Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KAGUGU: Mukantabana wonsa umwuzukuru we arasaba ubufasha

radiotv10by radiotv10
18/10/2021
in MU RWANDA
0
KAGUGU: Mukantabana wonsa umwuzukuru we arasaba ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Mukantabana Marie Jeanne wo mu mudugudu wa Rukingu mu kagali ka Kagugu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere ka Gasabo arasaba ubuyobozi kumutera inkunga kuko yahuye n’ikibazo umwana we w’umukobwa wari umaze ukwezi abyaye akaza gufatwa n’uburwayi bwo mu mutwe kuri ubu akaba ariwe usigaye yonsa uruhinja rw’uyu murwayi.

Uyu Mukantabana Marie Jeanne atuye mu mudugudu wa Rukingu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere ka Gasabo uyu arasaba ubufasha bitewe n’uko umwana we w’umukobwa nyuma yo gushaka amaze kubyara yafashwe n’uburwayi bwo mu mutwe kuri ubu akaba ari mu bitaro byita kubafite uburwayi bwo mu mutwe i Ndera ibi byatumye uyu mukecuru w’abana batanu ariwe usigara yonsa uru ruhinja rw’amezi ane bikaniyongeraho ko we n’umugabo we bahoranaga amakimbirane magingo aya nawe akaba afunzwe ari nabyo aheraho asaba ubufasha kuko ngo atorohewe no kurera uru ruhinja rwiyongereye kubana asanganywe

Yagize ati”umwana akimara gushaka yahise afatwa n’uburwayi umugabo aramutuzunira nkomeza kumwitaho jyenyine kuko umugabo wanjye twamubyaranye nawe ntitwari tubanye neza ibaze ko iyo umwana yagiraga ikibazo papa we yahitagamo kumuboha amaguru n’amaboko akanamukubita ibyo byose bikambabaza ninabyo byatumye murega agafungwa”

Uyu mugore avuga ko atorohewe no kurera urwo ruhinja cyimwe n’abana umugabo yamusigiye.

Ati” ubu kwita kuri uru ruhinja n’abana batanu mfite ntabwo binyoroheye rwose munkorere ubuvugizi abagiraneza bantabare ndagowe”

Bamwe mu baturanyi ba Mukantabana bavuganye na Radio&TV10 nabo bemeza ko akwiye gufashwa kuko ngo abayeho mu buzima busharirirye

Umwe yagize ati”uyu muntu ni uwo gutabarwa reba abana bamuri ku mutwe n’umugabo we ntacyo amumariye”.

Mugenzi we ati”reta nirebe uko ifasha uyu mubyeyi kuko ntiyorohewe ubuse koko azikorera ibibazo afite abishobore?”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akagari ka Kagugu twabashije kuvugana bavuga ko nabo icyo bari gukora ari ubuvugizi uyu muturage agafashwa gukomeza kwita kuri uru ruhinja no kubona ubushobozi bwo kuvuza uriya murwayi.

Mazimpaka Patric umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kagugu uyu muturage atuyemo yagize ati” icyo kibazo turakizi rero icyo tugiye gukora ni ukohereza abajyanama b’ubuzima bagakurikirana uyu mwana kugirango atazahura n’ikibazo cy’imirire mibi ikindi natwe turakomeza dukore ubuvugizi uyu mukecuru afashwe gukurikirana uriya mu rwayi”.

Amakuru Radio TV10 yamenye ni uko umugabo wari warashakanye n’uriya mu rwayi amaze gufatwa n’indwara yahise aburirwa irengero.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − four =

Previous Post

CRCKET: Imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo ikomeje kubera mu Rwanda, U Rwanda rwatsinzwe na Uganda

Next Post

NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.