• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA
0
Japan: Iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe ryatumye Umuyobozi ukomeye yegura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Buyapani, yataganje ko yeguye kubera igikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye muri iki Gihugu cy’iyicwa ry’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, warashwe mu kwezi gushize.

Itaru Nakamura, yavuze ko yifuza kwegura kubera kunanirwa inshingano ze byaturutse ku iraswa rya Shinzo Abe wishwe tariki 08 Nyakanga 2022.

Shinzo Abe wishwe ku myaka 67 y’amavuko, yapfuye nyuma yo kurasirwa mu ruhame ubwo yariho atambutsa imbwirwaruhame ye mu Mujyi wa Nara.

Nyakwigendera Shinzo Abe yarashwe n’umugabo w’imyaka 41 waje amuturutse inyuma akamurasa amasasu abiri arimo icyamufashe ku zuru ndetse no ku mutima.

Polisi yo muri uyu mujyi yahise yishinja icyaha ko itumva ukuntu uyu munyapolitiki arasirwa mu ruhame.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Buyapani, Nakamura ubwo yavugaga ku iyegura rye, yagize ati “Mu nzira zo kugenzura umugambi w’urwego rw’umutekano wacu, twaje kubona ko inshingano z’umutekano zacu zikwiye kuvugururwa.”

Inzobere mu by’umutekano, zarebye amashusho y’irashwa rya Shinzo Abe, ziherutse kubwira Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko abari bamurinze bashobora kumutabara bakamukura aho yarasiwe ku isegonda rya 2,5 nyuma yuko arashswe isasu rya mbere.

Uwitwa Tetsuya Yamagami, ukekwaho kwica uyu Munyapolitiki, yahise afatirwa aho yamurasiye, ndetse akaba yaremeye icyaha, avuga ko ibyo yakoze yabitewe n’imyemerere y’uyu yivuganye ngo kuko ari yo yangije imibereho y’umubyeyi we mu by’amikoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 11 =

Previous Post

Bararara bamwenyura: Abamotari bakunze kugaragaza ibibazo, P.Kagame yabahaye isezerano

Next Post

P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.