Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenyewe n’ibiza bo mu Murenge wa Rubengera bacumbikiwe mu nsengero ebyiri ziri mu Kagari ka Nyarugenge, bashimira uburyo bitaweho bakaba batarigeze bicwa n’imbeho cyangwa inzara, gusa nanone ntibabura kwibaza igihe bazavira muri iri cumbi.

Senyenzi Sylvestre, umwe muri aba baturage, avuga ko nyuma yo gusenyerwa n’ibiza, ubuyobozi bwababaye hafi ku buryo batigeze babura icyo kurya n’icyo kunywa.

Ati “Tukihagera habise batwakira batwereka aho tugomba kuba, hano mu nzu nta mbeho yatwishe, nta nzara itugeraho rwose nta n’uwavuga ngo afite inyota, ku gikoma mu gitondo tuba twagisamuye tugahembuka.”

Icyakora abasanzwe basengera mu rusengero rucumbitsemo aba baturage basenyewe n’ibiza, bavuga ko bafite impungenge zo kutamenya igihe bazongera gusengeramo kuko ubu bari gusengera hanze ngo bigatuma abitabira bagabanuka.

Mukabaryubahe yagize ati “Twabaye twiyeranje dusengera hanze ariko ntabwo tuzi igihe bazamaramo. Imbogamizi ntizabura urabona ni igihe cy’imvura iramutse iguye ntitwaba tugisenze ndetse n’iyo izuba rivuye urabona nk’abana bato ndetse n’abafite intege nke ntibabasha kuryihanganira, ubwo ni ukuvuga ngo hari gusenga abantu bakeya.”

Aba baturage bagaragaza ko kuba batazi igihe bazamara muri izi nsengero, ari ikibazo kuri bo.

Banagaruka ku bindi bibazo bibahangayikishije nko kuba batari hafi y’imitungo yabo nk’imyaka, ku buryo ishobora kwibwa cyangwa ikangizwa.

Mukantwari Jeanette ati “Batugirira vuba bakadusanira bakaduha amabati tugasubira mu icumbi ryacu kubera ko nyine ntabwo hano twazahamara igihe kirekire n’abana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine avuga ko hari ikiri gukorwa kuri ibi bibazo by’abaturage, icyakora ntavuga igihe bizakorerwa.

Agita ati “Hariho harashakwa uburyo iki kibazo cyakemuka ku buryo burambye.”

Aha hantu hacumbikiwe aba bantu basenyewe n’ibiza, kuri site ya Nyarugenge icumbitsemo imiryango 101 igizwe n’abantu 458, bose baba mu nsengero ebyiri.

Barashima ariko bakibaza igihe bazasubirira mu byabo

Ibyo kurya barabifite ntakibazo
Abasengeraga muri izi nsengero basigaye basengera hanze

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro

Next Post

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.