Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Jolly urugendo rwo kugaragaza ibitatse u Rwanda yarutangiriye kuri Hoteli Cleo iteretse ku Kivu
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, yiyemeje kugaragaza ibyiza bitatse u Rwanda, atangirira uru rugendo mu bice binogeye ijisho birimo Hoteli Cleo Lake Kivu iteye amabengeza yubatse ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu.

Abinyujije mu biganiro azajya atambutsa kuri YouTube Channel ye, Miss Jolly yavuze ko uru rugendo atangiye ruzafasha benshi kumenya byimbitse ubwiza bw’u Rwanda bwahogoje benshi ku Isi.

Mu kiganiro cya mbere, Miss Jolly avuga ko yifuje kujya ahantu heza mu Rwanda yari ataragera mu Ntara y’Iburengerazuba, akavugana na sosiyete y’ubucuruzi bw’ingendo zo mu kirere bamwemereye kumuha indege imwerekezayo ku giciro cyiza.

Ati “Bamfashije kugera ku mu gace gateye amabengeza muri Kibuye kuri Cleo Kivu Hotel. Mana yanjye!! Ndifuza kubahamagarira kuzasura aha hantu aho bafite imitangire ya serivisi ntagereranywa. Ni ahantu hahebuje ku bantu bakwifuza kuhagirira ukwezi kwa buki, abifuza kuhakorera ubukwe, inama cyangwa abifuza kuruhuka, ndahabatuye!”

Akomeza avuga ko kuva ku mitangire ya serivisi, ibyumba byaho, amafunguro, ibyo kunywa; byose ni ntamakemwa, ati “Ni ahantu heza cyane niba ukunda ahantu hatuje.”

Muri aya mashusho aherekejwe n’ibihe bidasanzwe Miss Jolly yagize, agaragaramo ari muri iyi hoteli ya Cleo Lake Kivu, atembera mu bice byayo binyuranye birimo mu byumba, ahafatirwa amafunguro, hose hagaragaza umwihariko w’ubwiza bw’iyi Hoteli iherereye mu Karere ka Karongi.

Iyi hoteli kandi iherutse kugendererwa na Perezida Paul Kagame mu cyumweru gishize ubwo yagiriraga uruzinduko mu bice binyuranye byo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba.

Nyagahene Eugene, Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group irimo n’ishoramari ry’iyi Hoteli, yashimiye Umukuru w’u Rwanda ku bwo kugenderera iyi hoteli ndetse no kunama nziza yagiriye ubuyobozi bwayo.

Miss Jolly kuri Hoteli Cleo yahagiriye ibihe byiza atazibagirwa

Hamwe n’abakozi bamufashije muri uru rugendo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + one =

Previous Post

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Next Post

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi…Hari abayobozi bakomeye byababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.