Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in Uncategorized
2
Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda uyu munsi waje mu Rwanda, yahagurutse mu Gihugu cye n’Indege ya Kajugujugu ya Gisirikare imusiga hakurya y’u Rwanda ubundi yinjira akoresheje umupaka w’ubutaka aboneraho kuramutsa Abanyarwanda. Abahanga muri Politiki bemeza ko bifite igisobanuro.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni waje yitabiriye CHOGM iri kubera mu Rwanda, yari amaze imyaka itanu adaheruka mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Museveni yagaragaje ahagurutse mu Gihugu cye aje mu Rwanda muri iyi nama azanywe n’indege yo mu bwoko bwa Kajugujugu ya gisirikare.

Nyuma y’amasaha abiri, Museveni yongeye kugaragaza amafoto n’amashusho yinjirira ku mupaka wa Gatuna/Katuna aza mu Rwanda.

Muri aya mashusho kandi, Museveni agaragara amaze kwinjira mu Rwanda aramutsa Abanyarwanda bari ku mupaka wa Gatuna, ati “Muraho!” Na bo bakamusubiza bagira bati “Muraho!” bagahita bakomera icyarimwe amashyi.

Museveni kandi akomeza abaza aba baturage ati “Murakomeye cyane?” bakamusubiza bagira bati “Yego turakomeye.”, bamukomera amashyi, na we akongera akagira ati “Nanjye ndakomeye cyane nk’amabuye.”, bakongera bamakumuhundagazaho amashyi.

Museveni waherukaga mu Rwanda mu myaka itanu ishize, aje nyuma y’amezi macye u Rwanda na Uganda bongeye kuba umwe nyuma y’igihe ibi Bihugu byombi birebana ay’ingwe.

Umwe mu basesengura ibijyanye na Politiki, avuga ko kuba Museveni yanyuze ku mupaka w’ubutaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cye, bifite ikintu gikomeye bisobanuye.

Yagize ati “Bisa no kwerekana ko nyuma y’imyaka itanu ataza, yaje yemye ndetse yinjiye mu Rwanda abyishimiye anabishaka, kugira ngo anumve n’umwuka waho.”

Uyu musesenguzi anagaruka ku gikorwa cyakozwe na Museveni wabanje kuramutsa Abanyarwanda, ati “Urumva nk’umuntu uzi neza amateka y’u Rwanda na Uganda ko ari abavandimwe, yifuje no kubaramutsa kugira ngo abahumurize ko ibibazo byabaye hagati y’Ibihugu byombi bisa n’ibitakiriho, kandi abereka ko urujya n’uruza ubu ari ntamakemwa.”

Kuva tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wananyuzwehona Museveni, wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itanu wari umaze ufunze.

Museveni yinjiye mu Rwanda akoresheje inzira y’ubutaka

RADIOTV10

Comments 2

  1. Boniface says:
    3 years ago

    None se uwo musesenguzi utarasesenguye ngo atugezeho iryo sesengura, yumva neza ubusesenguzi icyo ari cyo? Ni nde utabasha kuvuga ko BIFITE ICYO BISOBANUYE??? !!!

    Reply
  2. KALIISA JOHN BOSCO BAIFA says:
    3 years ago

    Nyine yarigukomeza akaduha nibimenyetso byisesengurwa ryurugendo,akareka kudusiga munzira Kandi atweretse ko ayizi.
    Aho aratuyobeje rero.

    Reply

Leave a Reply to KALIISA JOHN BOSCO BAIFA Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Next Post

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.