Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Karongi: Batujwe mu nzu zigezweho ariko bazifitiyemo ibibazo nk’ibyo mu zo bahozemo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi batujwe mu mudugudu w’icyitererezo w’inzu zigeretse, baravuga ko imyotsi ibarembeje, ndetse no mu gihe cy’imvura, amazi yisuka aho batekera.

Aba baturage batujwe muri izi nzu nyuma yo kwimurwa ahakorerwa ubuhinzi bw’icyayi, gusa bavuga ko ibikoni byazo byubatse nabi, kuko inzira zisohora imyotsi zitayisohora, ku buryo iyo bacanye ikwira mu nzu yose.

Umwe yagize ati “Iyo ducanye imyotsi iratwica. Inzira z’imyotsi niba zubatse nabi cyangwa zarazibye ntawe ubizi, umwotsi urasakara hose mu byumba no muri salo hose ujyamo.”

Uretse ikibazo cy’imyotsi, aba baturage banavuga ko bitewe n’imyubakire y’izi nzu, ahagana nko ku ibaraza mu gihe cy’imvura amazi agera aho bacanira, ku buryo hari ababura uko bateka.

Nzabonimpa Chantal “Ibikoni baduhaye ni hanze, iyo utetse imvura ikagwa irakunyagira.”

Nyuma yo kugaragariza ubuyobozi iki kibazo, bavuga ko bahawe inama yo gutekesha amakara kugira ngo umwotsi ugabanuke, ariko nanone bamwe bakavuga ko batabasha kuyigondera kubera ubushobozi buke

Nzabonimpa akomeza agira ati “Naba nabuze icyo ndya nkajya kugura umufuka w’amakara se nawigondera? Nk’ubu mvuye gukorera igihumbi kimwe kandi ndahita nkiguramo kawunga, ubwo se amakara urumva yavahe?”

Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Karongi, Niragire Theophile avuga ko kubaka ibikoni mu nzu, byakozwe mu rwego rwo kurondereza ubutaka, ariko ko nyuma yo kubona iki kibazo hageragejwe uburyo butandukanye burimo no guha aba baturage amashyiga arondereza.

Ati “Twageze aho tujya gusura indi midugudu yubatswe ahandi mu bice bitandukanye by’Igihugu batwereka uburyo twavugurura, batwereka uburyo dushobora kuvugurura imiterere ya kiriya gikoni mo imbere ku buryo shemine yazamura umwotsi ntiwujyane mu nzu mo imbere.”

Hashize imyaka itatu aba baturage batangiye kugaragaza iki kibazo gituma zimwe nzu zaramaze kuba umukara kubera imyotsi idasohoka ahubwo igakwira mu nzu.

Bacana inkwi ariko imyotsi ntisohokere aho yagenewe
Imyotsi ihita ikwira mu nzu yose
Inzu zatangiye kwangizwa n’imyotsi
Batujwe mu nzu nziza barabyishimira ariko barasaba ko iki kibazo gikemuka

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    2 years ago

    umuturage ntagomba gutura aho atishimiye. Ku bufatanye na community/umuganda ubuyobozi bumwubakire ku isambu ye, inzu yarimo ntizabura uyituramo dore ko iriya midugudu ari iyo kureberaho imiturire ikwiye ariko si agahato kuko umuturage afatanije na Leta. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 3 =

Previous Post

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Next Post

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa intwaro zasanganywe uwari Umudepite mu Nteko y’u Rwanda ukurikiranyweho kuzitunga atabyemerewe

Dosiye y’ikirego cya Barikana wari Umudepite uregwa gutunga intwaro yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.