Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA, POLITIKI
0
Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Matora ya Perezida wa Repubulika, na Madamu we Jeannette Kagame; bakiriya abahanzi batuye mu Karere ka Bugesera nyuma y’uko abihawemo icyifuzo na Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, ndetse aranabagabira.

Nk’uko tubikesha Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye aba bahanzi kuri iki Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024, baratarama nk’uko byari byasabwe na Knowless.

Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, bwagize buti “Kuri iki Cyumweru muri Kibugabuga, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye abahanzi batuye muri Karumuna, mu gusohoza isezerano yatanze mu cyumweru gishize mu bikorwa byo kwiyamamaza bya FPR byabereye i Bugesera.”

Ubu butumwa bw’Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi bukomeza bugira buti “Perezida kandi yagabiye inka buri muhanzi.”

Tariki 06 Nyakanga 2024, ubwo Paul Kagame yakomerezaga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Bugesera, umuhanzikazi Knowless wagaragaje ibyiza byagezweho kubera imiyoborere myiza ya FPR-Inkotanyi irangajwe imbere na Paul Kagame, yamugejejeho icyifuzo.

Butera Knowless usanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, aho Paul Kagame na we atuye ndetse anafite urwuri, yamusabye ko yazabasura, bakagira umwanya wo kuganira nk’abaturanyi.

Paul Kagame ubwo yatangiraga ijambo rye mu kwiyamamaza, yabanje gusubiza iki cyifuzo cyari cyatanzwe na Knowless, aho yagize ati “Reka mbanze nsubize ibyasabwe na Knowless, ni uko yavuze mbere yanjye, naho nanjye nari mbifite ko nzashaka umwanya nkabatumira tugatarama.”

Nk’uko bisanzwe, Paul Kagame yahiguye iri sezerano, nyuma y’icyumweru kimwe gusa, ejo kuri iki Cyumweru tariki 14 yakiriye mu rugo rwe i Bugesera, abahanzi barimo Nkowless ndetse na Tom Close, basanzwe bafite amazina akomeye mu Rwanda, bakaba banatuye muri aka Karere ka Bugesera.

Mu bandi bazwi bakiriwe na Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, barimo Ishimwe Clement utunganya umuziki, usanzwe ari umugabo wa Knowless, Tricia usanzwe ari umugore wa Tom Close na we uzwi mu ruganda rw’ubwanditsi bw’ibitabo, Platini P., Nel Ngabo, na Meddy Saleh uzwi mu gutunganya imiziki mu buryo bw’amashusho.

Perezida Kagame yabakiriye anabatembereza mu rwuri

Banagize umwanya wo gutarama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Bizejwe ibyari kubafasha gusezerera ubukene ariko ibyakurikiye sibyo bari biteze

Next Post

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.