Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, yiyemeje kugaragaza ibyiza bitatse u Rwanda, atangirira uru rugendo mu bice binogeye ijisho birimo Hoteli Cleo Lake Kivu iteye amabengeza yubatse ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu.

Abinyujije mu biganiro azajya atambutsa kuri YouTube Channel ye, Miss Jolly yavuze ko uru rugendo atangiye ruzafasha benshi kumenya byimbitse ubwiza bw’u Rwanda bwahogoje benshi ku Isi.

Mu kiganiro cya mbere, Miss Jolly avuga ko yifuje kujya ahantu heza mu Rwanda yari ataragera mu Ntara y’Iburengerazuba, akavugana na sosiyete y’ubucuruzi bw’ingendo zo mu kirere bamwemereye kumuha indege imwerekezayo ku giciro cyiza.

Ati “Bamfashije kugera ku mu gace gateye amabengeza muri Kibuye kuri Cleo Kivu Hotel. Mana yanjye!! Ndifuza kubahamagarira kuzasura aha hantu aho bafite imitangire ya serivisi ntagereranywa. Ni ahantu hahebuje ku bantu bakwifuza kuhagirira ukwezi kwa buki, abifuza kuhakorera ubukwe, inama cyangwa abifuza kuruhuka, ndahabatuye!”

Akomeza avuga ko kuva ku mitangire ya serivisi, ibyumba byaho, amafunguro, ibyo kunywa; byose ni ntamakemwa, ati “Ni ahantu heza cyane niba ukunda ahantu hatuje.”

Muri aya mashusho aherekejwe n’ibihe bidasanzwe Miss Jolly yagize, agaragaramo ari muri iyi hoteli ya Cleo Lake Kivu, atembera mu bice byayo binyuranye birimo mu byumba, ahafatirwa amafunguro, hose hagaragaza umwihariko w’ubwiza bw’iyi Hoteli iherereye mu Karere ka Karongi.

Iyi hoteli kandi iherutse kugendererwa na Perezida Paul Kagame mu cyumweru gishize ubwo yagiriraga uruzinduko mu bice binyuranye byo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba.

Nyagahene Eugene, Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group irimo n’ishoramari ry’iyi Hoteli, yashimiye Umukuru w’u Rwanda ku bwo kugenderera iyi hoteli ndetse no kunama nziza yagiriye ubuyobozi bwayo.

Miss Jolly kuri Hoteli Cleo yahagiriye ibihe byiza atazibagirwa

Hamwe n’abakozi bamufashije muri uru rugendo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Next Post

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.