Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KAGUGU: Mukantabana wonsa umwuzukuru we arasaba ubufasha

radiotv10by radiotv10
18/10/2021
in MU RWANDA
0
KAGUGU: Mukantabana wonsa umwuzukuru we arasaba ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Mukantabana Marie Jeanne wo mu mudugudu wa Rukingu mu kagali ka Kagugu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere ka Gasabo arasaba ubuyobozi kumutera inkunga kuko yahuye n’ikibazo umwana we w’umukobwa wari umaze ukwezi abyaye akaza gufatwa n’uburwayi bwo mu mutwe kuri ubu akaba ariwe usigaye yonsa uruhinja rw’uyu murwayi.

Uyu Mukantabana Marie Jeanne atuye mu mudugudu wa Rukingu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere ka Gasabo uyu arasaba ubufasha bitewe n’uko umwana we w’umukobwa nyuma yo gushaka amaze kubyara yafashwe n’uburwayi bwo mu mutwe kuri ubu akaba ari mu bitaro byita kubafite uburwayi bwo mu mutwe i Ndera ibi byatumye uyu mukecuru w’abana batanu ariwe usigara yonsa uru ruhinja rw’amezi ane bikaniyongeraho ko we n’umugabo we bahoranaga amakimbirane magingo aya nawe akaba afunzwe ari nabyo aheraho asaba ubufasha kuko ngo atorohewe no kurera uru ruhinja rwiyongereye kubana asanganywe

Yagize ati”umwana akimara gushaka yahise afatwa n’uburwayi umugabo aramutuzunira nkomeza kumwitaho jyenyine kuko umugabo wanjye twamubyaranye nawe ntitwari tubanye neza ibaze ko iyo umwana yagiraga ikibazo papa we yahitagamo kumuboha amaguru n’amaboko akanamukubita ibyo byose bikambabaza ninabyo byatumye murega agafungwa”

Uyu mugore avuga ko atorohewe no kurera urwo ruhinja cyimwe n’abana umugabo yamusigiye.

Ati” ubu kwita kuri uru ruhinja n’abana batanu mfite ntabwo binyoroheye rwose munkorere ubuvugizi abagiraneza bantabare ndagowe”

Bamwe mu baturanyi ba Mukantabana bavuganye na Radio&TV10 nabo bemeza ko akwiye gufashwa kuko ngo abayeho mu buzima busharirirye

Umwe yagize ati”uyu muntu ni uwo gutabarwa reba abana bamuri ku mutwe n’umugabo we ntacyo amumariye”.

Mugenzi we ati”reta nirebe uko ifasha uyu mubyeyi kuko ntiyorohewe ubuse koko azikorera ibibazo afite abishobore?”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akagari ka Kagugu twabashije kuvugana bavuga ko nabo icyo bari gukora ari ubuvugizi uyu muturage agafashwa gukomeza kwita kuri uru ruhinja no kubona ubushobozi bwo kuvuza uriya murwayi.

Mazimpaka Patric umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kagugu uyu muturage atuyemo yagize ati” icyo kibazo turakizi rero icyo tugiye gukora ni ukohereza abajyanama b’ubuzima bagakurikirana uyu mwana kugirango atazahura n’ikibazo cy’imirire mibi ikindi natwe turakomeza dukore ubuvugizi uyu mukecuru afashwe gukurikirana uriya mu rwayi”.

Amakuru Radio TV10 yamenye ni uko umugabo wari warashakanye n’uriya mu rwayi amaze gufatwa n’indwara yahise aburirwa irengero.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

CRCKET: Imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo ikomeje kubera mu Rwanda, U Rwanda rwatsinzwe na Uganda

Next Post

NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

Related Posts

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe...

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

by radiotv10
16/04/2026
0

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.