Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, yiyemeje kugaragaza ibyiza bitatse u Rwanda, atangirira uru rugendo mu bice binogeye ijisho birimo Hoteli Cleo Lake Kivu iteye amabengeza yubatse ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu.

Abinyujije mu biganiro azajya atambutsa kuri YouTube Channel ye, Miss Jolly yavuze ko uru rugendo atangiye ruzafasha benshi kumenya byimbitse ubwiza bw’u Rwanda bwahogoje benshi ku Isi.

Mu kiganiro cya mbere, Miss Jolly avuga ko yifuje kujya ahantu heza mu Rwanda yari ataragera mu Ntara y’Iburengerazuba, akavugana na sosiyete y’ubucuruzi bw’ingendo zo mu kirere bamwemereye kumuha indege imwerekezayo ku giciro cyiza.

Ati “Bamfashije kugera ku mu gace gateye amabengeza muri Kibuye kuri Cleo Kivu Hotel. Mana yanjye!! Ndifuza kubahamagarira kuzasura aha hantu aho bafite imitangire ya serivisi ntagereranywa. Ni ahantu hahebuje ku bantu bakwifuza kuhagirira ukwezi kwa buki, abifuza kuhakorera ubukwe, inama cyangwa abifuza kuruhuka, ndahabatuye!”

Akomeza avuga ko kuva ku mitangire ya serivisi, ibyumba byaho, amafunguro, ibyo kunywa; byose ni ntamakemwa, ati “Ni ahantu heza cyane niba ukunda ahantu hatuje.”

Muri aya mashusho aherekejwe n’ibihe bidasanzwe Miss Jolly yagize, agaragaramo ari muri iyi hoteli ya Cleo Lake Kivu, atembera mu bice byayo binyuranye birimo mu byumba, ahafatirwa amafunguro, hose hagaragaza umwihariko w’ubwiza bw’iyi Hoteli iherereye mu Karere ka Karongi.

Iyi hoteli kandi iherutse kugendererwa na Perezida Paul Kagame mu cyumweru gishize ubwo yagiriraga uruzinduko mu bice binyuranye byo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba.

Nyagahene Eugene, Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group irimo n’ishoramari ry’iyi Hoteli, yashimiye Umukuru w’u Rwanda ku bwo kugenderera iyi hoteli ndetse no kunama nziza yagiriye ubuyobozi bwayo.

Miss Jolly kuri Hoteli Cleo yahagiriye ibihe byiza atazibagirwa

Hamwe n’abakozi bamufashije muri uru rugendo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 4 =

Previous Post

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Next Post

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.