• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi batujwe mu mudugudu w’icyitererezo w’inzu zigeretse, baravuga ko imyotsi ibarembeje, ndetse no mu gihe cy’imvura, amazi yisuka aho batekera.

Aba baturage batujwe muri izi nzu nyuma yo kwimurwa ahakorerwa ubuhinzi bw’icyayi, gusa bavuga ko ibikoni byazo byubatse nabi, kuko inzira zisohora imyotsi zitayisohora, ku buryo iyo bacanye ikwira mu nzu yose.

Umwe yagize ati “Iyo ducanye imyotsi iratwica. Inzira z’imyotsi niba zubatse nabi cyangwa zarazibye ntawe ubizi, umwotsi urasakara hose mu byumba no muri salo hose ujyamo.”

Uretse ikibazo cy’imyotsi, aba baturage banavuga ko bitewe n’imyubakire y’izi nzu, ahagana nko ku ibaraza mu gihe cy’imvura amazi agera aho bacanira, ku buryo hari ababura uko bateka.

Nzabonimpa Chantal “Ibikoni baduhaye ni hanze, iyo utetse imvura ikagwa irakunyagira.”

Nyuma yo kugaragariza ubuyobozi iki kibazo, bavuga ko bahawe inama yo gutekesha amakara kugira ngo umwotsi ugabanuke, ariko nanone bamwe bakavuga ko batabasha kuyigondera kubera ubushobozi buke

Nzabonimpa akomeza agira ati “Naba nabuze icyo ndya nkajya kugura umufuka w’amakara se nawigondera? Nk’ubu mvuye gukorera igihumbi kimwe kandi ndahita nkiguramo kawunga, ubwo se amakara urumva yavahe?”

Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Karongi, Niragire Theophile avuga ko kubaka ibikoni mu nzu, byakozwe mu rwego rwo kurondereza ubutaka, ariko ko nyuma yo kubona iki kibazo hageragejwe uburyo butandukanye burimo no guha aba baturage amashyiga arondereza.

Ati “Twageze aho tujya gusura indi midugudu yubatswe ahandi mu bice bitandukanye by’Igihugu batwereka uburyo twavugurura, batwereka uburyo dushobora kuvugurura imiterere ya kiriya gikoni mo imbere ku buryo shemine yazamura umwotsi ntiwujyane mu nzu mo imbere.”

Hashize imyaka itatu aba baturage batangiye kugaragaza iki kibazo gituma zimwe nzu zaramaze kuba umukara kubera imyotsi idasohoka ahubwo igakwira mu nzu.

Bacana inkwi ariko imyotsi ntisohokere aho yagenewe
Imyotsi ihita ikwira mu nzu yose
Inzu zatangiye kwangizwa n’imyotsi
Batujwe mu nzu nziza barabyishimira ariko barasaba ko iki kibazo gikemuka

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    umuturage ntagomba gutura aho atishimiye. Ku bufatanye na community/umuganda ubuyobozi bumwubakire ku isambu ye, inzu yarimo ntizabura uyituramo dore ko iriya midugudu ari iyo kureberaho imiturire ikwiye ariko si agahato kuko umuturage afatanije na Leta. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − four =

Previous Post

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Next Post

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Haravugwa intwaro zasanganywe uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda ukurikiranyweho kuzitunga atabyemerewe

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.