Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in BASKETBALL, MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Ikiganiro cya mbere cya Minisitiri nyuma yo kuvugwaho gufungwa akaza kugaragara mu ruhame amwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibyacicikanye ku mbuga nkoranyambaga ko Minisitiri wa Siporo mu Rwanda yaba yatawe muri yombi, yaje kugaragara mu ruhame yitabiriye umukino wa Basketball, yarebanye akanyamuneza, ndetse anatanga ikiganiro cyagarutse ku bufatanye bwa NBA Africa na Guverinoma y’u Rwanda.

Kuva mu ijoro ry’igicuku ryo hirya y’ejo hashize, ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko Twitter, hacicikanye amakuru yavugaga ko hari umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda watawe muri yombi, ngo nyuma yo gufatirwa mu cyuho yakira indonke.

Aya makuru yarakomeje kugeza no mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, aho abakoresha uru rubuga rwa Twitter, bageze aho bakanatobora, bakavuga ko uwafashwe ari Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju.

Gusa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaje guhakana aya makuru, ruvuga ko nta Minisitiri wo mu Rwanda watawe muri yombi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagize ati “Ni ibihuha, nta Minisitiri wafatiwe muri Hoteli.”

Uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, Aurore Mimosa Munyangaju wavugwagaho aya makuru y’ibihuha, yaje no kugaragara mu mukino wa gicuti wa Basketball wahuje ikipe y’irerero rya NBA Africa ndetse n’ikipe yo mu Rwanda ya Espoir BBC, wabereye mu ishuri rya LDK ryo mu Mujyi wa Kigali.

Aurore Mimosa Munyangaju yari kumwe n’abandi bayobozi bari bitabiriye uyu mukino barimo Perezida w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Desire, ndetse n’Umuyobozi wa NBA Africa, Victor Williams.

Munyangaju warebye uyu mukino bigaragara ku maso ko yishimye nkuko akunze kugaragara, yanatanze ikiganiro nyuma yawo, yahaye Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, cyagarutse ku bufatanye bwa NBA Africa na Leta y’u Rwanda.

Yavuze ko iki kibuga cyakiniweho uyu mukino, ari imwe mu mbuto z’ubu bufatanye, kuko cyubatswe ku bufatanye bwa FERWABA na NBA Africa.

Ati “Ni muri gahunda yo kubaka ibikorwa remezo kugira ngo abana bakiri bato bashobore kuba babigeraho batishyuye, bikaba aho batuye, ariko byumwihariko hano muri iri shuri bimaze gufasha abana batari bacye.”

Yakomeje avuga ko ibi bikwiye kubera urugero rwiza n’abandi bifuza kuba abafatanyabikorwa muri siporo yo mu Rwanda, kugira ngo hakomeze kuboneka ibikorwa nk’ibi bizamura impano z’abana b’u Rwanda.

Ni ikiganiro Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yatanze, adategwa, akomeye ku isura ndetse bigaraga ko ntakibazo na gito afite dore ko yari yiriwe avugwaho amakuru y’ibihuha ko yatawe muri yombi na RIB.

Yagaragaye muri uyu mukino amwenyura

Yaganiraga n’abandi banyacyubahiro bari bawitabiriye
Umukino urangiye yaganiraga na no bishimira uko umukino wagenze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Karongi: Abacumbikiwe mu nsengero barashima ariko hari n’ikibazo kibaremereye ku mutima

Next Post

DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

DRCongo: Ibyabaye ku muryango w’abantu barindwi byateye agahinda benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.