Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi batujwe mu mudugudu w’icyitererezo w’inzu zigeretse, baravuga ko imyotsi ibarembeje, ndetse no mu gihe cy’imvura, amazi yisuka aho batekera.

Aba baturage batujwe muri izi nzu nyuma yo kwimurwa ahakorerwa ubuhinzi bw’icyayi, gusa bavuga ko ibikoni byazo byubatse nabi, kuko inzira zisohora imyotsi zitayisohora, ku buryo iyo bacanye ikwira mu nzu yose.

Umwe yagize ati “Iyo ducanye imyotsi iratwica. Inzira z’imyotsi niba zubatse nabi cyangwa zarazibye ntawe ubizi, umwotsi urasakara hose mu byumba no muri salo hose ujyamo.”

Uretse ikibazo cy’imyotsi, aba baturage banavuga ko bitewe n’imyubakire y’izi nzu, ahagana nko ku ibaraza mu gihe cy’imvura amazi agera aho bacanira, ku buryo hari ababura uko bateka.

Nzabonimpa Chantal “Ibikoni baduhaye ni hanze, iyo utetse imvura ikagwa irakunyagira.”

Nyuma yo kugaragariza ubuyobozi iki kibazo, bavuga ko bahawe inama yo gutekesha amakara kugira ngo umwotsi ugabanuke, ariko nanone bamwe bakavuga ko batabasha kuyigondera kubera ubushobozi buke

Nzabonimpa akomeza agira ati “Naba nabuze icyo ndya nkajya kugura umufuka w’amakara se nawigondera? Nk’ubu mvuye gukorera igihumbi kimwe kandi ndahita nkiguramo kawunga, ubwo se amakara urumva yavahe?”

Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Karongi, Niragire Theophile avuga ko kubaka ibikoni mu nzu, byakozwe mu rwego rwo kurondereza ubutaka, ariko ko nyuma yo kubona iki kibazo hageragejwe uburyo butandukanye burimo no guha aba baturage amashyiga arondereza.

Ati “Twageze aho tujya gusura indi midugudu yubatswe ahandi mu bice bitandukanye by’Igihugu batwereka uburyo twavugurura, batwereka uburyo dushobora kuvugurura imiterere ya kiriya gikoni mo imbere ku buryo shemine yazamura umwotsi ntiwujyane mu nzu mo imbere.”

Hashize imyaka itatu aba baturage batangiye kugaragaza iki kibazo gituma zimwe nzu zaramaze kuba umukara kubera imyotsi idasohoka ahubwo igakwira mu nzu.

Bacana inkwi ariko imyotsi ntisohokere aho yagenewe
Imyotsi ihita ikwira mu nzu yose
Inzu zatangiye kwangizwa n’imyotsi
Batujwe mu nzu nziza barabyishimira ariko barasaba ko iki kibazo gikemuka

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    umuturage ntagomba gutura aho atishimiye. Ku bufatanye na community/umuganda ubuyobozi bumwubakire ku isambu ye, inzu yarimo ntizabura uyituramo dore ko iriya midugudu ari iyo kureberaho imiturire ikwiye ariko si agahato kuko umuturage afatanije na Leta. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Next Post

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa intwaro zasanganywe uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda ukurikiranyweho kuzitunga atabyemerewe

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.