakina.”

Uyu rutahizamu kandi w’Ikipe y’u Rwanda, yavuze uko abona shampiyona y’icyiciro cya mbere y’uyu mwaka imeze.

Yagize ati “Shampiyona y’uyu mwaka irakomeya cyane kandi imeze neza cyane kuko urebye amakipe hafi ya yose yariyubatse kandi neza.”

Jacques Tuyisenge yavunikiye mu mukono APR FC yari yakinnyemo na Etoile du Sahel tariki 16 Ukwakira 2021 mu mikino ya CAF Chapions League.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Kuki imibereho ikomeje kurushaho guhenda? Impuguke zabisobanuye zigaragaza n’icyaba umuti

Next Post

AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi

AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.