• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

radiotv10by radiotv10
07/04/2022
in Uncategorized
0
Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

Antonio Guterres

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yongeye kunenga amahanga yatereranye Abatutsi, Jenoside igategurwa, ikarinda ishyirwa mu bikorwa arebera ntagire icyo akora kandi byarashobokaga ko yakumirwa.

António Guterres yabitangaje mu ijambo yageneye uyu munsi u Rwanda n’Isi yose binjira mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko Isi yose yifatanyije mu guha icyubahiro Miliyoni y’Abatutsi bishwe mu minsi 100 muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati “Duhaye icyubahiro abishwe kandi twifatanyije n’abayirikotse mu kwiyubaka no kwigira kandi twibuka ugutsindwa kwacu nk’amahanga.”

Yakomeje agira ati “Jenoside ntabwo yabayeho ku bw’impanuka cyangwa ngo ibe itarashoboraga gukumirwa, yateguwe ndetse inonosorwa inashyirwa mu bikorwa abantu barebera.”

Yanenze uburyo ibikorwa byo gutoteza Abatutsi ndetse byabaga ndetse bivugwa mu makuru ariko amahanga akabitera umugongo.

Yagize ati “Hari byinshi byashoboraga gukorwa ariko ntacyakozwe, nyuma y’iki gihe cyose turacyafite ipfunwe.”

Yaboneyeho kuvuga ko nyuma y’imyaka 28 habayeho Jenoside Yakorewe Abatutsi, abatuye Isi bakwiye kwamaganira kure urwango ahubwo bagashyira imbere ubumwe.

Yanavuze ko Ubutabera mpuzamahanga bwagize uruhare mu kugaragaza ko umuco wo kudahana udafite icyicaro mu Isi kuko Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwaciriye amanza bamwe mu bateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati “Kandi byatweretse uburyo ubutabera bugira uruhare mu kuzana amahoro arambye.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda uyu munsi ni urugero rudashidikanywaho rw’uburyo ikiremwamuntu cyakira inkovu z’ibikomere bikomeye ndetse no kuva mu mwijima ukiyubaka ukaba umuryango ushikamye.”

Yanagarutse kandi ku buryo ubu u Rwanda ari Igihugu gitanga ingero mu nzego zinyuranye nko kuba ruza imbere mu buringanire bw’abagore n’abagabo by’umwihariko ubu Inteko Ishinga Amategeko ikaba igizwe n’abagore bagera muri 60%.

Ati “U Rwanda kandi ni Igihugu cya kane gitanga umusanzu mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro rukemera gushyira mu ngaruka abasirikare barwo mu gukura abandi mu majye na bo ubwabo banyuzemo.”

António Guterres yavuze ko Jenoside Yakorewe Abatutsi yatumye ikiremwamuntu kigomba guhora gitekereza uruhare cyagira mu guharanira amahoro n’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 6 =

Previous Post

Kwibuka abishwe muri Jenoside ni igihango si umuhango- Bamporiki

Next Post

Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka28

Abarimo Lacazette mu butumwa bwa Arsenal bwo kwifatanya n'Abanyarwanda mu Kwibuka28

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.